Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 1:4 - Bibiliya Yera

4 batagira inenge, ahubwo b'abanyaburanga, b'abahanga mu by'ubwenge bwose, bajijuka mu byo kumenya, b'ingenzuzi mu by'ubwenge, kandi batinyuka guhagarara mu nzu y'umwami, kugira ngo abigishe ubwenge bw'Abakaludaya n'ururimi rwabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Ntibagombaga kugira ubusembwa ku mubiri ahubwo bagombaga kugira uburanga, bagombaga kuba bajijutse, bafite ubwenge kandi ari abahanga bazi gushishoza, ku buryo bashoboraga gukora mu ngoro y'umwami. Bagombaga kwigishwa ururimi rw'Abanyababiloniya n'ibyanditse mu bitabo byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Ntibagombaga kugira ubusembwa ku mubiri ahubwo bagombaga kugira uburanga, bagombaga kuba bajijutse, bafite ubwenge kandi ari abahanga bazi gushishoza, ku buryo bashoboraga gukora mu ngoro y'umwami. Bagombaga kwigishwa ururimi rw'Abanyababiloniya n'ibyanditse mu bitabo byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 1:4
23 Iomraidhean Croise  

Yosefu yari amaze imyaka mirongo itatu avutse, ubwo yakoreraga Farawo. Yosefu ava aho Farawo ari, atambagira igihugu cya Egiputa cyose.


Kandi mu Bisirayeli bose, ntawashimwaga nka Abusalomu ku bw'ubwiza bwe, uhereye mu bworo bw'ikirenge ukageza mu gihorihori nta nenge yamubonekagaho.


Hari umuntu w'umunyamwete mu byo akora ubonye? Bene uwo azaba imbere ku mwami, Ntazakorera abagufi.


Ubwenge butera umunyabwenge imbaraga kuruta abatware cumi bari mu mudugudu.


Eliyakimu na Shebuna na Yowa basubiza Rabushake bati “Turakwinginze, vugana n'abagaragu bawe mu Runyaramaya kuko turwumva, ariko we kuvugana natwe mu Ruyuda ngo abantu bari ku nkike babyumve.”


Dore ngiye kubateza ishyanga riturutse kure, wa nzu ya Isirayeli we.’ Ni ko Uwiteka avuga. Ni ishyanga rikomeye kandi rya kera, ishyanga utazi ururimi rwaryo, haba no kumva icyo bavuga.


Nuko Abakaludaya basubiriza imbere y'umwami icyarimwe bati “Nta muntu n'umwe wo mu isi wabasha kumenyesha umwami iryo jambo, kuko nta mwami cyangwa umutware cyangwa umutegeka, wigeze gusobanuza umukonikoni wese cyangwa umupfumu cyangwa Umukaludaya bene iryo jambo.


Umwami aherako ategeka ko bahamagara abakonikoni n'abapfumu, n'abashitsi n'Abakaludaya ngo baze kubwira umwami ibyo yarose. Nuko baza bitabye umwami.


Uwo mwanya Abakaludaya baza kurega Abayuda.


“Ibyo neretswe ndi ku gisasiro ni byo ibi: nagiye kubona mbona igiti kiri mu isi hagati, uburebure bwacyo bwari bukabije.


kuko mu gihugu cyawe harimo umugabo urimo umwuka w'imana zera. Ndetse ku ngoma ya so yabonekwagamo n'umucyo no kwitegereza n'ubwenge buhwanye n'ubwenge bw'imana, kandi so Umwami Nebukadinezari yamugize umutware w'abakonikoni n'abapfumu n'Abakaludaya n'abacunnyi,


Umwami atera hejuru ati “Nimunzanire abapfumu n'Abakaludaya n'abacunnyi.” Abo banyabwenge b'i Babuloni baje umwami arababwira ati “Uri busome iyi nyandiko wese akansobanurira impamvu yayo, azambikwa umwenda w'umuhengeri n'umukufi w'izahabu mu ijosi, kandi azaba umutware wa gatatu mu bwami.”


Mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ya Dariyo mwene Ahasuwerusi, wo mu rubyaro rw'Abamedi wimitswe ngo abe umwami w'igihugu cy'Abakaludaya,


Ndamubaza nti “Bariya bazanywe n'iki?” Aransubiza ati “Uzi ko aya mahembe ari yo yatatanije Abayuda ntihagira uwegura umutwe, none rero bariya bazanywe no kuyirukana no gukubita hasi amahembe y'amahanga, yajyaga ahagurukirizwa gutera igihugu cy'Abayuda akabatatanya.”


Muri icyo gihe Mose aravuka, yari mwiza cyane imbere y'Imana. Bamurerera mu rugo rwa se amezi atatu,


Mose yigishwa ubwenge bwose bw'Abanyegiputa, agira imbaraga mu magambo ye no mu byo akora.


aryishyīre rifite ubwiza, ridafite ikizinga cyangwa umunkanyari cyangwa ikintu cyose gisa gityo, ahubwo ngo ribe iryera ridafite inenge.


Aherako abaza Zeba na Salumuna ati “Mbese abantu mwiciye i Tabora basaga bate?” Baramusubiza bati “Basaga nawe. Umuntu wese muri bo yasaga n'umwana w'umwami.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan