Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 2:4 - Bibiliya Yera

4 Kuko ubwo Imana itababariye abamarayika bakoze icyaha ahubwo ikabajugunya mu mworera, ikababohesha iminyururu y'umwijima ngo barindirwe gucirwa ho iteka,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Abamarayika bakoze ibyaha na bo Imana ntiyabababariye, ahubwo yabaroshye mu nyenga ibafungira mu mwijima baboshye, bategereje gucirwa urubanza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Abamarayika bakoze ibyaha na bo Imana ntiyabababariye, ahubwo yabaroshye mu nyenga ibafungira mu mwijima baboshye, bategereje gucirwa urubanza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Koko rero, Imana ntiyababariye abamalayika bacumuye, ahubwo yaraboretse, ibagabiza umwijima wo mu nyenga y’ikuzimu, kugira ngo bategereze gucirwa urubanza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 2:4
25 Iomraidhean Croise  

Yuko umunyabyaha abikiwe umunsi w'amakuba, Kandi ko bajyanywe mu munsi w'uburakari?


Dore ntabwo yiringira abagaragu bayo, N'abamarayika bayo ibabonamo amafuti,


Iharurira uburakari bwayo inzira, Ntiyakiza ubugingo bwabo urupfu, Ahubwo iha indwara yanduza ubugingo bwabo.


“Wa nyenyeri yo mu ruturuturu we, mwana w'umuseke ko uvuye mu ijuru, ukagwa! Uwaneshaga amahanga ko baguciye bakakugeza ku butaka!


Umwami Uwiteka aravuga ati “Ni ukuri ndirahiye, kuko wahumanishije ubuturo bwanjye bwera ibintu byawe byangwa urunuka n'ibizira byawe byose, ni cyo gituma nanjye ngiye kugutubya, ijisho ryanjye ntirizakureba neza kandi sinzakugirira ibambe.


Ijisho ryanjye ntirizakureba neza, kandi sinzakugirira ibambe, ahubwo nzakugaruraho ibihwanye n'imigenzereze yawe, kandi ibizira byawe bizakubonekaho. Muzamenya yuko ari jye Uwiteka.’ ”


Ijisho ryanjye ntirizakureba neza kandi sinzakugirira ibambe, ahubwo nzakugaruraho ibihwanye n'imigenzereze yawe, kandi ibizira byawe bizakubonekaho. Muzamenya yuko jye Uwiteka ari jye uhana.


“Azabwira n'abari ibumoso ati ‘Nimuve aho ndi mwa bivume mwe, mujye mu muriro w'iteka watunganirijwe Umwanzi n'abamarayika be,


Barataka cyane bati “Duhuriye he, Mwana w'Imana? Mbese uje hano kutwica urupfu n'agashinyaguro, igihe cyacu kitaragera?”


ataka ijwi rirenga ati “Duhuriye he Yesu, Mwana w'Imana Isumbabyose? Nkurahirije Imana, ntunyice urupfu n'agashinyaguro”


Arababwira ati “Nabonye Satani avuye mu ijuru, agwa asa n'umurabyo.


Baramwinginga ngo atabategeka kujya ikuzimu.


Mukomoka kuri so Satani, kandi ibyo so ararikira ni byo namwe mushaka gukora. Uwo yahereye kera kose ari umwicanyi, kandi ntiyahagaze mu by'ukuri kuko ukuri kutari muri we. Navuga ibinyoma, aravuga ibye ubwe kuko ari umunyabinyoma, kandi ni se w'ibinyoma.


kuko ubwo Imana itababariye amashami ya kavukire, nawe ntizakubabarira.


Mbese ubwo itimanye Umwana wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n'ibindi byose?


Uwiteka azamurobanurira mu miryango y'Abisirayeli yose, kugira ibyago bihwanye n'imivumo yose yo mu isezerano ryanditswe muri iki gitabo cy'amategeko.


nyamara abamarayika nubwo barusha abo bantu imbaraga n'ubushobozi, ntibahangāra kurega abo banyacyubahiro ku Mwami Imana babatuka.


kandi ubwo itababariye isi ya kera, ahubwo ikarokorana Nowa umubwiriza wo gukiranuka n'abandi barindwi gusa, ubwo yatezaga isi y'abatubaha Imana umwuzure,


Umwami Imana izi gukiza abayubaha ibibagerageza, no kurindira abakiranirwa kugeza ku munsi w'amateka ngo bahanwe,


Ukora ibyaha ni uwa Satani, kuko uhereye mbere na mbere Satani akora ibyaha. Ibyo Umwana w'Imana yerekaniwe ni ibi: ni ukugira ngo amareho imirimo ya Satani.


Ni umuraba wo mu nyanja ushēga, babira ifuro ari ryo ibiteye isoni byabo, ni inyenyeri zizerera zibikiwe umwijima w'icuraburindi iteka ryose.


N'abamarayika batarinze ubutware bwabo ahubwo bakareka ubuturo bwabo, ibarindira mu minyururu idashira no mu mwijima w'icuraburindi kugira ngo bacirwe ho iteka ku munsi ukomeye.


kandi Satani wabayobyaga ajugunywe muri ya nyanja yaka umuriro n'amazuku, irimo ya nyamaswa na wa muhanuzi w'ibinyoma. Bazababazwa ku manywa na nijoro iteka ryose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan