Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:11 - Bibiliya Yera

11 Nanjye nzashyira ubuturo bwanjye hagati muri mwe, umutima wanjye ntuzabanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Nzatura hagati muri mwe kandi sinzabatererana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Nzatura hagati muri mwe kandi sinzabatererana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Sinzigera mbarakarira, nzahora ngendana namwe, ndetse nzashyira n’Ingoro yanjye hagati yanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:11
27 Iomraidhean Croise  

Mbese ahantu hose nakagendanye n'Abisirayeli bose, hari ubwo navuganye n'umucamanza wese wa Isirayeli, uwo nategetse kuragira ubwoko bwanjye bwa Isirayeli nti: Ni iki cyababujije kunyubakira inzu yubakishijwe imyerezi?’


mbe mu Bisirayeli ne kureka ubwoko bwanjye bwa Isirayeli.”


Kandi nkubakiye n'inzu yo kubamo, aho uzatura iteka ryose.”


“Ariko se ni ukuri koko, Imana izatura mu isi? Dore ijuru ndetse n'ijuru risumba ayandi, nturikwirwamo nkanswe iyi nzu nubatse!


Bituma umujinya w'Uwiteka ucanwa ku bwoko bwe, Yanga urunuka umwandu we.


Mu Bayuda Imana iramenyekana, Mu Bisirayeli izina ryayo rirakomeye.


Imana ibyumvise irarakara, Yanga Abisirayeli urunuka,


Kandi bandemere ubuturo bwera, nture hagati muri bo.


Kandi nzatura hagati mu Bisirayeli, mbe Imana yabo.


Na bo bazamenya yuko ndi Uwiteka Imana yabo, yabakuriye mu gihugu cya Egiputa kugira ngo nture hagati muri bo. Ndi Uwiteka Imana yabo.


Ntutuzinukwe ugirire izina ryawe, ntukoze isoni ingoma y'icyubahiro cyawe, ibuka we kwica isezerano wadusezeranije.


Umwami yataye kure igicaniro cye, Yazinutswe ubuturo bwe bwera. Inkike z'ingoro z'i Siyoni yazitanze mu maboko y'ababisha. Bashakurije mu nzu y'Uwiteka nko ku munsi w'ibirori byera.


Muzamenya yuko ndi mu Bisirayeli, kandi yuko ari jye Uwiteka Imana yanyu, nta yindi ibaho. Ni ukuri ubwoko bwanjye ntibuzongera gukozwa isoni ukundi.


Ntimuzakurikize imihango y'ishyanga nzirukana imbere yanyu, kuko ibyo byose babikoraga bigatuma mbanga urunuka.


kandi nimwanga amategeko yanjye, imitima yanyu ikanga amateka yanjye urunuka, bigatuma mutitondera amategeko yanjye yose ahubwo mukica isezerano ryanjye,


Kandi igihugu bazaba bakiretse, cyishimire amasabato yacyo kikiri amatongo batakikirimo, na bo bazemeresha imitima ikunze ibihano byazanywe no gukiranirwa kwabo kuko banze amateka yanjye, imitima yabo ikanga urunuka amategeko yanjye.


Ariko nubwo bimeze bityo, sinzabata nibaba mu gihugu cy'ababisha babo, kandi sinzabanga urunuka rwatuma mbarimbura pe, nkica isezerano ryanjye na bo, kuko ndi Uwiteka Imana yabo.


Mu kwezi kumwe nirukana abo bashumba batatu kuko bari banduhije, kandi na bo bari banzinutswe.


Muri we namwe murubakanwa, kugira ngo mube inzu yo kubabwamo n'Imana mu Mwuka.


Uwiteka yarabibonye bimwangisha urunuka, Abahungu be n'abakobwa be bamurakaje.


Niba igihugu cyanyu ari igihugu cyanduye, nimwambuke muze mu gihugu cy'ubuturo bw'Uwiteka, aho ihema ry'Uwiteka riri muturane natwe, ariko mwe kugomera Uwiteka, natwe mwe kutugomera, ngo mwiyubakire igicaniro kidatunganiye Uwiteka Imana yacu.


Nuko Finehasi mwene Eleyazari umutambyi, abwira Abarubeni n'Abagadi n'Abamanase ati “Noneho uyu munsi tumenye yuko Uwiteka ari hagati muri twe, kuko mutacumuye ku Uwiteka mutyo. None mukikije Abisirayeli amaboko y'Uwiteka.”


Numva ijwi rirenga rivuye kuri ya ntebe rivuga riti “Dore ihema ry'Imana riri hamwe n'abantu kandi izaturana na bo, na bo bazaba abantu bayo kandi Imana ubwayo izabana na bo ibe Imana yabo.


Ni cyo gituma baba imbere y'intebe y'Imana, bakayikorera mu rusengero rwayo ku manywa na nijoro, kandi Iyicaye ku ntebe izababambaho ihema ryayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan