Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Samweli 10:3 - Bibiliya Yera

3 Maze nutirimuka aho ukagera ku giti cy'umwela w'i Tabora, urahurirayo n'abagabo batatu bazamuka bashengerera Imana i Beteli, umwe ahetse abana b'ihene batatu, undi yikoreye amarobe atatu y'imitsima, undi yikoreye imvumba ya vino.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Nyuma urakomeza urugendo ugere ku giti cy'inganzamarumbu cy'i Taboru, urahahurira n'abagabo batatu bagiye gusenga Imana i Beteli. Umwe araba atwaye abana b'ihene batatu, undi afite imigati itatu, n'undi wikoreye uruhago rw'uruhu rurimo divayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Nyuma urakomeza urugendo ugere ku giti cy'inganzamarumbu cy'i Taboru, urahahurira n'abagabo batatu bagiye gusenga Imana i Beteli. Umwe araba atwaye abana b'ihene batatu, undi afite imigati itatu, n'undi wikoreye uruhago rw'uruhu rurimo divayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nutirimuka aho ngaho, uzagera ku giti cy’umushishi w’i Taboru. Uzahahurira n’abagabo batatu bazamuka bajya gusenga Imana i Beteli, umwe azaba ahetse abana b’ihene batatu, undi atwaye imigati itatu, naho uwa gatatu yikoreye uruhago rw’uruhu rurimo divayi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Samweli 10:3
22 Iomraidhean Croise  

Aho hantu ahita Beteli, ariko mbere uwo mudugudu witwaga Luzi.


n'iri buye nshinze nk'inkingi izaba inzu y'Imana, kandi ku byo uzajya umpa byose, sinzabura kuguha kimwe mu icumi.”


Imana ibwira Yakobo iti “Haguruka uzamuke, ujye i Beteli utureyo, wubakireyo igicaniro Imana yakubonekeye, ubwo wahungaga Esawu mwene so.”


duhaguruke tuzamuke tujye i Beteli, nanjye nzubakirayo igicaniro Imana, yanyumviye ku munsi w'umubabaro wanjye, kandi yagendanaga nanjye mu nzira nagenzemo.”


Ijuru ni iryawe, isi na yo ni iyawe, Isi n'ibiyuzuye ni wowe wabishimangiye.


Bukeye Hanamēli mwene data wacu ansanga mu gikari cy'inzu y'imbohe, nk'uko ijambo ry'Uwiteka ryari riri arambwira ati ‘Ndakwinginga, ugure umurima wanjye uri muri Anatoti mu gihugu cya Benyamini, kuko ari wowe ubasha kuwuzungura kandi ubutware bwo kuwugura ari wowe ubufite, uwigurire.’ Nuko menya ko rya jambo ryavuye ku Uwiteka.


“Kandi natamba igitambo cyo koswa cyo mu mukumbi, intama cyangwa ihene, atambe isekurume idafite inenge.


Kandi ituro ry'ifu rituranwa na cyo, rijye riba ibice bya cumi bibiri bya efa y'ifu y'ingezi ivanzwe n'amavuta ya elayo, ribe ituro riturwa Uwiteka rigakongorerwa n'umuriro kuba impumuro nziza, ituro ry'ibyokunywa rituranwa na cyo rijye riba igice cya kane cya hini ya vino.


“Kandi umuntu natamba ihene ayitambire imbere y'Uwiteka,


“Kandi natambira Uwiteka igitambo cy'uko ari amahoro cyo mu mikumbi, cy'isekurume cyangwa cy'umwagazi, agitambe kidafite inenge.


Utwo dutsima atwongereho n'imitsima yasembuwe, abiturane n'igitambo cy'uko ari amahoro, atambira gushima Uwiteka.


Uhereye i Sarida rugakebereza iburasirazuba rukagera mu rugabano rwa Kisilotitabora, rukagarukira i Daberati rukazamuka rugera i Yafiya.


maze urugabano rukagarukira i Tabora n'i Shahazuma n'i Betishemeshi, kandi iherezo ry'urugabano rwabo ryari Yorodani. Yose ni imidugudu cumi n'itandatu hamwe n'ibirorero byayo.


Nuko Abisirayeli barahaguruka bajya i Beteli, bagisha Imana inama barabaza bati “Ni nde uzatubanziriza kurwana n'Ababenyamini?” Uwiteka arabasubiza ati “Abayuda ni bo bazabanzayo.”


Abisirayeli barazamuka baririra imbere y'Uwiteka kugeza nimugoroba, babaza Uwiteka bati “Twongere kurwana n'Ababenyamini bene wacu?” Uwiteka arabasubiza ati “Nimwongere mubatere.”


Maze Abisirayeli bagisha Uwiteka inama. (Kandi muri iyo minsi isanduku y'isezerano ry'Uwiteka yari ihari,


Nuko Sisera amenya yuko Baraki mwene Abinowamu azamutse, agiye ku musozi w'i Tabora.


Nuko atumira Baraki mwene Abinowamu i Kedeshi y'i Nafutali, aramubwira ati “Uwiteka Imana y'Abisirayeli yagutegetse ngo ‘Genda ukoranyirize i Tabora abantu inzovu imwe, abo mu Banafutali n'abo mu Bazebuluni.


Aherako abaza Zeba na Salumuna ati “Mbese abantu mwiciye i Tabora basaga bate?” Baramusubiza bati “Basaga nawe. Umuntu wese muri bo yasaga n'umwana w'umwami.”


Barakuramutsa baguhe amarobe abiri, uyakire.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan