Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:15 - Bibiliya Yera

15 kugira ngo mutabaho umugayo cyangwa uburyarya, mube abana b'Imana batagira inenge hagati y'ab'igihe kigoramye cy'ubugoryi, abo mubonekeramo nk'amatabaza mu isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 kugira ngo mube indakemwa n’indahinyuka, mube n’abana b’Imana bazira inenge rwagati mu bantu b’indyarya kandi bararutse, mukamurika muri bo nk’inyenyeri mu kirere,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:15
42 Iomraidhean Croise  

Kuko ari ho batereka intebe z'imanza, Intebe z'inzu ya Dawidi.


Abisirayeli bakareba mu maso ha Mose bakabona harabagirana, Mose agasubizaho cya gitwikirizo, akageza aho yongerera kuvugana n'Uwiteka.


Ariko inzira y'umukiranutsi ni nk'umuseke utambitse, Ugakomeza gukura ukageza ku manywa y'ihangu.


Amagambo yo mu kanwa kanjye yose ni akiranuka, Nta buriganya cyangwa ubugoryi buyabamo.


Byuka urabagirane kuko umucyo wawe uje, kandi ubwiza bw'Uwiteka bukaba bukurasiye.


Ariko Daniyeli aratona cyane kuruta abandi batware bakomeye n'abandi b'intebe, kuko umwuka mwiza cyane yari ari muri we. Ndetse umwami yibwiraga kumwegurira igihugu cyose.


“Dore mbatumye muri nk'intama hagati y'amasega, nuko mugire ubwenge nk'inzoka, kandi muzabe nk'inuma mutagira amahugu.


Yesu aramusubiza ati “Yemwe bantu b'iki gihe biyobagiza batizera, nzageza he kubana namwe? Nzabihanganira kugeza ryari? Nimumunzanire hano.”


ni bwo muzaba abana ba So wo mu ijuru, kuko ategeka izuba rye kurasira ababi n'abeza, kandi abakiranuka n'abakiranirwa abavubira imvura.


Namwe mube mukiranutse nk'uko So wo mu ijuru akiranuka.


Bombi bari abakiranutsi imbere y'Imana, bagendera mu mategeko n'imihango by'Umwami Imana bose ari inyangamugayo.


Ahubwo mukunde abanzi banyu, mubagirire neza, mugurize abantu mudatekereza ko bazabishyura. Ni bwo ingororano zanyu zizaba nyinshi, namwe muzaba abana b'Isumbabyose kuko igirira neza ababi n'indashima.


Uwo yari itabaza ryaka rimurika, namwe mwamaze igihe gito mwishimira umucyo we.


Nuko akomeza kubahamiriza n'andi magambo menshi, arabahugura ati “Mwikize ab'iki gihe bīyobagiza.”


Kandi muri mwe ubwanyu hazaduka abantu bavugira ibigoramye, kugira ngo bakururire abigishwa inyuma yabo.


Igitumye mbabwira ibyo ni uko kumvira Imana kwanyu kwamamaye mu bantu bose. Ni cyo gitumye mbīshimira, ariko ndashaka ko muba abanyabwenge mu byiza mukaba abaswa mu bibi.


Ni we uzabakomeza kugeza ku mperuka, kugira ngo mutazabaho umugayo ku munsi w'Umwami wacu Yesu Kristo.


Nuko muve hagati ya ba bandi, Mwitandukanye ni ko Uwiteka avuga, Kandi ntimugakore ku kintu gihumanye. Nanjye nzabākīra,


aryishyīre rifite ubwiza, ridafite ikizinga cyangwa umunkanyari cyangwa ikintu cyose gisa gityo, ahubwo ngo ribe iryera ridafite inenge.


Bariyononnye ntibakiri abana bayo, Ahubwo ni ikizinga kuri bo, Ni ab'igihe kinaniranye kigoramye.


mubone uko murobanura ibinyuranye, kandi mubone uko muba abataryarya n'inyangamugayo kugeza ku munsi wa Kristo,


Ku by'ishyaka narenganyaga Itorero, ku byo gukiranuka kuzanwa n'amategeko nari inyangamugayo.


Imana y'amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n'umwuka wanyu, n'ubugingo n'umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza.


Bakwiriye kubanza kugeragezwa, maze nibatabaho umugayo babone gukora umurimo w'ubudiyakoni.


Nuko umwepisikopi akwiriye kuba inyangamugayo, no kuba umugabo w'umugore umwe, abe udakunda ibisindisha wirinda, ugira gahunda mu kubaho kwe, ukunda gucumbikira abashyitsi, ufite ubwenge bwo kwigisha,


Ni cyo gituma nshaka ko abapfakazi bato bashyingirwa, bakabyara abana, bagategeka ingo zabo, ntibahe abanzi urwitwazo rwo kudutuka;


Abakora ibyaha ubahanire mu maso ya bose, kugira ngo abandi na bo batinye.


Ubategeke ibyo kugira ngo batabaho umugayo.


Ibyo ni ukuvuga abagabo batariho umugayo bafite umugore umwe, bafite abana bizera kandi bataregwa ko ari inkubaganyi cyangwa ibigande.


batiba, ahubwo bakiranuke neza rwose kugira ngo muri byose bizihize inyigisho z'Imana Umukiza wacu.


Ujye uvuga ibyo kandi ubibahugure, ubahana nk'ufite ubutware rwose. Ntihakagire ugusuzugura.


Byari bikwiriye ko tugira Umutambyi mukuru umeze atyo wera, utagira uburiganya, utandura, watandukanijwe n'abanyabyaha kandi washyizwe hejuru y'amajuru,


Mugire ingeso nziza hagati y'abapagani, kugira ngo, nubwo babasebya nk'abakora nabi, nibabona imirimo yanyu myiza, izabatere guhimbaza Imana ku munsi wo kugendererwamo.


Ariko mwebweho muri ubwoko bwatoranijwe, abatambyi b'ubwami, ishyanga ryera n'abantu Imana yaronse, kugira ngo mwamamaze ishimwe ry'Iyabahamagaye, ikabakura mu mwijima ikabageza mu mucyo wayo w'itangaza.


Ni cyo gituma bakundwa, ubwo mutegereje ibyo, mukwiriye kugira umwete wo kuzasangwa mu mahoro, mutagira ikizinga, mutariho umugayo mu maso ye.


Nuko ibuka aho wavuye ukagwa wihane, ukore imirimo nk'iya mbere kuko nutabikora nzaza aho uri, nkūre igitereko cy'itabaza cyawe ahacyo nutihana.


Dore nguhaye bamwe bo mu isinagogi ya Satani biyita Abayuda nyamara atari bo, ahubwo ari abanyabinyoma. Dore nzabahata kuza bikubite imbere y'ibirenge byawe, bamenye yuko nagukunze.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan