Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 2:9 - Bibiliya Yera

9 Umutambyi akure kuri iryo turo urwibutso rwaryo, arwosereze ku gicaniro. Iryo ni ituro rikongorwa n'umuriro ry'ibihumurira Uwiteka neza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Nuko afateho igice kibe ikimenyetso cy'uko byose byatuwe Uhoraho, agitwikire ku rutambiro kibe ituro ritwikwa rifite impumuro ishimisha Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Nuko afateho igice kibe ikimenyetso cy'uko byose byatuwe Uhoraho, agitwikire ku rutambiro kibe ituro ritwikwa rifite impumuro ishimisha Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Umuherezabitambo azagabanya kuri iryo turo iby’umuhango, maze abitwikire ku rutambiro. Icyo ni igitambo cy’ibiribwa bikongotse burundu, kandi bifite impumuro yurura Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 2:9
19 Iomraidhean Croise  

Wosereze iyo sekurume itagabanije ku gicaniro. Iyo ni igitambo cyoserezwa Uwiteka, ni umubabwe, ni igitambirwa Uwiteka kigakongorwa n'umuriro.


Ariko Uwiteka yashimye kumushenjagura, yaramubabaje. Ubwo ubugingo bwe buzitamba ho igitambo cyo gukuraho ibyaha, azabona urubyaro, azarama, ibyo Uwiteka ashaka bizasohozwa neza n'ukuboko kwe.


ariko amara n'ibinyita abyoze, maze umutambyi abyosereze byose ku gicaniro, bibe igitambo cyoswa kitagabanije, igitambo gikongorwa n'umuriro cy'umubabwe uhumurira Uwiteka neza.


Umutambyi yose urwibutso rw'iryo turo, ari igice cy'ayo mahundo y'igiheri n'icy'ayo mavuta n'uwo mubavu wose. Iryo ni ituro riturwa Uwiteka rigakongorwa n'umuriro.


Ayizanire bene Aroni abatambyi, kuri iyo fu y'ingezi n'ayo mavuta akureho ibyuzuye urushyi, abikuraneho n'umubavu wose, umutambyi abyosereze ku gicaniro bibe urwibutso rw'iryo turo, bibe ituro rikongorwa n'umuriro ry'ibihumurira Uwiteka neza.


Uzanire Uwiteka ituro rikozwe rityo, rishyīrwe umutambyi, na we arizane ku gicaniro.


Ku kirundo cyose ugereke umubavu uboneye, ube kuri iyo mitsima ari urwibutso, ari ituro ryo guturwa Uwiteka rigakongorwa n'umuriro.


Urugimbu rwacyo rwose arukūre nk'uko bakūra urw'igitambo cy'uko bari amahoro, umutambyi arwosereze ku gicaniro rube umubabwe uhumurira Uwiteka neza. Nuko umutambyi amuhongerere impongano, maze uwo muntu azababarirwa.


Iyo fu ayizanire umutambyi, uwo mutambyi ayikureho iyuzuye urushyi, ibe urwibutso rw'iryo turo, ayosereze ku gicaniro, hejuru y'ibitambo byatambiwe Uwiteka bigakongorwa n'umuriro. Iryo ni ituro rituririrwa ibyaha.


Umutambyi uzasīgwa wo mu bana be umuzunguye ajye atura iryo turo, itegeko ritazakuka ritegetse yuko rizajya ryoserezwa Uwiteka ritagabanije.


“Byuka wa nkota we, urwane n'umushumba wanjye, urwane n'umuntu mugenzi wanjye, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, kubita umwungeri intama zisandare, kandi n'abato nzabashyiraho ukuboko kwanjye.”


Kandi icyo gice cya gatatu nzakinyuza mu muriro, mbatunganye nk'uko batunganya ifeza. Nzabagerageza nk'uko bagerageza izahabu, bazambaza izina ryanjye, nanjye nzabumvira. Nzabita abantu banjye, na bo bazavuga bati ‘Uwiteka ni we Mana yanjye.’ ”


Yende kuri iryo turo iryuzuye urushyi, ribe urwibutso rwaryo, aryosereze ku gicaniro abone kunywesha uwo mugore ya mazi.


Nuko bene Data, ndabinginga ku bw'imbabazi z'Imana ngo mutange imibiri yanyu, ibe ibitambo bizima byera bishimwa n'Imana, ari ko kuyikorera kwanyu gukwiriye.


yuko nkwiriye kuba umukozi wa Yesu Kristo mu banyamahanga, wo kubagaburira ubutumwa bwiza bw'Imana nk'umutambyi, kugira ngo abanyamahanga babone uko baba igitambo gishimwa cyejejwe n'Umwuka Wera.


Kandi mugendere mu rukundo nk'uko Kristo yadukunze, akatwitangira kuba ituro n'igitambo cy'Imana n'umubabwe uhumura neza.


Ariko nubwo amaraso yanjye yaba ayo kumīshwa ku gitambo cyo kwizera kwanyu ngo abe ituro, ibyo nabyishimira nkanezeranwa namwe mwese,


Dore mfite ibinkwiriye byose ndetse mfite n'ibisaga, ndahaze ubwo maze guhabwa na Epafuradito ibyo mwohereje, bimbereye nk'umubabwe uhumura neza n'igitambo cyemewe gishimwa n'Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan