Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 1:17 - Bibiliya Yera

17 Maze abo basore uko ari bane, Imana ibaha kujijuka no kuba abahanga mu byo bigishwa no mu by'ubwenge, ariko Daniyeli yagiraga ubwenge bwo kumenya ibyerekanwa byose no gusobanura inzozi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Imana yahaye abo basore bane ubumenyi no gusobanukirwa ibyanditse mu bitabo no kugira ubwenge, Daniyeli we yari yarahawe no gusobanura inzozi n'amabonekerwa yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Imana yahaye abo basore bane ubumenyi no gusobanukirwa ibyanditse mu bitabo no kugira ubwenge, Daniyeli we yari yarahawe no gusobanura inzozi n'amabonekerwa yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 1:17
36 Iomraidhean Croise  

nuko nkugiriye uko unsabye. Dore nguhaye umutima w'ubwenge ujijutse, mu bakubanjirije cyangwa mu bazagukurikira nta wuzahwana nawe.


Nuko Abisirayeli bose bumvise uko umwami yaciye urwo rubanza baramutinya, kuko babonye ko ubwenge bw'Imana bwari muri we bwo guca imanza zitabera.


Nuko rero none ndagusaba kumpa ubwenge n'ubuhanga, kugira ngo ntambagire igihugu cyanjye niyereke abantu. Ni nde wabasha gucira imanza abantu bawe bangana batyo?”


ubwenge n'ubuhanga urabihawe kandi nzaguha n'ubutunzi n'ibintu n'icyubahiro, bitigeze kubonwa n'umwami n'umwe wo mu bakubanjirije, kandi no mu bazagukurikira nta wuzagira ibihwanye n'ibyawe.”


Amaramaza gushaka Imana mu bihe bya Zekariya wari ufite ubwenge bwo kumenya ibyerekanwa, kandi igihe cyose yamaze ashaka Uwiteka, Imana imuha umugisha.


Ariko mu bantu harimo umwuka, Kandi guhumeka kw'Ishoborabyose ni ko kubaha kujijuka.


Uwiteka ni we utanga ubwenge, Mu kanwa ke havamo kumenya no kujijuka.


Kuko unezeza Imana ari we iha ubwenge no kumenya n'umunezero, ariko umunyabyaha imuha umuruho ngo asarure arunde, abone ibyo guha unezeza Imana. Ibyo na byo ni ubusa, ni nko kwiruka inyuma y'umuyaga.


Kuko Imana ye imwerekēra ikamwigisha neza.


Erega urusha Daniyeli ubwenge, nta gihishwe uyoberwa!


Nuko iyo minsi yo kubazana yategetswe n'Umwami Nebukadinezari ishize, umutware w'inkone ajya kubamumurikira.


Mu ijambo ryose ry'ubwenge no kumenya, icyo umwami yababazaga, yabonaga barusha abakonikoni n'abapfumu bose bari mu gihugu cye cyose inkubwe cumi.


batagira inenge, ahubwo b'abanyaburanga, b'abahanga mu by'ubwenge bwose, bajijuka mu byo kumenya, b'ingenzuzi mu by'ubwenge, kandi batinyuka guhagarara mu nzu y'umwami, kugira ngo abigishe ubwenge bw'Abakaludaya n'ururimi rwabo.


Mu mwaka wa gatatu wo ku ngoma ya Kūro umwami w'i Buperesi, Daniyeli wahimbwe Beluteshazari hariho icyo yeretswe kandi cyari icy'ukuri, ari cyo ntambara zikomeye. Amenya icyo ari cyo, ibyo yeretswe biramusobanukira.


Nuko ibyo byahishwe bihishurirwa Daniyeli mu nzozi yarose nijoro. Maze Daniyeli ashima Imana yo mu ijuru


Ni yo inyuranya ibihe n'imyaka, ni yo yimūra abami ikimika abandi, igaha abanyabwenge ubwenge, n'abazi kwitegereza ikabaha kumenya.


Ndagushimye, ndaguhimbaza wowe Mana ya ba sogokuruza umpaye ubwenge n'ubushobozi, unsobanuriye ibyo twagusabye kuko utumenyesheje ibyo umwami ashaka.”


Kandi jyewe ubwanjye, ibyo bihishwe sinabihishuriwe n'uko ndi umunyabwenge kuruta umuntu wese uriho; ahubwo ni ukugira ngo umwami amenyeshwe iby'inzozi ze, amenye n'ibyo umutima we wibwiraga.


“Yewe Beluteshazari mutware w'abakonikoni, nzi ko umwuka w'imana zera aba muri wowe, kandi ko nta bihishwe unanirwa guhishura, cyo mbwira ibyo neretswe mu nzozi narose kandi n'uko bisobanurwa.


Numvise bakuvuga ko umwuka w'imana ari muri wowe, kandi ko umucyo no kwitegereza n'ubwenge bwiza bikubonekaho.


Mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ya Belushazari umwami w'i Babuloni, Daniyeli yarose inzozi maze abona ibyo yeretswe ari ku buriri bwe. Aherako yandika ibyo yarose, arobanuramo ingingo zabyo zikomeye.


Mu mwaka wa gatatu Umwami Belushazari ari ku ngoma, jyewe Daniyeli neretswe ibikurikira ibyo neretswe ubwa mbere.


Arababwira ati “Nimwumve amagambo yanjye: niba muri mwe hazabamo umuhanuzi, mu iyerekwa ni ho Uwiteka nzamwimenyeshereza, mu nzozi ni ho nzavuganira na we.


kuko nzabaha ururimi n'ubwenge, ibyo abanzi banyu bose batazabasha kuvuguruza cyangwa gutsinda.


nyamara ntibabasha gutsinda ubwenge n'Umwuka bimuvugisha.


imukiza mu makuba ye yose, imuha gutona n'ubwenge imbere ya Farawo umwami wa Egiputa, maze amugira umutware wa Egiputa n'uw'urugo rwe rwose.


Mose yigishwa ubwenge bwose bw'Abanyegiputa, agira imbaraga mu magambo ye no mu byo akora.


Ni cyo gituma tudasiba kubasabira uhereye igihe twabyumviye, twifuza ko mwuzuzwa ubwenge bwose bw'Umwuka no kumenya kose ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka,


Gutanga kose kwiza n'impano yose itunganye rwose ni byo biva mu ijuru, bimanuka bituruka kuri Se w'imicyo udahinduka, cyangwa ngo agire n'igicucu cyo guhinduka.


Ariko niba hariho umuntu muri mwe ubuze ubwenge, abusabe Imana iha abantu bose itimana, itishāma kandi azabuhabwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan