Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:2 - Bibiliya Yera

2 Mwirinde za mbwa, mwirinde inkozi z'ibibi, mwirinde n'abakeba gukeba kubi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Mwirinde za mbwa ari zo bagizi ba nabi, bakunda ibyo kwikebagura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Mwirinde za mbwa ari zo bagizi ba nabi, bakunda ibyo kwikebagura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Mwirinde izo mbwa! Mwirinde abo bagiranabi! Mwirinde abirata ko bagenywe!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:2
31 Iomraidhean Croise  

Mwa nkozi z'ibibi mwe, nimuve aho ndi, Kugira ngo nitondere ibyo Imana yanjye yategetse.


Intege zanjye zumye nk'urujyo, Ururimi rwanjye rufatanye n'uruhekenyero. Kandi unshyize mu mukungugu w'urupfu,


Ariko Uwiteka ntumbe kure, Ni wowe muvunyi wanjye tebuka untabare.


Nk'uko imbwa isubira ku birutsi byayo, Ni ko umupfapfa asubira ku bupfapfa bwe.


Ni bwo benshi bazasubira inyuma, bazagambanirana bangane.


“Mwirinde abahanuzi b'ibinyoma baza aho muri basa n'intama, ariko imbere ari amasega aryana.


“Ibyejejwe by'Imana ntimukabihe imbwa, kandi n'imaragarita zanyu ntimukazite imbere y'ingurube, kugira ngo zitaziribata maze zikabahindukirana zikabarya.


Kuko ugaragara ko ari Umuyuda atari we Muyuda nyakuri, kandi gukebwa kugaragara ko ku mubiri, atari ko gukebwa nyakuri.


Bene abo ni intumwa z'ibinyoma, ni abakozi bariganya bigira nk'intumwa za Kristo.


Bene Data, mwahamagariwe umudendezo, ariko umudendezo wanyu ntimukawugire urwitwazo rwo gukurikiza ibya kamere, ahubwo mukorerane mu rukundo,


Ariko rero nimushikurana mugaconshomerana, mwirinde mutamarana!


Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.


Amaherezo yabo ni ukurimbuka, imana yabo ni inda, biratana ibiteye isoni byabo, bahoza umutima ku by'isi.


kuko twebwe turi abakebwe gukebwa kwiza, abasenga mu buryo bw'Umwuka w'Imana, tukishimira Kristo Yesu ntitwiringire iby'umubiri, nubwo jyeweho nabasha kubyiringira.


ukomeje kwizera kandi ufite umutima uticira urubanza. Uwo mutima bamwe barawuretse bahinduka nk'inkuge imenetse ku byo kwizera.


Bavuga yuko bazi Imana, ariko bayihakanisha ibyo bakora. Bene abo ni abo kwangwa urunuka, ni abatumvira Imana, no ku mirimo myiza yose nta cyo bamaze.


Ibyabasohoyeho ni iby'uyu mugani w'ukuri ngo “Imbwa isubiye ku birutsi byayo”, kandi ngo “Ingurube yuhagiwe isubiye kwigaragura mu byondo.”


Kuko hariho bamwe baseseye muri mwe rwihishwa bagenewe kera gucirwa ho iteka: ni abantu batubaha Imana, bahindura ubuntu bw'Imana yacu isoni nke, bakihakana Yesu Kristo ari we wenyine Databuja n'Umwami wacu.


‘Nzi amakuba yawe n'ubukene bwawe, (ariko rero uri umutunzi), n'uko utukwa n'abiyita Abayuda nyamara atari bo, ahubwo ari ab'isinagogi ya Satani.


Ariko abanyabwoba n'abatizera, n'abakora ibizira n'abicanyi, n'abasambanyi n'abarozi n'abasenga ibishushanyo n'abanyabinyoma bose, umugabane wabo uzaba mu nyanja yaka umuriro n'amazuku ari yo rupfu rwa kabiri.”


Hanze hazaba imbwa n'abarozi n'abasambanyi, n'abicanyi n'abasenga ibishushanyo, n'umuntu wese ukunda kubeshya akabikora.


Dore nguhaye bamwe bo mu isinagogi ya Satani biyita Abayuda nyamara atari bo, ahubwo ari abanyabinyoma. Dore nzabahata kuza bikubite imbere y'ibirenge byawe, bamenye yuko nagukunze.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan