Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 20:8 - Bibiliya Yera

8 Kandi mujye mwitondera amategeko yanjye, muyumvire. Ndi Uwiteka ubeza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Mwitondere amabwiriza yanjye kandi muyakurikize. Ndi Uhoraho wabitoranyirije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Mwitondere amabwiriza yanjye kandi muyakurikize. Ndi Uhoraho wabitoranyirije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Muzite ku mategeko yanjye kandi muyakurikize. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 20:8
19 Iomraidhean Croise  

“Kandi ubwire Abisirayeli uti ‘Ntimukabure kuziririza amasabato yanjye, kuko ari yo kimenyetso hagati yanjye namwe mu bihe byanyu byose, kugira ngo mumenye yuko ndi Uwiteka ubeza.


Maze kandi mbaha n'amasabato yanjye ngo abe ikimenyetso hagati yanjye na bo, kugira ngo bamenye yuko ari jye Uwiteka ubeza.


Amahanga yose azamenya yuko ari jye Uwiteka weza Isirayeli, igihe ubuturo bwanjye bwera buzaba muri bo hagati iteka ryose.’ ”


“Mujye mwitondera amategeko yanjye. Ntukabangurire amatungo yawe ayo bidahuje ubwoko, ntuzabibe mu murima wawe imbuto z'amaharakubiri, ntukambare umwambaro waboheshejwe ubudodo bw'amaharakubiri.


“Mujye mwitondera amategeko yanjye yose n'amateka yanjye yose, mubyumvire. Ndi Uwiteka.”


Kandi mumbere abera kuko Uwiteka ndi uwera, kandi nabatandukanirije n'andi mahanga kuba abanjye.


Ni cyo gituma ukwiriye guhora umutekereza ko ari uwera, kuko ajya atamba ibyokurya by'Imana yawe, ahora akubera uwera kuko Uwiteka ukweza ndi uwera.


Ntimugasuzuguze izina ryanjye ryera, kugira ngo nerezwe hagati mu Bisirayeli. Ndi Uwiteka ubeza,


Umuntu wese ukora ibyo Data wo mu ijuru ashaka, ni we mwene data, ni we mushiki wanjye, ni we mama.”


Mwa bapfu mwe, mwa mpumyi mwe, ikiruta ikindi ni ikihe, ni izahabu cyangwa ni urusengero rwubahiriza izahabu?


Nuko uzica rimwe ryo muri ayo mategeko naho ryaba ryoroshye hanyuma y'ayandi, akigisha abandi kugira batyo, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mutoya rwose. Ariko uzayakora akayigisha abandi, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mukuru.


“Nuko umuntu wese wumva ayo magambo yanjye akayakomeza, azaba nk'umunyabwenge wubatse inzu ye ku rutare,


Nimumenye ibyo, murahirwa niba mubikora.


Ni yo ibaha kuba muri Kristo Yesu waduhindukiye ubwenge buva ku Mana, no gukiranuka no kwezwa no gucungurwa,


Imana y'amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n'umwuka wanyu, n'ubugingo n'umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza.


Ariko bene Data bakundwa n'Umwami wacu, dukwiriye kubashimira Imana iteka kuko uhereye mbere na mbere, Imana yabatoranirije agakiza gaheshwa no kwezwa kuva ku Mwuka no kwizera ukuri.


Ariko rero mujye mukora iby'iryo jambo, atari ugupfa kuryumva gusa mwishuka,


“Hahirwa abamesera ibishura byabo kugira ngo bemererwe kwegera cya giti cy'ubugingo, kandi banyure mu marembo binjire muri rwa rurembo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan