Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:1 - Bibiliya Yera

1 Ibisigaye bene Data, mwishimire mu Mwami Yesu. Kubandikira ibyo nigeze kubandikira ubundi ntibindambira, kandi namwe bibagirira akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Ahasigaye, bavandimwe banjye, nimwishimire muri Nyagasani. Ntibinduhije kongera kubibandikira, kandi bibafitiye akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:1
46 Iomraidhean Croise  

Uko ni ko Abisirayeli bose bazamuye isanduku y'isezerano ry'Uwiteka basakuriza hejuru, bavuza ihembe n'amakondera n'ibyuma birenga, bacuranga nebelu n'inanga.


Mwīrāte izina rye ryera, Imitima y'abashaka Uwiteka yishime.


Uwo munsi bararya baranywa, bari imbere y'Uwiteka banezerewe cyane. Bongera kwimika Salomo umuhungu w'Umwami Dawidi ubwa kabiri, bamwimikisha amavuta imbere y'Uwiteka ngo abe umwami, na Sadoki ngo abe umutambyi.


Maze arababwira ati “Nimugende murye inyama z'ibinure, munywe ibiryohereye, mwoherereze amafunguro abadafite icyo bahishiwe, kuko uyu munsi ari umunsi werejwe Uwiteka wacu, kandi ntimugire agahinda kuko kwishimana Uwiteka ari zo ntege zanyu.”


Ni bwo uzishimira Ishoborabyose, Ukerekeza amaso yawe ku Mana.


Ubwoko bw'Abisirayeli bunezererwe umuremyi wabwo, Abana b'i Siyoni bishimire Umwami wabo.


Mwa bakiranutsi mwe, Munezererwe Uwiteka mwishime, Mwa bafite imitima itunganye mwese mwe, Ibyishimo bibatere kuvuza impundu.


Mwa bakiranutsi mwe, Mwishimire Uwiteka, Gushima gukwiriye abatunganye.


Kandi wishimire Uwiteka, Na we azaguha ibyo umutima wawe usaba.


Amarira yanjye ni yo yambereye nk'ibyokurya ku manywa na nijoro, Kandi bahora bambaza umunsi ukira bati “Imana yawe iri hehe?”


Mana ubagire uko ugira abanyabyaha, Imigambi yabo ibatere kugwa, Ibicumuro byabo byinshi bigutere kubirukana, Kuko bakugomeye.


Uwiteka ari ku ngoma, isi yishime, Ibirwa binezerwe uko bingana.


Uzabigosora umuyaga ubitumure, umuyaga wa serwakira ubitatanye, nawe uzishimira Uwiteka wiratane Uwera wa Isirayeli.


Nzajya nishimira Uwiteka cyane, umutima wanjye uzajya unezererwa Imana yanjye kuko yanyambitse imyambaro y'agakiza, akamfubika umwitero wo gukiranuka, nk'uko umukwe arimba akambara ikamba, kandi nk'uko umugeni arimbishwa iby'umurimbo bye.


Dore abagaragu banjye bazaririmbishwa n'umunezero wo mu mitima naho mwebwe muzarizwa n'agahinda ko mu mutima, muborozwe n'imitima ibabaye.


Noneho munezerwe bantu b'i Siyoni mwe, mwishimire Uwiteka Imana yanyu kuko ibahaye imvura y'umuhindo ku rugero rukwiriye, kandi ibavubiye imvura iy'umuhindo n'iy'itumba nk'ubwa mbere.


“Iririmbire wa mukobwa w'i Siyoni we, rangurura Isirayeli we. Nezerwa kandi wishimane n'umutima wawe wose, wa mukobwa w'i Yerusalemu we.


Uwiteka Imana yawe iri muri wowe imbere, ni intwari kandi irakiza. Izakwishimana inezerewe. izaruhukira mu rukundo rwayo, izakunezererwa iririmba.’


Abefurayimu bazamera nk'intwari, bazishima mu mitima nk'uwishimira vino. Ni koko abana babo bazabireba banezerwe, imitima yabo izanezererwa Uwiteka.


Muzanezerwe, muzishime cyane kuko ingororano zanyu ari nyinshi mu ijuru, kuko ari ko barenganyije abahanuzi ba mbere.


N'ubugingo bwanjye bwishimiye Imana umukiza wanjye,


Ariko si ibyo byonyine, ahubwo twishimira Imana ku bw'Umwami wacu Yesu Kristo ukiduhesha kuzura na yo na bugingo n'ubu.


Ibisigaye bene Data, murabeho. Mutungane rwose, muhugurike muhuze imitima, mubane n'amahoro kandi Imana y'urukundo n'amahoro izabana namwe.


Ibisigaye mukomerere mu Mwami no mu mbaraga z'ubushobozi bwe bwinshi.


Ahubwo uzajye ubirīra imbere y'Uwiteka Imana yawe, ahantu Uwiteka Imana yawe izatoranya, ubisangire n'umuhungu wawe n'umukobwa wawe, n'umugaragu wawe n'umuja wawe n'Umulewi uri iwanyu, kandi imbere y'Uwiteka Imana yawe azabe ari ho wishimirira ibyakuvuye mu maboko byose.


Wishimirane imbere y'Uwiteka Imana yawe n'umuhungu wawe n'umukobwa wawe, n'umugaragu wawe n'umuja wawe, n'Umulewi w'iwanyu n'umusuhuke w'umunyamahanga, n'impfubyi n'umupfakazi bari hagati muri mwe, mwishimire ahantu Uwiteka Imana yawe izatoraniriza kuhashyira izina ryayo ngo rihabe.


kuko twebwe turi abakebwe gukebwa kwiza, abasenga mu buryo bw'Umwuka w'Imana, tukishimira Kristo Yesu ntitwiringire iby'umubiri, nubwo jyeweho nabasha kubyiringira.


Mujye mwishimira mu Mwami wacu iminsi yose. Yewe, nongeye kubivuga nti “Mwishime!”


Ibisigaye bene Data, iby'ukuri byose, ibyo kūbahwa byose, ibyo gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby'igikundiro byose n'ibishimwa byose, nihaba hariho ingeso nziza kandi hakabaho ishimwe abe ari byo mwibwira.


Nuko bene Data, ibisigaye turabinginga tubahugurira mu Mwami Yesu, kugira ngo nk'uko mwabwiwe natwe uko mukwiriye kugenda no kunezeza Imana, mube ari ko mugenda ndetse murusheho.


Bene Data, mwemere ko ari iby'ibyishimo rwose nimugubwa gitumo n'ibibagerageza bitari bimwe,


Ibisigaye, mwese muhuze imitima, mubabarane kandi mukundane nk'abavandimwe, mugirirane imbabazi mwicisha bugufi mu mitima.


Ahubwo munezezwe n'uko mufatanije imibabaro ya Kristo, kugira ngo muzanezerwe mwishima bihebuje, ubwo ubwiza bwe buzahishurwa.


Bakundwa, uru ni rwo rwandiko rwa kabiri mbandikiye. Muri izo zombi imigambi yanjye yari iyo gukangura imitima yanyu itarimo uburiganya, mbibutsa


Maze Hana arasenga ati “Umutima wanjye wishimire Uwiteka, Ihembe ryanjye rishyirwe hejuru n'Uwiteka. Akanwa kanjye kāgukiye ku banzi banjye, Kuko nejejwe n'agakiza kawe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan