Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 15:5 - Bibiliya Yera

5 Kandi umuntu wese ukoze ku buriri bwe, amese imyenda ye yiyuhagire, abe ahumanye ageze nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Ukoze kuri ubwo buriri ajye amesa imyambaro ye kandi yiyuhagire, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Ukoze kuri ubwo buriri ajye amesa imyambaro ye kandi yiyuhagire, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Uzakora kuri ubwo buriri azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, kuko aba yanduye kugeza nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 15:5
31 Iomraidhean Croise  

Nzakaraba ntafite igicumuro, Ni ko nzazenguruka igicaniro cyawe Uwiteka,


ubwo umuhanuzi Natani yazaga aho ari, Dawidi amaze gusambana na Batisheba.


Dore naremanywe gukiranirwa, Mu byaha ni mo mama yambyariye.


Uwiteka abwira Mose ati “Jya ku bantu ubeze none n'ejo, bamese imyenda yabo,


“Nimwiyuhagire mwiboneze, mukureho ibyaha byo mu mirimo yanyu bive imbere yanjye, mureke gukora nabi.


Maze Uwiteka Nyiringabo yihishurira amatwi yanjye arambwira ati “Ni ukuri uku gukiranirwa ntimuzakōzwa ngo kubaveho, kugeza aho muzapfira.” Ni ko Uwiteka Umwami Nyiringabo avuze.


Nzabanyanyagizaho amazi meza, maze muzatungana, mbakureho imyanda yanyu yose, n'ibigirwamana byanyu byose.


Nzabarokora mbakure mu myanda yanyu yose, nzameza ingano nzigwize kandi ne kubateza inzara.


“Kandi ibi bizabahumanya: ukoze ku ntumbi yabyo azaba ahumanye ageze nimugoroba,


kandi uzaterura n'igice cy'intumbi yabyo amese imyenda ye, aba ahumanye ageze nimugoroba.


Uzaterura intumbi yazo amese imyenda ye, aba ahumanye ageze nimugoroba. Izo ni izihumanya kuri mwe.


Kandi ikintu cyose intumbi yabyo iguyeho kizaba gihumanye, kandi naho cyaba ikintu cyabajwe mu giti, cyangwa umwambaro cyangwa uruhu, cyangwa isaho cyangwa ikindi kintu cyose gikoreshwa umurimo wose gikwiriye gushyirwa mu mazi, kibe gihumanye kigeze nimugoroba, ni bwo kizaba gihumanutse.


Ku munsi wa karindwi umutambyi azasuzume ibyo bikoko, niba bitazaba bimukwiriye ku mubiri, umuze wabyo ntuboneke ko ugeze munsi y'uruhu, uwo mutambyi avuge ko adahumanye, amese imyenda ye, abe adahumanye.


Ku munsi wa karindwi uwo mutambyi yongere amusuzume, nabona uwo muze utakigaragara cyane utakwiriye ku mubiri avuge ko adahumanye, bizaba ari ibikoko. Uwo muntu amese imyenda ye abe adahumanye.


ayaminjagirishe urutoki rwe rw'iburyo karindwi imbere y'Uwiteka,


Kandi umugabo naryamana n'umugore bombi biyuhagire, babe bahumanye bageze nimugoroba.


Uburiri bwose uninda yaryamyeho bube buhumanye, n'ikintu cyose yicayeho kibe gihumanye.


Uwicaye ku kintu cyose uninda yicayeho, amese imyenda ye yiyuhagire, abe ahumanye ageze nimugoroba.


Kandi uwarekuriye ya hene koherwa, amese imyenda ye yiyuhagire, abone kugaruka mu ngando zanyu.


Uwabyosheje amese imyenda ye yiyuhagire, abone gusubira mu ngando.


“Kandi umuntu wese urya intumbi cyangwa ikirīra, naho yaba kavukire cyangwa umunyamahanga, amese imyenda ye yiyuhagire, abe ahumanye ageze nimugoroba, ni ho azabona guhumanurwa.


Uyoye ivu ryayo amese imyenda ye, abe ahumanye ageze nimugoroba. Iryo ribere Abisirayeli n'umunyamahanga ubasuhukiyemo itegeko ridakuka iteka.’


Kandi ikintu cyose uhumanya azakoraho kibe gihumanye, uzagikoraho abe ahumanye ageze nimugoroba.”


twegere dufite imitima y'ukuri twizera rwose tudashidikanya, imitima yacu iminjiriweho gukurwamo kwimenyaho ibibi, n'imibiri yacu yuhagijwe amazi meza.


nkanswe amaraso ya Kristo witambiye Imana atagira inenge ku bw'Umwuka w'iteka, ntazarushaho guhumanura imitima yanyu akayezaho imirimo ipfuye, kugira ngo mubone uko mukorera Imana ihoraho?


kuko iyo biba bityo aba yari akwiriye kubabazwa kenshi, uhereye ku kuremwa kw'isi. Ahubwo none abonetse rimwe gusa ku mperuka y'ibihe, kugira ngo akuzeho ibyaha kwitamba.


Mwegere Imana na yo izabegera. Yemwe banyabyaha, nimukarabe. Namwe ab'imitima ibiri, nimwiyeze imitima.


Ndamusubiza nti “Mwami wanjye, ni wowe ubizi.” Arambwira ati “Aba ni abavuye muri urya mubabaro mwinshi, kandi bameshe ibishura byabo babyejesha amaraso y'Umwana w'Intama.


Uwo munsi Sawuli ntiyagira icyo avuga, kuko yibwiye ko hari uko yabaye. Ati “Ntatunganye, nta kindi ni uko adatunganye.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan