Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




2 Petero 2:3 - Bibiliya Yera

3 Kandi irari ryabo rizabatera gushaka indamu kuri mwe bababwiye amagambo y'amahimbano, ariko iteka baciriwe ho uhereye kera ntirizatinda, no kurimbuka kwabo ntiguhunikira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Kubera irari ryabo abo bigishabinyoma bazababwira amagambo bihimbiye bashaka kurya utwanyu. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwarateguwe, kandi kurimbuka bagenewe kuregereje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Kubera irari ryabo abo bigishabinyoma bazababwira amagambo bihimbiye bashaka kurya utwanyu. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwarateguwe, kandi kurimbuka bagenewe kuregereje.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ubugugu bwabo buzabatera kubashakaho inyungu, babarye imitsi, babashukisha akarimi keza. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwaraciwe, n’ubucibwe bwabo ntiburi kure.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




2 Petero 2:3
43 Iomraidhean Croise  

Ni ukuri mwafindira impfubyi, N'incuti yanyu mwayigura.


Wankijije imirwano y'abantu, Wangize umutware w'amahanga, Ishyanga ntigeze kumenya ryarankoreye.


Mubwire Imana muti “Imirimo yawe ko iteye ubwoba, Imbaraga zawe nyinshi zizatuma abanzi bawe bose bakugomokera, Bakagushyeshya.


Natsinda ababisha babo vuba, Nahīndurira ukuboko kwanjye ku babarwanya.


bakavuga bati “Ngaho natebuke, agire vuba umurimo we tuwurebe, n'umugambi w'Uwera wa Isirayeli wigire hano, uze tuwumenye.”


Ni koko ni imbwa z'ibisambo zidahaga, ni abungeri batabasha kumenya, bose bateshuka inzira bajya mu yabo ubwabo, umuntu wese yishakira indamu mu buryo bwose.


Umuto azagwira abe mo igihumbi, uworoheje azaba ishyanga rikomeye. Jyewe Uwiteka nzabitebutsa igihe cyabyo nigisohora.”


Kuko uhereye ku muto ukageza ku mukuru wo muri bo umuntu wese yitanze gushaka indamu mbi, uhereye ku muhanuzi ukageza ku mutambyi, umuntu wese akora iby'uburiganya.


Ni cyo gituma abagore babo ngiye kubaha abandi, n'imirima yabo nzayiha abazayizungura, kuko uhereye ku muto ukageza no ku mukuru bose bihaye gushaka indamu mbi, uhereye ku muhanuzi ukageza no ku mutambyi bose bakora iby'uburiganya.


Kandi mwangayishije mu bwoko bwanjye ku bw'ingemu z'amashyi ya sayiri n'intore z'umutsima, kugira ngo mwice ubugingo butari bukwiriye gupfa, murokore ubugingo butari bukwiriye kurokorwa, mu buryo bushuka ubwoko bwanjye butegera amatwi ibinyoma.’ ”


Abatware baho bacira imanza impongano, n'abatambyi baho bigishiriza ibihembo, n'abahanuzi baho baragurira ingemu, nyamara bisunga Uwiteka bakavuga bati “Mbese Uwiteka ntari muri twe? Nta kibi kizatuzaho.”


Imana yaje iturutse i Temani, N'Iyera iturutse ku musozi Parani. Sela. Ubwiza bwayo bwakwiriye ijuru, Kandi isi yuzuye gusingizwa kwayo.


Icyampa hakagira uwo muri mwe ukinga inzugi, mukarorera gucanira ku gicaniro cyanjye ubusa! Simbishimira na hato, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, kandi sinzemera ituro muntuye.


Mwebwe banditsi n'Abafarisayo, mwa ndyarya mwe, muzabona ishyano kuko murya ingo z'abapfakazi, kandi mugakomeza kuvuga amasengesho y'urudaca muryarya. Ni cyo gituma muzacirwa ho iteka riruta ayandi.]


Ndababwira yuko izazirengera vuba. Ariko Umwana w'umuntu naza, mbese azasanga kwizera kukiri mu isi?”


Baramugenza, batuma abatasi bigize nk'abakiranutsi ngo bakūre impamvu mu byo avuga, bahereko babone uko bamushyīra Umutegeka, na we amucire urubanza.


Akibivuga haza igitero kizanywe n'uwitwa Yuda, umwe muri abo cumi na babiri akigiye imbere. Nuko Yuda uwo yegera Yesu ngo amusome.


ati “Nimukureho bino, mureke guhindura inzu ya Data iguriro.”


kuko abameze batyo atari imbata z'Umwami wacu Kristo, ahubwo ari iz'inda zabo, kandi imitima y'abatagira uburiganya bayohesha amagambo meza n'ibyo kubanezeza.


Ni twe kuko tutameze nka benshi bagoreka Ijambo ry'Imana, ahubwo tumeze nk'abatariganya batumwe n'Imana, bakavuga ibya Kristo imbere yayo.


Ntuzagoreke urubanza rw'umusuhuke w'umunyamahanga cyangwa urw'impfubyi, kandi umwambaro w'umupfakazi ntukawumwake ho ingwate.


Guhōra no kwitura ni ibyanjye, Ubwo ibirenge byabo bizadandabirana. Kuko umunsi w'ibyago byabo uri bugufi, Kandi ibigiye kubazaho bizatebuka.”


Ntitwigeze kuvuga ijambo ryo gushyeshya nk'uko mubizi, cyangwa ngo tugire urwiyerurutso rwo kwifuza inyungu muri mwe. Imana ni yo dutanze ho umugabo.


Ubwo bazaba bavuga bati “Ni amahoro nta kibi kiriho”, ni bwo kurimbuka kuzabatungura nk'uko ibise bitungura umugore utwite, kandi ntibazabasha kubikira na hato.


utari umunywi wa vino cyangwa umunyarukoni, ahubwo abe umugwaneza utarwana, utari umukunzi w'impiya,


Kandi n'abadiyakoni na bo ni uko: bakwiriye kuba abitonda, batari intereganya cyangwa abamenyereye vino nyinshi bakifuza indamu mbi,


n'impaka z'abantu bononekaye ubwenge bakamyemo ukuri, bibwira yuko kubaha Imana ari inzira yo kubona indamu.


bakwiriye kuzibwa iminwa kuko hariho imiryango y'abantu bubika bakayimaraho, bigishiriza ibidakwiriye kugira ngo babone indamu mbi.


Kuko umwepisikopi akwiriye kutabaho umugayo nk'uko bikwiriye igisonga cy'Imana, kandi ntakwiriye kuba icyigenge cyangwa ikirara, cyangwa umunywi w'inzoga cyangwa umunyarukoni cyangwa uwifuza indamu mbi,


Ni ibuye risitaza n'urutare rugusha.” Basitara ku ijambo ry'Imana ntibaryumvire kandi ari bo ryagenewe.


Muragire umukumbi w'Imana wo muri mwe mutawurinda nk'abahatwa, ahubwo muwurinde mubikunze nk'uko Imana ishaka atari ku bwo kwifuza indamu mbi, ahubwo ku bw'umutima ukunze


Burya ntitwakurikije imigani yahimbwe n'ubwenge, ubwo twabamenyeshaga imbaraga z'Umwami wacu Yesu Kristo no kuzaza kwe, ahubwo twiboneye n'amaso yacu icyubahiro cye gikomeye,


Ariko nk'uko hariho abahanuzi b'ibinyoma badutse mu bwoko bw'Abisirayeli, ni ko no muri mwe hazabaho abigisha b'ibinyoma, bazazana rwihereranwa inyigisho zirema ibice zitera kurimbuka, ndetse bazihakana na Shebuja wabacunguye bizanire kurimbuka gutebutse.


Umwami Imana izi gukiza abayubaha ibibagerageza, no kurindira abakiranirwa kugeza ku munsi w'amateka ngo bahanwe,


Bazabona ishyano kuko bagendeye mu nzira ya Kayini, bagahomboka birukanka batirinda, bakiroha mu cyaha cya Balāmu bohejwe n'ibiguzi, bakarimbukira mu bugome bwa Kōra.


kugira ngo agirire bose ibihura n'amateka baciriwe ho, no kwemeza abatubaha Imana bose ukuri kw'imirimo yose yo kutubaha Imana bakoze batubaha Imana, n'amagambo yose akomeye abanyabyaha batubaha Imana bayitutse.”


Abo ni abitotomba n'ababubura bagenda bakurikiza irari ryabo, akanwa kabo kavuga amagambo atumbyemo agasuzuguro, bubahira abantu kubakuraho indamu.


Kuko hariho bamwe baseseye muri mwe rwihishwa bagenewe kera gucirwa ho iteka: ni abantu batubaha Imana, bahindura ubuntu bw'Imana yacu isoni nke, bakihakana Yesu Kristo ari we wenyine Databuja n'Umwami wacu.


Kandi n'i Sodomu n'i Gomora n'imidugudu yari ihereranye na ho, kuko abaho na bo bitanze bakiha ubusambanyi no kwendana mu buryo imibiri itaremewe, iyo midugudu yashyiriweho kuba akabarore ihanwa n'umuriro utazima.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan