Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:7 - Bibiliya Yera

7 Nuko amahoro y'Imana ahebuje rwose ayo umuntu yamenya, azarindire imitima yanyu n'ibyo mwibwira muri Kristo Yesu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Bityo amahoro y'Imana asumba kure ubwenge bw'umuntu, arindire imitima yanyu n'ibitekerezo byanyu muri Kristo Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Bityo amahoro y'Imana asumba kure ubwenge bw'umuntu, arindire imitima yanyu n'ibitekerezo byanyu muri Kristo Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Maze amahoro y’Imana arenze icyitwa ubwenge cyose, ahore mu mitima no mu bitekerezo byanyu, muri Kristu Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:7
43 Iomraidhean Croise  

Maze arababwira ati “Nimugende murye inyama z'ibinure, munywe ibiryohereye, mwoherereze amafunguro abadafite icyo bahishiwe, kuko uyu munsi ari umunsi werejwe Uwiteka wacu, kandi ntimugire agahinda kuko kwishimana Uwiteka ari zo ntege zanyu.”


“Noneho iyuzuze na yo ubone amahoro, Ubwo ni bwo ibyiza bizakuzaho.


“Iyo itanze amahoro ni nde wabasha gutera amahane? Iyo yitwikiriye ni nde wabasha kuyireba? Uko yagira benshi ni ko yagira n'umwe,


Uwiteka azaha ubwoko bwe imbaraga, Uwiteka azaha ubwoko bwe umugisha, ari wo mahoro.


Uwiteka, utwereke imbabazi zawe, Uduhe agakiza kawe.


Amakenga azakubera umurinzi, Kujijuka kuzagukiza,


Ntubureke buzakurinda, Ubukunde buzagukiza.


Nugenda bizakuyobora, Nujya kuryama bizakurinda, Kandi nukanguka bizakubwiriza.


“Uwiteka, uzadutunganiriza amahoro kandi ibyo dukora byose ni wowe ubidusohoreza.


Ugushikamijeho umutima uzamurinda abe amahoro masa, kuko akwiringiye.


Ni jye urema umucyo n'umwijima, nkazana amahoro n'amakuba. Jye Uwiteka ni jye ukora ibyo byose.


“Iyaba warumviye amategeko yanjye uba waragize amahoro ameze nk'uruzi, gukiranuka kwawe kuba kwarabaye nk'umuraba w'inyanja,


“Nta mahoro y'abanyabyaha.” Ni ko Uwiteka avuga.


“Nuko maze guha Baruki mwene Neriya urwandiko rw'ubuguzi, nasabye Uwiteka mvuga nti


Ariko rero nzabazanira kumera neza n'agakiza kandi mbakize, ndetse nzabahishurira amahoro n'ukuri bisesekaye.


Uwiteka akurebe neza, aguhe amahoro.’


Ukamurikira abicaye mu mwijima no mu gicucu cy'urupfu, No kuyobora ibirenge byacu mu nzira y'amahoro.”


“Mu ijuru icyubahiro kibe icy'Imana, No mu isi amahoro abe mu bo yishimira.”


“Mbasigiye amahoro, amahoro yanjye ndayabahaye. Icyakora simbaha nk'uko ab'isi batanga. Imitima yanyu ntihagarare kandi ntitinye.


Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro muri jye. Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.”


ndabandikiye abari i Roma mwese bakundwa n'Imana, bahamagariwe kuba abera. Ubuntu bube muri mwe n'amahoro biva ku Mana Data wa twese, no ku Mwami wacu Yesu Kristo.


kuko ubwami bw'Imana atari ukurya no kunywa, ahubwo ari ubwo gukiranuka n'amahoro no kwishimira mu Mwuka Wera.


Imana nyir'ibyiringiro ibuzuze umunezero wose n'amahoro biheshwa no kwizera, kugira ngo murusheho kwiringira mubiheshejwe n'imbaraga z'Umwuka Wera.


Nuko rero ubwo twatsindishirijwe no kwizera, dufite amahoro ku Mana ku bw'Umwami wacu Yesu Kristo,


Umutima wa kamere utera urupfu, ariko umutima w'Umwuka uzana ubugingo n'amahoro,


Dukubita hasi impaka n'ikintu cyose kishyiriye hejuru kurwanya kumenya Imana, dufata mpiri ibitekerezwa mu mitima byose ngo tubigomōrere Kristo.


Ibisigaye bene Data, murabeho. Mutungane rwose, muhugurike muhuze imitima, mubane n'amahoro kandi Imana y'urukundo n'amahoro izabana namwe.


Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso nziza no gukiranuka,


mumenye n'urukundo rwa Kristo ruruta uko rumenywa, ngo mwuzuzwe kugeza ku kuzura kw'Imana.


Pawulo na Timoteyo imbata za Kristo Yesu, turabandikiye mwebwe abera bo muri Kristo Yesu b'i Filipi bose, hamwe n'abepisikopi n'abadiyakoni.


Ubuntu bube muri mwe n'amahoro, biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.


Kandi Imana yanjye izabamara ubukene bwanyu bwose, nk'uko ubutunzi bw'ubwiza bwayo buri muri Kristo Yesu.


Nimuntahirize abera bose bari muri Kristo Yesu. Bene Data turi kumwe barabatashya.


Ibyo nabīgishije, ibyo nababwirije, ibyo mwanyumvanye, n'ibyo mwambonanye abe ari byo mukora. Ni bwo Imana itanga amahoro izabana namwe.


Mureke amahoro ya Kristo atwarire mu mitima yanyu, ayo mwahamagariwe kuba umubiri umwe, kandi mugire imitima ishima.


Nuko rero Umwami wacu w'amahoro ajye abaha amahoro iteka ryose mu buryo bwose. Umwami abane namwe mwese.


Nuko Imana nyir'amahoro, yazuye Umutahiza w'intama ari we Mwami wacu Yesu, imuzurishije amaraso y'isezerano ry'iteka ryose,


Yuda imbata ya Yesu Kristo kandi mwene se wa Yakobo, ndabandikiye mwebwe abahamagawe, bakundwa kuko muri mu Mana Data wa twese, mukarindirwa Yesu Kristo.


Jyewe Yohana, ndabandikiye mwebwe abo mu matorero arindwi yo muri Asiya. Ubuntu bube muri mwe n'amahoro biva ku Mana iriho kandi yahozeho kandi izahoraho, biva no ku Myuka irindwi iri imbere y'intebe yayo


“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero. “Unesha nzamuha kuri manu yahishwe, muhe n'ibuye ryera ryanditsweho izina rishya ritazwi n'umuntu wese keretse urihabwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan