Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:3 - Bibiliya Yera

3 Mose abwira Aroni ati “Ibyo ni byo Uwiteka yavuze ati ‘Kwera kwanjye kuzerekanirwa mu banyegera, kandi nzaherwa icyubahiro imbere y'ubu bwoko bwose.’ ” Aroni aricecekera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Musa abwira Aroni ati: “Ibi ni byo Uhoraho yavuze ati: ‘Abatambyi bagomba kunyubaha kuko ndi umuziranenge, bagomba kumpesha ikuzo imbere ya rubanda.’ ” Aroni abura icyo avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Musa abwira Aroni ati: “Ibi ni byo Uhoraho yavuze ati: ‘Abatambyi bagomba kunyubaha kuko ndi umuziranenge, bagomba kumpesha ikuzo imbere ya rubanda.’ ” Aroni abura icyo avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko Musa abwira Aroni, ati «Uhoraho yari yabivuze ukuri: ’Ubutungane bwanjye bugaragarira mu banyegera, kandi ngomba guherwa ikuzo imbere y’umuryango wose.’» Aroni araceceka, arumirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:3
46 Iomraidhean Croise  

Ntibikaguturukeho kugira utyo, kurimburana abakiranutsi n'abanyabyaha, abakiranutsi bagahwana n'abanyabyaha kirakazira! Umucamanza w'abari mu isi bose ntiyakora ibyo kutabera.”


Ariko aramusubiza ati “Uvuze nk'umwe wo mu bagore b'abapfapfa. Mbese ye, twahabwa ibyiza mu kuboko kw'Imana tukanga guhabwa ibibi?” Muri ibyo byose nta cyaha Yobu yacumurishije ururimi rwe.


Umubiri wanjye uhindishwa umushyitsi no kugutinya, Kandi ntinya amateka yawe.


Kandi yashyiriye hejuru ubwoko bwe ihembe, Ni byo ashimirwa n'abakunzi be bose, Ari bo bana ba Isirayeli, Ubwoko bumuri bugufi. Haleluya.


Narahoze sinabumbura akanwa, Kuko ari wowe wabikoze.


Unkize ibicumuro byanjye byose, Ntumpindure uwo gutukwa n'abapfu.


Akuraho intambara kugeza ku mpera y'isi, Avunagura imiheto, amacumu ayacamo kabiri, Amagare ayatwikisha umuriro.


Ni nde wo mu ijuru wagereranywa n'Uwiteka? Ni nde wo mu bana b'Imana uhwanye n'Uwiteka?


Ibyo wahamije ni ibyo kwiringirwa cyane, Uwiteka, kwera gukwiriye inzu yawe iteka ryose.


Nanjye ndanangira imitima y'Abanyegiputa bajyemo babakurikire, mbone kwihesha icyubahiro kuri Farawo no ku ngabo ze zose, no ku magare ye no ku bahetswe n'amafarashi be.


Nanjye ndanangira umutima wa Farawo abakurikire. Nziheshereza icyubahiro kuri Farawo no ku ngabo ze zose, Abanyegiputa bamenye yuko ndi Uwiteka.” Abisirayeli babigenza batyo.


Kandi n'abatambyi bigire hafi y'Uwiteka bīyeze, kugira ngo Uwiteka atabagwira.”


Uwiteka aramubwira ati “Genda umanuke maze uzamukane na Aroni, ariko abatambyi n'abantu be gutwaza ngo baze aho Uwiteka ari, kugira ngo atabagwira.”


Kandi uzayasīge Aroni n'abana be, ubereze kugira ngo bankorere umurimo w'ubutambyi.


Hezekiya abwira Yesaya ati “Ijambo ry'Uwiteka avuze ni ryiza.” Arongera aravuga ati “Kuko hazaba amahoro n'iby'ukuri nkiriho.”


Kandi yarambwiye ati “Ni wowe mugaragu wanjye Isirayeli, uzampesha icyubahiro.”


Nimugende, nimugende musohokemo ntimukore ku kintu cyose gihumanye, muve muri Babuloni hagati. Yemwe bahetsi baheka ibintu by'Uwiteka, murajye mwiyeza.


Nzabakira nk'ibihumura neza ubwo nzabakura mu banyamahanga, nkabakoranya mbavanye mu bihugu mwatataniyemo, kandi nziyerekanira muri mwe imbere y'abanyamahanga ko ndi Uwera.


‘Umva uko Umwami Uwiteka avuze ngo: Dore ndakwibasiye yewe Sidoni we, nzashyirwa hejuru mu gihugu cyawe maze bazamenye yuko ndi Uwiteka, ubwo nzaba maze kubahana nkiyerekana muri bo ko ndi Uwera.


maze uzazamuka utere ubwoko bwanjye Isirayeli umeze nk'igicu gitwikiriye igihugu. Ku minsi y'imperuka nzatuma utera igihugu cyanjye kugira ngo amahanga akurizeho kumenya, igihe nziyerekanira muri wowe imbere yabo ko ndi Uwera, yewe Gogi we.


n'akumba kerekeye ikasikazi ni ak'abatambyi barinda igicaniro, ari bo bene Sadoki bo mu rubyaro rwa Lewi begera Uwiteka ngo bamukorere.”


Maze arambwira ati “Utwumba tw'aherekeye ikasikazi n'utw'aherekeye ikusi, turi imbere y'umwanya uciye hagati ni two twumba twera, aho abatambyi begera Uwiteka bazarira ibintu byera. Ni ho bazatereka ibintu byera cyane n'ituro ry'ifu, n'igitambo cy'ibyaha n'igitambo cyo gukuraho urubanza, kuko ari ahantu hera.


Ntakononere urubyaro rwe hagati mu bwoko bwe, kuko ndi Uwiteka umweza.”


“Bwira Aroni uti ‘Umuntu wese wo mu rubyaro rwawe mu bihe byabo byose uzagira inenge, ntakigire hafi ngo atambe ibyokurya by'Imana ye.


Ntihakagire umuntu wo mu rubyaro rwa Aroni umutambyi ufite inenge, wigira hafi ngo atambe ibitambo bitambirwa Uwiteka bigakongorwa n'umuriro. Kuko afite inenge, ntakigire hafi ngo atambe ibyokurya by'Imana ye.


Babere Imana yabo abera, ntibagasuzuguze izina ry'Imana yabo, kuko ari bo batambira Uwiteka ibitambo bikongorwa n'umuriro, ari byo byokurya by'Imana yabo. Ni cyo gituma bakwiriye kuba abera.


Ni cyo gituma ukwiriye guhora umutekereza ko ari uwera, kuko ajya atamba ibyokurya by'Imana yawe, ahora akubera uwera kuko Uwiteka ukweza ndi uwera.


“Ni cyo gituma bakwiriye kwitondera umurimo nabarindishije kugira ngo utabazanira icyaha, ukabicisha kuko bawononnye. Ndi Uwiteka ubeza.


Ku muryango w'ihema ry'ibonaniro abe ari ho mumara iminsi irindwi ku manywa na nijoro, mwitondere umurimo Uwiteka yabarindishije mudapfa kuko ari ko nategetswe.”


Abwira Kōra n'abafatanije na we bose ati “Ejo mu gitondo Uwiteka azerekana abe abo ari bo, n'uwera uwo ari we amwiyigize hafi. Uwo azatoranya ni we aziyigiza hafi.


Uwiteka abwira Mose na Aroni ati “Kuko mutanyizeye ngo mwerekanire kwera kwanjye mu maso y'Abisirayeli, ntimuzajyana iri teraniro mu gihugu mbahaye.”


“Ukunda se cyangwa nyina kubandutisha ntaba akwiriye kuba uwanjye, kandi ukunda umuhungu we cyangwa umukobwa we kubandutisha, ntaba akwiriye kuba uwanjye.


Data, ubahiriza izina ryawe.” Nuko ijwi rivugira mu ijuru riti “Ndaryubahirije, kandi nzongera kuryubahiriza.”


Kandi icyo muzasaba cyose mu izina ryanjye, nzagikorera kugira ngo Data yubahirizwe mu Mwana we.


kuko mwancumuriyeho hagati mu Bisirayeli ku mazi y'i Meriba y'i Kadeshi yo mu butayu bwa Zini, ntimwerekanire kwera kwanjye hagati mu Bisirayeli.


ubwo azazanwa no gushimirwa abera be kuri uwo munsi, no gutangarirwa ku bw'abamwizeye bose kuko ubuhamya twabahamirije bwemewe.


Kuko igihe kigiye gusohora urubanza rukazabanziriza mu b'inzu y'Imana. Ariko se niba rubanziriza kuri twe, iherezo ry'abatumvira ubutumwa bwiza bw'Imana rizamera rite?


Ni cyo gitumye Uwiteka Imana ya Isirayeli ivuga iti ‘Ni ukuri nari navuze yuko ab'inzu yawe n'ab'inzu ya so bazajya bagendera imbere yanjye iteka ryose’, ariko none Uwiteka aravuze ngo: Ntibikabeho kuko abanyubaha ari bo nzubaha, ariko abansuzugura bazasuzugurwa.


Samweli amurondorera byose ntiyagira icyo amuhisha. Nuko Eli aramusubiza ati “Ni Uwiteka, nakore icyo ashaka.”


Ab'i Betishemeshi baravuga bati “Ni nde ushobora guhagarara imbere y'Uwiteka, iyi Mana yera? Mbese yava muri twe ikajya he?”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan