Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:8 - Bibiliya Yera

8 yicisha bugufi, araganduka ntiyanga no gupfa ndetse urupfu rwo ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 yicisha bugufi arumvira, ntiyanga no gupfa, ndetse apfa abambwe ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 yicisha bugufi arumvira, ntiyanga no gupfa, ndetse apfa abambwe ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 yicisha bugufi kurushaho, yemera kumvira, ageza aho gupfa, apfiriye ndetse ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:8
26 Iomraidhean Croise  

Intege zanjye zumye nk'urujyo, Ururimi rwanjye rufatanye n'uruhekenyero. Kandi unshyize mu mukungugu w'urupfu,


Kūbaha Uwiteka ni ko kwigisha ubwenge, Kandi kwicisha bugufi kubanziriza icyubahiro.


Ahindurirwa imbere yabo, mu maso he harabagirana nk'izuba, imyenda ye yera nk'umucyo.


Yigira imbere ho hato arunama, arasenga ati “Data, niba bishoboka iki gikombe kindenge, ariko bye kuba uko jyewe nshaka, ahubwo bibe uko wowe ushaka.”


Yongera kugenda ubwa kabiri arasenga ati “Data, niba bidashoboka ko iki kindenga, ngo kereka nkinywereyeho, ibyo ushaka abe ari byo biba.”


Agisenga ishusho yo mu maso he ihinduka ukundi, n'imyenda ye iba imyeru irarabagirana.


Nta wubunyaka, ahubwo mbutanga ku bushake bwanjye. Nshobora kubutanga kandi nshobora kubusubirana, kuko iryo ari ryo tegeko nategetswe na Data.”


ahubwo nkora uko Data yantegetse, kugira ngo ab'isi bamenye ko munkunda. “Nimuhaguruke tuve hano.


Nimwitondera amategeko yanjye muzaguma mu rukundo rwanjye, nk'uko nanjye nitondeye amategeko ya Data nkaguma mu rukundo rwe.


Yesu arababwira ati “Ibyokurya byanjye ni ugukora ibyo uwantumye ashaka, no kurangiza umurimo we.


Ubwo yacishwaga bugufi, Urubanza rwari rumukwiriye barumukuyeho. Umuryango we uzamenyekana ute? Ko ubugingo bwe bukuwe mu isi?”


Kandi nk'uko kutumvira Imana k'umuntu umwe kwateye ko abenshi baba abanyabyaha, ni ko no kuyumvira k'umwe kuzatera ko abenshi baba abakiranutsi.


kuko muzi ubuntu bw'Umwami wacu Yesu Kristo uko yari umutunzi, maze agahinduka umukene ku bwanyu kugira ngo ubukene bwe bubatungishe.


Kristo yaducunguriye kugira ngo dukizwe umuvumo w'amategeko, ahindutse ikivume ku bwacu (kuko byanditswe ngo “Havumwe umuntu wese umanitswe ku giti”),


intumbi ye ntizarare kuri icyo giti, ahubwo ntuzareke kumuhamba uwo munsi, kuko umanitswe ku giti ari ikivume ku Mana. Nuko umuhambire kugira ngo utanduza igihugu Uwiteka Imana yawe iguha ho gakondo.


watwitangiriye kugira ngo aducungure mu bugome bwose, kandi yuhagirire abantu kugira ngo babe ubwoko bwe bwite, bugira ishyaka ry'imirimo myiza.


dutumbira Yesu wenyine, ari we Banze ryo kwizera kandi ari we ugusohoza rwose, yihanganiye umusaraba ku bw'ibyishimo byamushyizwe imbere ntiyita ku isoni zawo, yicara iburyo bw'intebe y'Imana.


Mwebweho ntimuragera aho muvusha amaraso mu ntambara murwanya ibyaha,


Ubwe yikoreye ibyaha byacu mu mubiri we abibambanwa ku giti, kugira ngo dupfe ku byaha duhereko tubeho ku gukiranuka. Imibyimba ye ni yo yabakijije.


Kuko na Kristo yababarijwe ibyaha by'abantu rimwe, umukiranutsi ababarizwa abakiranirwa kugira ngo atuyobore ku Mana amaze kwicwa mu buryo bw'umubiri, ariko ahinduwe muzima mu buryo bw'umwuka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan