Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 1:28 - Bibiliya Yera

28 mudakangwa n'ababisha bo mu buryo bwose. Ubwo butwari bwo kudatinya kwanyu kuri bo ni ikimenyetso cyo kurimbuka kwabo, naho kuri mwe ni ikimenyetso cy'agakiza kanyu kava ku Mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

28 Ntimugaterwe ubwoba n'ababarwanya, ni cyo kizabera abo bantu icyemezo kivuye ku Mana ko bazarimbuka, naho mwe kibabere icyemezo ko muzakizwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

28 Ntimugaterwe ubwoba n'ababarwanya, ni cyo kizabera abo bantu icyemezo kivuye ku Mana ko bazarimbuka, naho mwe kibabere icyemezo ko muzakizwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

28 Ababarwanya rero ntibakabatere ubwoba na busa; maze ibyo bizabumvishe ko bazorekwa, naho mwebwe mukazarokorwa mubikesha Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 1:28
24 Iomraidhean Croise  

“Uwiteka ntegereje agakiza kawe.


Untambira ishimwe wese aba anyubahiriza, Kandi utunganya ingeso ze, Nzamwereka agakiza k'Imana.”


Dore Imana ni yo gakiza kanjye nzajya niringira ne gutinya, kuko Uwiteka Yehova ari we mbaraga zanjye n'indirimbo yanjye agahinduka agakiza kanjye.”


“Jye ubwanjye ni jye ubahumuriza. Uri muntu ki, yewe utinya umuntu kandi azapfa, ugatinya n'umwana w'umuntu uzahindurwa nk'ubwatsi,


“Nimunyumve yemwe abazi gukiranuka, ishyanga rifite amategeko yanjye mu mitima yabo, ntimugatinye gutukwa n'abantu kandi ntimugahagarikwe imitima n'ibitutsi byabo,


Kandi ntimuzatinye abica umubiri badashobora kwica ubugingo, ahubwo mutinye ushobora kurimburira ubugingo n'umubiri muri Gehinomu.


Abwira uwo muntu unyunyutse ukuboko ati “Haguruka uhagarare hagati mu bantu.”


Abantu bose bazabona agakiza k'Imana.’ ”


Ubwo azaza azatsinda ab'isi, abemeze iby'icyaha n'ibyo gukiranuka n'iby'amateka;


“Nuko mumenye yuko abanyamahanga bohererejwe ako gakiza k'Imana, kandi abo bazakumvira.” [


kandi ubwo turi abana bayo turi n'abaragwa, ndetse turi abaragwa b'Imana, turi abaraganwana Kristo niba tubabarana na we ngo duhānwe ubwiza na we.


ahubwo tumaze kubabarizwa i Filipi no kuhahemurirwa nk'uko mubizi, duhabwa n'Imana yacu gushira amanga ngo tubabwire ubutumwa bwiza bw'Imana turi mu ntambara nyinshi.


Ni cyo gituma tuvuga dushize ubwoba tuti “Uwiteka ni umutabazi wanjye, sinzatinya. Umuntu yabasha kuntwara iki?”


Ntutinye ibyo ugiye kuzababazwa. Dore Satani agiye gushyirisha bamwe muri mwe mu nzu y'imbohe kugira ngo mugeragezwe, kandi muzamara iminsi cumi mubabazwa. Ariko ujye ukiranuka uzageze ku gupfa, nanjye nzaguha ikamba ry'ubugingo.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan