Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 24:11 - Bibiliya Yera

11 Uwo muhungu w'Umwisirayelikazi atuka rya Zina ararivuma, bamuzanira Mose. Nyina yitwa Shelomiti mwene Diburi, wo mu muryango wa Dani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 witwaga Shelomiti, umukobwa wa Diburi wo mu muryango wa Dani. Mwene Shelomiti uwo atuka izina ry'Uhoraho ararivuma, maze bamuzanira Musa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 witwaga Shelomiti, umukobwa wa Diburi wo mu muryango wa Dani. Mwene Shelomiti uwo atuka izina ry'Uhoraho ararivuma, maze bamuzanira Musa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Uwo muhungu yaratinyutse atuka Uhoraho, maze asuzuguza izina rye. Abayisraheli babibonye batyo, bamushyikiriza Musa. Nyina yitwaga Shelomita, umukobwa wa Diviri wo mu nzu ya Dani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 24:11
33 Iomraidhean Croise  

Ariko kuko wahaye abanzi b'Uwiteka urwitwazo runini rwo kumutuka ku bw'icyo wakoze icyo, umwana uzavuka ntazabura gupfa.”


Imbere ye muhashyire abagabo babiri b'ibigoryi bamushinje bati ‘Watutse Imana n'umwami.’ Nuko muhereko mumujyane, mujye kumutera amabuye mumwice.”


Maze abagabo babiri b'ibigoryi barinjira bamwicara imbere. Abo bagabo b'ibigoryi bashinja Naboti bari imbere y'abantu bati “Naboti yatutse Imana n'umwami.” Uwo mwanya baramusumira bamuvana mu murwa, bamutera amabuye arapfa.


Hezekiya ntabiringize Uwiteka, ababwira ngo ni ukuri Uwiteka azadukiza, kandi ngo uyu murwa ntuzahabwa umwami wa Ashuri.


Ngo mu mana zose zo muri ibyo bihugu izakijije igihugu cyazo amaboko ye ni izihe, byabemeza ko Uwiteka yamukiza i Yerusalemu.”


Hanyuma Eliyakimu mwene Hilukiya w'umunyarugo, na Shebuna w'umwanditsi, na Yowa mwene Asafu w'umucurabwenge, baraza basanga Hezekiya bashishimuye imyambaro yabo, bamubwira amagambo ya Rabushake.


“Nimugende mubwire Hezekiya umwami w'Abayuda muti: iyo mana yawe wiringiye ntigushuke ngo ‘Yerusalemu ntabwo hazahabwa umwami wa Ashuri.’


Ngo ni nde watonganije ukamutuka? Uwo wakanitse ukamureba igitsure ni nde? Ni Uwera wa Isirayeli.


Yesaya arababwira ati “Mubwire shobuja muti ‘Uwiteka aravuze ngo: Ntutinye ayo magambo wumvise abagaragu b'umwami wa Ashuri bantutse.


Ariko rambura ukuboko kwawe ukore ku byo atunze byose, na we azakwihakana ari imbere yawe.”


Muri ibyo byose Yobu ntiyakoze icyaha, haba no kubiherereza ku Mana.


Nuko iminsi y'ibirori byabo yarangira Yobu akabatumira ngo abeze, akabyuka kare mu gitondo agatamba ibitambo byoswa bihwanye n'umubare wabo, kuko Yobu yavugaga ati “Ahari abahungu banjye bakoze icyaha, bahemukira Imana mu mitima yabo.” Uko ni ko Yobu yajyaga agenza iteka ryose.


Ariko noneho rambura ukuboko kwawe, ukore ku magufwa ye no ku mubiri we, azakwihakana ari imbere yawe.”


Ibuka ibi yuko ababisha bacyashye Uwiteka, Ishyanga ritagira ubwenge ryatutse izina ryawe.


Mana, haguruka wiburanire, Ibuka yuko umupfapfa yiriza umunsi agutuka.


Bajye bacira abantu imanza ibihe byose kandi urubanza rukomeye rwose bajye barukuzanira, ariko urubanza rworoheje abe ari bo baruca. Ni ho uziyorohereza umuruho, na bo bazajya bafatanya nawe.


Bakajya bacira abantu imanza ibihe byose, imanza zikomeye bazizaniraga Mose, ariko izoroheje zose bakazica ubwabo.


“Ntukavugire ubusa izina ry'Uwiteka Imana yawe, kuko Uwiteka atazamubara nk'utacumuye, uvugiye ubusa izina rye.


“Ntugatinde kuntura ku byuzuye ibigega byawe, no ku mazi y'imbuto z'ibiti byawe. “Imfura z'abahungu bawe ujye uzintura.


Kandi Imana ibwira Mose iti “Abe ari ko uzabwira Abisirayeli uti ‘UWITEKA, Imana ya ba sekuruza banyu, Imana ya Aburahamu, Imana ya Isaka, Imana ya Yakobo yabantumyeho, iryo ni ryo zina ryanjye iteka ryose, urwo ni rwo rwibutso rwanjye ruzahoraho ibihe byose.’


Ahubwo bazanyura mu gihugu ari abihebe n'abashonji, maze nibasonza bazarakara bavume umwami wabo n'Imana yabo, bazararama barebe hejuru


Umuhungu w'Umwisirayelikazi yabyaranye n'Umunyegiputa, yari yaravanyeyo n'Abisirayeli, atonganira mu ngando n'Umwisirayeli.


Umutambyi mukuru abyumvise atyo ashishimura imyenda ye ati “Arigereranije. Turacyashakira iki abagabo? Dore noneho mwiyumviye kwigereranya kwe.


Izina ry'Imana ritukwa mu bapagani ku bwanyu, nk'uko byanditswe.


nubwo nabanje kuba umutukanyi n'urenganya n'umunyarugomo. Ariko narababariwe kuko nabikoze mu bujiji ntarizera;


kandi kuribwa kwabo n'ibisebe byabo bituma batuka Imana nyir'ijuru, ntibīhana imirimo yabo.


Urubura rukomeye rumanukira abantu ruvuye mu ijuru, ibuye ryarwo rimwe riremera nk'italanto. Icyo cyago cy'urubura gituma abantu batuka Imana, kuko icyago cyarwo gikomeye cyane.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan