Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:25 - Bibiliya Yera

25 Nzabaterereza inkota ibahora kwica isezerano ryanjye, muteranirizwe mu midugudu yanyu maze mboherezemo mugiga, mugabizwe ababisha banyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Nzabateza intambara kubera ko mwishe Isezerano nagiranye namwe, nimuhungira mu mijyi nzabateza icyorezo maze abazaba babagose babigarurire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Nzabateza intambara kubera ko mwishe Isezerano nagiranye namwe, nimuhungira mu mijyi nzabateza icyorezo maze abazaba babagose babigarurire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Nzabahuramo inkota yo guhorera Isezerano mwishe, maze muhungire mu migi yanyu. Ubwo naho nzabaterereza icyorezo, maze umubisha wanyu abonereho kubatsemba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:25
42 Iomraidhean Croise  

Nuko Uwiteka ateza Isirayeli mugiga, uhereye muri icyo gitondo ukageza igihe cyategetswe. Hapfa abantu inzovu ndwi, uhereye i Dani ukageza i Bērisheba.


“Kandi ubwoko bwawe bwa Isirayeli nibirukanwa n'ababisha bazira ko bagucumuyeho, nyuma bakaguhindukirira bakerura izina ryawe, bagasenga bakwingingira muri iyi nzu,


“Inzara nitera mu gihugu cyangwa mugiga, cyangwa kurumbya cyangwa gikongoro, cyangwa inzige cyangwa kagungu, cyangwa ababisha nibabagotera mu gihugu kirimo imidugudu yabo, nubwo hazatera icyago cyose cyangwa ikindi cyorezo,


Bukeye Shalumaneseri umwami wa Ashuri, arazamuka atera Hoseya aramutsinda. Hoseya ahinduka umuhakwa, amuzanira amakoro.


Kandi ingabo z'Abasiriya zaje ari igitero gike, Uwiteka azigabiza ingabo z'Abayuda nyinshi cyane, kuko Abayuda bari barimūye Uwiteka Imana ya ba sekuruza. Nuko Abasiriya basohoza ijambo kuri Yowasi.


Uwiteka, Mana yo guhōra inzigo, Mana yo guhōra inzigo, rabagirana.


Baramubwira bati “Imana y'Abaheburayo yaratubonekeye, none turakwinginze reka tujye mu butayu, tugendemo urugendo rw'iminsi itatu, dutambirireyo Uwiteka Imana yacu ibitambo, itadutera ikatwicisha mugiga cyangwa inkota.”


Ariko nimwanga mukagoma inkota izabarya”, kuko akanwa k'Uwiteka ari ko kabivuze.


nzabategekera inkota namwe mwese muzacira bugufi kwicwa, kuko ubwo nabahamagaraga mutitabye, kandi ubwo nababwiraga ntimwumviye, ahubwo mugakora ibyo nanze mugahitamo ibitanezeza.”


Kandi imigambi y'u Buyuda n'i Yerusalemu nzayihindurira ubusa aha ngaha, kandi nzabicishiriza inkota imbere y'ababisha babo, bagwe mu maboko y'abahiga ubugingo bwabo. Intumbi zabo nzazigira inyama z'ibisiga byo mu kirere, n'iz'inyamaswa zo mu ishyamba.


Kandi nzabagabiza inkota, mbateze n'inzara n'icyorezo, kugeza ubwo bazashiraho mu gihugu nari nabahanye na ba se.’ ”


Ijwi ry'impunzi zirokotse mu gihugu cy'i Babuloni ryumvikanye rimenyesha i Siyoni guhōra k'Uwiteka Imana yacu, ihōrera urusengero rwayo.


“Nimutyaze imyambi mutware ingabo muzikomeje, Uwiteka yabyukije imitima y'abami b'Abamedi, kuko imigambi ye iri kuri Babuloni ngo aharimbure, kuko ari uguhōra k'Uwiteka ahōrera urusengero rwe.


Uwiteka Nyiringabo avuga atya ati “Mutekereze kandi muhamagare abagore bazi kuboroga baze, mutumire abagore b'abahanga baze.


“Umusore n'umusaza baryamye hasi mu nzira, Abari banjye n'abahungu banjye bagushijwe n'inkota. Wabishe mu munsi w'uburakari bwawe, Warabasogose ntiwabababarira.


“Cyangwa se icyo gihugu ngiteje inkota nkavuga nti ‘Wa nkota we, nyura mu gihugu’ kugira ngo ntsembeho abantu n'amatungo,


“ ‘Kandi nzabacisha munsi y'inkoni yanjye, maze mbazane mu ndahiro y'isezerano,


Ni cyo gituma Umwami Uwiteka avuga ati: Dore ngiye kuguteza inkota, nkumareho abantu n'amatungo.


“Mwana w'umuntu, uvugane n'ab'ubwoko bwawe ubabwire uti ‘Ninteza igihugu inkota, abantu bo mu gihugu bakishakamo umuntu ngo bamugire umurinzi,


kandi nzabateza inzara n'inyamaswa zikaze bikugire impfusha, icyorezo n'amaraso bizakunyuramo kandi nzakugabiza inkota. Ni jye Uwiteka ubivuze.”


‘Mwa misozi ya Isirayeli mwe, nimwumve ijambo ry'Umwami Uwiteka. Uku ni ko Umwami Uwiteka abwira imisozi n'udusozi, imigezi n'ibibaya ati: Dore jye ubwanjye ngiye kubagabiza inkota, ndimbure n'amasengero yanyu yo mu mpinga z'imisozi.


Inkota izagwira imidugudu yabo, izavunagura imyugariro yabo iyitsembeho, bazize imigambi yabo.


“Kandi nzaha igihugu kugira amahoro, muzaryama ari nta wubateye ubwoba, kandi nzamaraho inyamaswa z'inkazi, kandi inkota ntizanyura mu gihugu cyanyu.


“Nabateje icyorezo nk'icyo nateje muri Egiputa: abasore banyu nabishije inkota, njyana amafarashi yanyu ho iminyago, natumye umunuko mu ngerero zanyu ubajya mu mazuru, ariko ntibyatuma mungarukira. Ni ko Uwiteka avuga.


Icyorezo cyanyuraga imbere yayo, N'amakara yaka akava ku birenge byayo.


Ndabateza mugiga, mbakureho umwandu wabo, nkugire ubwoko bubaruta ubwinshi, bubarusha amaboko.”


Mose abwira abantu ati “Mutoranye abantu bo gutabara, mubahe intwaro batere Abamidiyani, kugira ngo Uwiteka ababahoreshe.


Kandi mu isi hamwe na hamwe hazaba ibishyitsi bikomeye, kandi hazabaho inzara n'ibyorezo by'indwara. Hazabaho n'ibitera ubwoba, n'ibimenyetso bikomeye biva mu ijuru.


Uwiteka azaguteza mugiga itakuvaho ageze aho azagutsembera, ugashira mu gihugu ujyanwamo no guhindūra.


Hanze bazagirirwayo incike n'inkota, No mu mazu bazazigirirwamo n'ibiteye ubwoba, Bizica umusore n'umwari, Umwana wonka n'umusaza umeze imvi.


Guhōra no kwitura ni ibyanjye, Ubwo ibirenge byabo bizadandabirana. Kuko umunsi w'ibyago byabo uri bugufi, Kandi ibigiye kubazaho bizatebuka.”


Uko ntyaje inkota yanjye irabagirana, Ukuboko kwanjye kugafata amateka. Nzahōra ababisha banjye, Nzitura abanyanga.


Nuko Abayuda ibihumbi bitatu baherako baramanuka, basanga Samusoni muri ya senga y'igitare cya Etamu, baramubaza bati “Mbese ntuzi ko Abafilisitiya badutwara? Ibyo wadukoreye ni ibiki?” Arabasubiza ati “Nk'uko bankoreye, ni ko nanjye nabakoreye.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan