Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 5:1 - Bibiliya Yera

1 “Kandi nihagira umuntu batanze ho umugabo akumva bamurahiza, agakora icyaha cyo kutavuga ibyo yabonye cyangwa ibyo azi, azagibwaho no gukiranirwa kwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Umuntu niyanga kuba umugabo w'ibyo yabonye cyangwa yumvise azaba acumuye, akwiriye kubihanirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Umuntu niyanga kuba umugabo w'ibyo yabonye cyangwa yumvise azaba acumuye, akwiriye kubihanirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Iyo barahije umuntu ngo avuge ukuri ariko we akicecekera, kandi ikibi cyakozwe yarakiboneye ubwe cyangwa se yarakibwiwe, maze ntatangaze icyo yamenye, ubwo aba yigeretseho umutwaro w’icyaha cye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 5:1
22 Iomraidhean Croise  

Umwami aramubwira ati “Ndakurahiza ngire kangahe, kugira ngo utagira icyo umbwira kitari ukuri mu izina ry'Uwiteka?”


“Umuntu nacumura kuri mugenzi we bakamurahiza indahiro, akaza akarahirira imbere y'icyotero cyawe muri iyi nzu,


Umwami aramubwira ati “Nakurahije kangahe kutazambwira ijambo na rimwe, keretse ukuri mu izina ry'Uwiteka?”


Nta hazima mu mubiri wanjye ku bw'umujinya wawe, Nta mahoro amagufwa yanjye afite ku bw'ibyaha byanjye.


Ariko ryakwibirwa iwe, azarihe nyiraryo.


Uwiyuzuza n'umujura aba yiyanga, Yumva uko arahizwa akanga kubivuga.


Kugira ngo ndahaga nkaguhakana nti ‘Uwiteka ni iki?’ Cyangwa nkaba umukene nkiba, Nkagayisha izina ry'Imana yanjye.


Azabona ibituruka mu bise by'ubugingo bwe bimwishimishe, bimuhaze. Umugaragu wanjye ukiranuka azatuma benshi baheshwa gukiranuka no kumenya, kandi azīshyiraho gukiranirwa kwabo.


Kuko igihugu cyuzuye abasambanyi umuvumo uhateye kuboroga, urwuri rwo mu butayu rurumye. Imigenzereze yabo ni mibi, kandi imbaraga zabo si izo gukiranuka kuko umuhanuzi n'umutambyi banduye.


Ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa, umwana ntazazira ibyaha bya se kandi na se ntazazira ibyaha by'umwana we, gukiranuka k'umukiranutsi kuzaba kuri we, kandi ibyaha by'umunyabyaha bizaba kuri we.


Dore ubugingo bwa bose ni ubwanjye, ubugingo bw'umwana ni ubwanjye nk'ubugingo bwa se, ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa.


Ariko natayimesa ntiyiyuhagire, azagibwaho no gukiranirwa kwe.”


ahubwo ukiriyeho wese azagibwaho no gukiranirwa kwe kuko ashujuguje icyera cy'Uwiteka. Uwo muntu azakurwe mu bwoko bwe.


“Umuntu niyenda mushiki we basangiye se cyangwa nyina bakarebana ubwambure, kizaba igihemu giteye isoni. Bazakurirweho mu maso y'abo mu bwoko bwabo kuko yambitse ubusa mushiki we, azagibwaho no gukiranirwa kwe.


“Bwira Abisirayeli uti: Nihagira umuntu ukora icyaha atacyitumye, cyo mu byo Uwiteka yabuzanije agakora kimwe muri byo,


“Nihagira umuntu ucumura, agakora icyaha atacyitumye mu byera by'Uwiteka akwiriye gutanga, azanire Uwiteka igitambo cye cyo gukuraho urubanza, cy'isekurume y'intama idafite inenge ikuwe mu mukumbi, y'igiciro uzacira cya shekeli z'ifeza zigezwe kuri shekeli y'Ahera, ibe igitambo cyo gukuraho urubanza.


“Kandi nihagira umuntu ukora icyaha, agakora kimwe mu byo Uwiteka yabuzanije, naho yaba agikoze atacyitumye aba agiweho n'urubanza, kandi azabaho gukiranirwa kwe.


Ariko nihagira inyama z'igitambo cy'uko ari amahoro ziribwa ku wa gatatu ntikizemerwa, ntikizabarwa ku wagitambye, kizaba ikizira ukiriyeho azagibwaho no gukiranirwa kwe.


Ariko umuntu udahumanye kandi ntabe mu rugendo, akareka kuziririza Pasika azacibwe mu bwoko bwe. Kuko atatambiye Uwiteka icyo gitambo mu gihe cyacyo cyategetswe, uwo muntu azagibwaho n'icyaha cye.


Yesu aricecekera. Umutambyi mukuru aramubwira ati “Nkurahirije Imana ihoraho, tubwire niba ari wowe Kristo, Umwana w'Imana.”


Ubwe yikoreye ibyaha byacu mu mubiri we abibambanwa ku giti, kugira ngo dupfe ku byaha duhereko tubeho ku gukiranuka. Imibyimba ye ni yo yabakijije.


Yabwiye nyina ati “Bya bice by'ifeza igihumbi n'ijana wibwe bigatuma uvumana nkumva uvumana, ndabifite ni jye wabyibye.” Nyina aravuga ati “Umwana wanjye nahirwe ku Uwiteka.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan