Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 5:4 - Bibiliya Yera

4 “Cyangwa nihagira umuntu uturumbukira indahiro yo gukora ikibi cyangwa icyiza, indahiro yose umuntu yaturumbukira bikamwibagira, nabimenya azagibwaho n'urubanza rw'icyo yaturumbukiye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Umuntu narahirira ikintu icyo ari cyo cyose adatekereje ku ngaruka zacyo, nyuma agasanga adashobora gusohoza indahiro ye, azaba acumuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Umuntu narahirira ikintu icyo ari cyo cyose adatekereje ku ngaruka zacyo, nyuma agasanga adashobora gusohoza indahiro ye, azaba acumuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Nanone kandi umuntu navugana ubuhubutsi; agashinga indahiro atitondeye, mu bintu byamugirira nabi cyangwa byamukiza — mbese mu bintu byose umuntu ashobora kugiramo indahiro ahubukiye — icyo gihe, nabimenya, azaba ahindutse umunyacyaha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 5:4
25 Iomraidhean Croise  

Ariko umwami arokora Mefibosheti mwene Yonatani, mwene Sawuli, ku bw'indahiro Dawidi na Yonatani mwene Sawuli barahiranije imbere y'Uwiteka.


Nuko aravuga ati “Elisa mwene Shafati narenza uyu munsi agifite umutwe we, Imana ibimpore ndetse bikabije.”


Kuko bagomeye Umwuka w'Uwiteka, Bituma Mose avugisha akanwa ke ibidakwiriye.


Nuko umutambyi amuhongerere impongano y'icyaha yakoze cya bene ubwo buryo, maze uwo muntu azakibabarirwa. Ifu isigaye ibe iy'umutamby, nk'uko biba ku ituro ry'ifu ridaturirirwa ibyaha.”


“Cyangwa nakora ku guhumana k'undi muntu, uko kuri kose atabizi, nabimenya, azagibwaho n'urubanza.


Ariko se namubuza ku munsi abyumviyeho, ntihazagire umuhigo we cyangwa isezerano yibohesheje gihama, kandi Uwiteka azamubabarira kuko se yamubujije.


umugabo we akabyumva, akamwihorera ku munsi abyumviyeho, imihigo ye n'isezerano yibohesheje bizahama.


Ni cyo cyatumye asezerana arahira ko amuha icyo amusaba cyose.


Umwami arababara, ariko ategeka ko bakimuha ku bw'indahiro yarahiriye imbere y'abasangiraga na we,


Aramurahira ati “Icyo unsaba cyose ndakiguha, bona nuba umugabane wa kabiri w'ubwami bwanjye.”


Bukeye Abayuda baraterana, bararahira bahiga yuko batazarya ntibanywe batarica Pawulo.


Abo bagabo baramusubiza bati “Amagara yacu mukijije natwe tuzabitura gukiza ayanyu. Nimutatubūra, Uwiteka namara kuduha igihugu tuzakwitura ineza. Ni iby'ukuri.”


Nuko Yosuwa asezerana na bo isezerano ry'amahoro no kutazabica, n'abatware b'iteraniro barabarahira.


ngatabaruka amahoro mvuye kubatsinda, ikizabanza gusohoka imbere y'umuryango w'inzu yanjye kunsanganira, kizaba icy'Uwiteka. Nanjye nzagitangaho igitambo cyoswa.”


Ariko ntitubasha kubashyingira abakobwa bacu, kuko twarahiye tuti ‘Havumwe uzashyingira Umubenyamini.’ ”


Tubigenze dute ngo dushakire abacitse ku icumu abagore, kandi ko twarahiye imbere y'Uwiteka ko tutazabashyingira abakobwa bacu?”


Niba ubu mukoreye Yerubāli n'ab'inzu ye iby'ukuri n'ibyo gukiranuka, nuko nimunezererwe Abimeleki, na we abanezererwe.


Ahiga umuhigo aravuga ati “Nyagasani Nyiringabo, nureba umubabaro w'umuja wawe ukanyibuka, ntunyibagirwe ukampa umwana w'umuhungu, nzamutura Uwiteka abe uwe iminsi yose yo kubaho kwe, kandi icyuma cyogosha ntikizamugera ku mutwe.”


Niburinda gucya hari umuhungu n'umwe musigiye mu bantu be, Imana izabimpore jyewe Dawidi, ndetse bikabije.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan