Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:6 - Bibiliya Yera

6 Ntimukagire icyo mwiganyira, ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n'Imana mubisabiye, mubyingingiye, mushima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ntimukagire ikibahagarika umutima, ahubwo igihe cyose mumenyeshe Imana ibyo mukeneye muyisaba, muyinginga kandi muyishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ntimukagire ikibahagarika umutima, ahubwo igihe cyose mumenyeshe Imana ibyo mukeneye muyisaba, muyinginga kandi muyishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ntimugire ikibahagarika umutima, ahubwo nimumenyeshe Imana icyo mukeneye cyose, muyisenga, muyinginga, munayishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:6
45 Iomraidhean Croise  

Ariko Uwiteka Mana yanjye, wite ku gusenga k'umugaragu wawe nkwinginga, wumve gutakamba no gusenga umugaragu wawe nsengeye imbere yawe uyu munsi,


Ibyo bituma Umwami Hezekiya n'umuhanuzi Yesaya mwene Amosi basenga batakambira Iyo mu ijuru.


Ni bwo nzigisha inzira yawe abacumura, Abanyabyaha baguhindukirire.


Jyeweho nzambaza Imana, Uwiteka azankiza.


Akanwa ke kanyereraga nk'amavuta, Ariko umutima we wibwiraga intambara gusa. Amagambo ye yoroheraga kurusha amavuta ya elayo, Ariko yari inkota zikūwe.


Imana ni yo irimo agakiza kanjye n'icyubahiro cyanjye, Igitare cy'imbaraga zanjye n'ubuhungiro bwanjye biri mu Mana.


Igitambo cy'umunyabyaha ni ikizira ku Uwiteka, Ariko gusenga k'umukiranutsi kuramunezeza.


Imirimo yawe yose uyiharire Uwiteka, Ni ho imigambi yawe izakomezwa.


Numa yanjye we, uri mu mitutu y'urutare, No mu bishumiko byo mu bihanamanga, Reka ndebe mu maso hawe, Numve n'ijwi ryawe, Kuko ijwi ryawe ari ryiza, N'uburanga bwawe bukaba buhebuje.


“Nuko maze guha Baruki mwene Neriya urwandiko rw'ubuguzi, nasabye Uwiteka mvuga nti


‘Ntabaza ndagutabara, nkwereke ibikomeye biruhije utamenya.’


Saduraka na Meshaki na Abedenego basubiza umwami bati “Nebukadinezari, nta mpamvu ituma tugusubiza iryo jambo.


Nuko Umwami Dariyo ashyiraho ukuboko ku rwandiko rw'iryo tegeko.


Ariko nibabagambanira ntimuzahagarike umutima w'uko muzavuga, cyangwa ibyo muzavuga, kuko muzabibwirwa muri uwo mwanya.


Kandi usa n'izibibwe mu mahwa, uwo ni we wumva ijambo, maze amaganya y'iyi si n'ibihendo by'ubutunzi bikaniga iryo jambo ntiryere.


Ntimukiganyire mutekereza iby'ejo, kuko ab'ejo baziganyira iby'ejo. Umunsi wose ukwiranye n'ibibi byawo.


Nuko ntimugase na bo, kuko So azi ibyo mukennye mutaramusaba.


Umwami Yesu aramusubiza ati “Marita, Marita, uriganyira wirushya muri byinshi


Abwira abigishwa be ati “Ni cyo gituma mbabwira nti: Ntimukīganyire ngo mutekereze iby'ubugingo muti ‘Tuzarya iki?’ Cyangwa iby'umubiri muti ‘Tuzambara iki?’


“Ntimugahagarike umutima wo gushaka ibyokurya n'ibyokunywa, kandi ntimwiganyire.


Abacira umugani wo kubigisha ko bakwiriye gusenga iteka ntibarambirwe. Arababwira ati


Ubwo bibaye bityo, Imana se yo ntizarengera intore zayo ziyitakira ku manywa na nijoro? Mbese yazirangarana?


Mbese wahamagawe uri imbata? Ntibikubabaze. Icyakora niba ushobora kubātūrwa ubikore.


Ariko ndashaka ko mutiganyira. Ingaragu yiganyira iby'Umwami wacu uko yamunezeza,


namwe mufatanije natwe gusenga kugira ngo impano twaheshejwe na benshi, benshi bayishimire Imana ku bwacu.


Mujye mushima Imana Data wa twese ku bw'ibintu byose, mubiyishimira mu izina ry'Umwami wacu Yesu Kristo,


musengeshe Umwuka iteka mu buryo bwose bwo gusenga no kwinginga, kandi ku bw'ibyo mugumye rwose kuba maso, musabire abera bose.


Mureke amahoro ya Kristo atwarire mu mitima yanyu, ayo mwahamagariwe kuba umubiri umwe, kandi mugire imitima ishima.


Kandi icyo muzavuga cyose n'ibyo muzakora, mujye mubikora byose mu izina ry'Umwami Yesu, mushima Imana Data wa twese ku bw'uwo.


Mukomeze gusenga muba maso, mushima.


Irya mbere ya byose ndaguhugurira kwingingira abantu bose, no kubasengera no kubasabira no kubashimira,


Umupfakazi by'ukuri usigaye wenyine yiringira Imana, akomeza kwinginga no gusenga ku manywa na nijoro,


Iherezo rya byose riri bugufi. Nuko mugire ubwenge mwirinda ibisindisha, mubone uko mugira umwete wo gusenga.


Muyikoreze amaganya yanyu yose, kuko yita kuri mwe.


Hana aramusubiza ati “Ashwi databuja, ndi umugore ufite umutima ubabaye. Ntabwo nanyoye vino cyangwa igisindisha cyose, ahubwo nsutse imbere y'Uwiteka amaganya yo mu mutima wanjye.


Maze Dawidi arababara cyane, kuko abantu bavugaga nk'abenda kumutera amabuye. Abantu bose bari bafite agahinda, umuntu wese ababajwe n'abana be b'abahungu n'ab'abakobwa, ariko Dawidi yikomereza ku Uwiteka Imana ye.


Maze Samweli yenda ibuye arishinga hagati y'i Misipa n'i Sheni, arihimba izina Ebenezeri ati “Uwiteka yaratuzahuye kugeza n'ubu.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan