Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 24:9 - Bibiliya Yera

9 Kandi iyo mitsima ijye iba iya Aroni n'abana be, bajye bayirira ahantu hera. Itegeko ritazakuka ritegetse ko imubera iyera cyane mu maturo n'ibitambo bitambirwa Uwiteka, bigakongorwa n'umuriro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Aroni n'abahungu be ni bo bonyine bemerewe kurya imigati yari isanzweho, kuko yanyeguriwe rwose. Ni umugabane uva ku maturo atwikwa nabageneye bo n'abazabakomokaho. Bajye bayirira mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Aroni n'abahungu be ni bo bonyine bemerewe kurya imigati yari isanzweho, kuko yanyeguriwe rwose. Ni umugabane uva ku maturo atwikwa nabageneye bo n'abazabakomokaho. Bajye bayirira mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ibyo biribwa bizaba ibya Aroni n’abahungu be. Iyo migati rero, bazayirira ahantu hasukuye kuko kuri bo ari ikintu gitagatifu cyagabanijwe ku biribwa bigenewe Uhoraho. Uwo uzaba umugabane wabo ubuziraherezo.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 24:9
17 Iomraidhean Croise  

Mu ihema ry'ibonaniro inyuma ya wa mwenda ukingiriza Ibihamya, abe ari ho Aroni n'abana be bazajya baritunganiriza kugira ngo ryakire imbere y'Uwiteka, rihere nimugoroba rigeze mu gitondo. Mu bihe by'Abisirayeli byose rizabe itegeko ridakuka bakwiriye kujya bitondera.


Mose abwira Aroni na Eleyazari na Itamari bene Aroni basigaye ati “Mujyane ituro ry'ifu risigaye ku maturo yatuwe Uwiteka agakongorwa n'umuriro, murirīre iruhande rw'igicaniro ridasembuwe, kuko ari iryera cyane.


“Mwabujijwe n'iki kurīra ahantu hera cya gitambo cyatambiwe ibyaha, ko ari icyera cyane, mukagiherwa kwishyiraho gukiranirwa ku iteraniro, mukabahongererera imbere y'Uwiteka?


Ajye arya ku byokurya by'Imana ye, ku byera cyane no ku byera.


Umuhungu w'Umwisirayelikazi yabyaranye n'Umunyegiputa, yari yaravanyeyo n'Abisirayeli, atonganira mu ngando n'Umwisirayeli.


Rizababere itegeko ridakuka mu bihe byanyu byose no mu buturo bwanyu bwose, ntimukagire urugimbu cyangwa amaraso murya.”


Umugabo wese wo muri bene Aroni yakiryaho. Iryo ni itegeko ridakuka ribategeka mu bihe byanyu byose, ritegeka iby'amaturo aturwa Uwiteka agakongorwa n'umuriro, uzayakoraho wese azaba ari uwera.”


Ituro ry'ifu riturwa n'umutambyi ryose rijye ryoswa ritagabanije, ntirikaribwe.”


Igisigaye kuri iryo turo Aroni n'abana be bakirye, bakirīre ahantu hera kidasembuwe, mu rugo rw'ihema ry'ibonaniro abe ari ho bakirīra.


uteranirize iteraniro ryose ku muryango w'ihema ry'ibonaniro.”


Mose abwira Aroni n'abana be ati “Muteke izi nyama ku muryango w'ihema ry'ibonaniro, abe ari ho muzirishiriza imitsima ibereza umurimo iri mu cyibo, uko nategetse nti ‘Aroni n'abana be babirye.’


Ariko mwebwe murarisuzugura, kuko muvuga muti ‘Ameza y'Uwiteka arahumanye, kandi ibyokurya byo kuri ayo meza ni ibinyagisuzuguriro.’


ko yinjiye mu nzu y'Imana akarya imitsima yo kumurikwa, amategeko atemeye ko ayirya cyangwa abo bari bari kumwe, keretse abatambyi bonyine?


ko yinjiye mu nzu y'Imana ubwo Abiyatari yari umutambyi mukuru, akarya imitsima yo kumurikwa kandi amategeko atemera ko abandi bayirya keretse abatambyi bonyine, akayiha n'abo bari bari kumwe?”


ko yinjiye mu nzu y'Imana akenda imitsima yo kumurikwa akayirya, akayiha n'abo bari bari kumwe amategeko atemeye ko abandi bayirya, keretse abatambyi bonyine?”


Dawidi asubiza umutambyi ati “Ni ukuri tumaze iminsi itatu tubujijwe abagore. Twahagurutse iwacu ibikoreshwa by'abahungu ari ibyera, nubwo ari urugendo nk'izindi. None ibikoreshwa byabo ntibirushaho kuba ibyera?”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan