Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 16:2 - Bibiliya Yera

2 Uwiteka abwira Mose ati “Bwira Aroni mwene so, ye kujya yinjira igihe ashakiye cyose Ahera ho hirya y'umwenda ukinze, imbere y'intebe y'ihongerero iri ku isanduku yera adapfa, kuko nzabonekera ku ntebe y'ihongerero, ndi muri cya gicu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 “Bwira mukuru wawe Aroni ye kujya arenga umwenda ukingirije Icyumba kizira inenge cyane ngo yinjiremo uko ashatse, kuko mboneka mu gicu kiri hejuru y'igipfundikizo cy'Isanduku. Aroni nadakurikiza ayo mabwiriza na we azapfa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 “Bwira mukuru wawe Aroni ye kujya arenga umwenda ukingirije Icyumba kizira inenge cyane ngo yinjiremo uko ashatse, kuko mboneka mu gicu kiri hejuru y'igipfundikizo cy'Isanduku. Aroni nadakurikiza ayo mabwiriza na we azapfa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Uhoraho nyine abwira Musa, ati «Umenyeshe umuvandimwe wawe Aroni ko atagomba kwinjira mu Ngoro yanjye igihe ashakiye cyose, ngo arenge umubambiko uteganye n’urwicurizo ruri hejuru y’ubushyinguro bw’Isezerano. Ibyo bizamurinda gupfa igihe nzigaragariza mu gicu hejuru y’urwicurizo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 16:2
26 Iomraidhean Croise  

Mu mwinjiro w'iyo nzu hari mikono makumyabiri, yomekaho imbaho z'imyerezi uhereye hasi ukageza ku gisenge. Muri uwo mwinjiro hagirwa ahavugirwa hitwa Ahera cyane.


Nuko abatambyi bacyura isanduku y'isezerano ry'Uwiteka bayitereka ahayo, ahavugirwa ari ho hitwa Ahera cyane munsi y'amababa y'ibishushanyo by'abakerubi,


Bituma abatambyi batakibasha guhagarara ngo bakore ku bw'igicu, kuko icyubahiro cy'Uwiteka cyuzuye inzu y'Imana.


Aroni ahongerere ku mahembe yacyo impongano rimwe uko umwaka utashye, amaraso y'igitambo gitambirwa ibyaha cy'impongano abe ari yo ahongerera icyo gicaniro rimwe uko umwaka utashye, mu bihe byanyu byose. Icyo gicaniro ni icyera cyane cyerejwe Uwiteka.”


iyo mibavu ayishyirire kuri uwo muriro imbere y'Uwiteka, uwo mubavu umere nk'igicu gikingiriza intebe y'ihongerero iri hejuru y'Ibihamya adapfa.


Iryo ribabere itegeko ridakuka, ko ajya ahongerera Abisirayeli impongano y'ibyaha byabo byose, rimwe uko umwaka utashye.” Aroni agenza uko Uwiteka yategetse Mose.


“Ariko umunsi wa cumi w'uko kwezi kwa karindwi ni wo munsi w'impongano, ujye ubabera uwo guterana kwera, mujye muwibabazaho imitima, muwutambireho Uwiteka igitambo gikongorwa n'umuriro.


Ku muryango w'ihema ry'ibonaniro abe ari ho mumara iminsi irindwi ku manywa na nijoro, mwitondere umurimo Uwiteka yabarindishije mudapfa kuko ari ko nategetswe.”


“Nimuhaguruke muve muri iri teraniro ndirimbure mu kanya gato.” Bikubita hasi bubamye.


Wowe n'abana bawe muri kumwe mujye mwitondera imirimo y'ubutambyi bwanyu ku by'igicaniro byose, no ku byo hirya y'umwenda ukingiriza Ahera cyane, iyo abe ari yo mirimo mujya mukora. Mbahaye ubutambyi ho umurimo w'impano, utari uwo muri mwe uzigira hafi azicwe.”


ahubwo mujye mubagenzereza mutya kugira ngo babeho badapfa, nibegera ibyera cyane: Aroni n'abana be bajye binjiramo, babatoranye imirimo, umuntu wese umurimo we n'icyo aremērwa.


“Uko bagiye kubambūra, Aroni ajye yinjirana n'abana be bamanure umwenda ukingiriza Ahera cyane, bawutwikirize isanduku y'Ibihamya,


Umwenda ukingiriza Ahera cyane h'urusengero utabukamo kabiri, utangirira hejuru ugeza hasi, isi iratigita, ibitare birameneka,


Ibyo byiringiro tubifite nk'igitsika umutima gikomeye kandi gishikamye, cyinjira hirya y'umwenda ukingiriza Ahera cyane,


Kandi ntiyinjiriyemo kwitamba kenshi, nk'uko umutambyi mukuru yinjira Ahera cyane uko umwaka utashye afite amaraso atari aye,


Kandi hirya y'inyegamo y'umwenda wa kabiri ukinze hariho ihema, hitwa Ahera cyane.


Hejuru yayo hariho Abakerubi b'icyubahiro bateye igicucu intebe y'imbabazi, ariko ibyo ntitwakwirirwa tubirondora nonaha.


Rwa rusengero rwuzura umwotsi uva mu bwiza bw'Imana no mu mbaraga zayo, ntihagira umuntu n'umwe ubasha kurwinjiramo kugeza aho bya byago birindwi by'abo bamarayika barindwi byarangiriye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan