Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 3:11 - Bibiliya Yera

11 Umutambyi abyosereze ku gicaniro, ibyo ni ibyokurya (by'Imana), n'igitambo gitambirwa Uwiteka kigakongorwa n'umuriro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Nuko ibyo byokurya umutambyi abitwikire ku rutambiro, bibe ituro ritwikirwa Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Nuko ibyo byokurya umutambyi abitwikire ku rutambiro, bibe ituro ritwikirwa Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Hanyuma, ibyo byose umuherezabitambo azabitwikire ku rutambiro, bibe igitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 3:11
17 Iomraidhean Croise  

Baranyasamiye n'akanwa kabo, Nk'intare itanyagura yivuga.


ubwo mwazanye abanyamahanga badakebwe mu mutima no ku mubiri mu buturo bwanjye bwera ngo babwanduze, ari bwo nzu yanjye, igihe mutanze umutsima wanjye n'ibinure n'amaraso, maze bakica isezerano ryanjye bakongera ibizira byanyu byose.


“Bwira Aroni uti ‘Umuntu wese wo mu rubyaro rwawe mu bihe byabo byose uzagira inenge, ntakigire hafi ngo atambe ibyokurya by'Imana ye.


Babere Imana yabo abera, ntibagasuzuguze izina ry'Imana yabo, kuko ari bo batambira Uwiteka ibitambo bikongorwa n'umuriro, ari byo byokurya by'Imana yabo. Ni cyo gituma bakwiriye kuba abera.


Ni cyo gituma ukwiriye guhora umutekereza ko ari uwera, kuko ajya atamba ibyokurya by'Imana yawe, ahora akubera uwera kuko Uwiteka ukweza ndi uwera.


“No ku munyamahanga ntimukemere ikimeze gityo cyose, ngo mugitambe ho ibyokurya by'Imana yanyu, kuko ubusembwa bwabyo bubiriho, bifite inenge, ntibyababera ibitambo byemerwa.”


Umutambyi abyosereze ku gicaniro, ibyo ni ibyokurya by'Imana, n'igitambo gikongorerwa n'umuriro kuba umubabwe uhumura neza. Urugimbu rwose ni umwanya w'Uwiteka.


Bene Aroni babyosereze ku gicaniro, hejuru y'igitambo cyoshejwe kitagabanije kiri ku nkwi zo ku muriro. Ibyo ni igitambo gikongorwa n'umuriro, cy'umubabwe uhumurira Uwiteka neza.


Ariko mwebwe murarisuzugura, kuko muvuga muti ‘Ameza y'Uwiteka arahumanye, kandi ibyokurya byo kuri ayo meza ni ibinyagisuzuguriro.’


Ni uko mwatuye ibyokurya bihumanye ku gicaniro cyanjye. Maze mukabaza muti ‘Twaguhumanishije iki?’ Mwavuze yuko ameza y'Uwiteka ari amanyagisuzuguriro.


“Tegeka Abisirayeli uti ‘Ibitambo byanjye, ibyokurya byanjye by'ibitambo n'amaturo bikongorwa n'umuriro by'umubabwe umpumurira neza, mujye mwitondera kubintambira mu bihe byabyo byategetswe.’


Uko abe ari ko mujya mutamba mu minsi irindwi ubudasiba ibyokurya by'Imana, ibitambo bikongorwa n'umuriro by'umubabwe uhumurira Uwiteka neza. Byongerwe ku bitambo byoswa bitambwa ubudasiba no ku maturo y'ibyokunywa aturanwa na byo.


Mbese ubwo itimanye Umwana wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n'ibindi byose?


Ntibishoboka ko munywera ku gikombe cy'Umwami wacu kandi ngo munywere ku gikombe cy'abadayimoni. Ntimushobora gusangira ibyo ku meza y'Umwami wacu n'ibyo ku meza y'abadayimoni.


Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan