Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 5:8 - Bibiliya Yera

8 Mwirinde ibisindisha mube maso, kuko umurezi wanyu Satani azerera nk'intare yivuga ashaka uwo aconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Mwirinde gutegekwa n'inda kandi mube maso, kuko umwanzi wanyu Satani akora hirya no hino nk'intare itontoma ishaka uwo iconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Mwirinde gutegekwa n'inda kandi mube maso, kuko umwanzi wanyu Satani akora hirya no hino nk'intare itontoma ishaka uwo iconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Murabe maso, mumenye kwiramira, kuko umwanzi wanyu Sekibi ariho azerera nk’intare itontoma, ashaka uwo yaconshomera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 5:8
61 Iomraidhean Croise  

Esiteri aramusubiza ati “Umwanzi wacu uturenganya ni uyu mugome Hamani.” Hamani agirira ubwoba imbere y'umwami n'umwamikazi.


Uwiteka abaza Satani ati “Uturutse he?” Satani asubiza Uwiteka ati “Mvuye gutambagira isi no kuyizereramo.”


Imigunzu y'intare yivugira umuhīgo wayo, Ku Mana ni ho ishakira ibyokurya byayo.


Umutwarishe umunyabyaha, Umurezi ahagarare iburyo bwe.


Uburakari bw'umwami bumera nk'ubw'intare itontoma, Ariko ineza ye ni nk'ikime gitonze ku bwatsi.


Igitinyiro cy'umwami ni nk'icy'intare yivuga, Umurakaje aba agiriye amagara ye nabi.


Umutware mubi utwara ubwoko bukennye, Ameze nk'intare itontoma n'idubu rihiga.


Untsindishiriza ari hafi, ni nde uzamburanya? Duhagarare twembi, umurezi wanjye ni nde? Nanyegere.


Ibyana by'intare byaramutontomeye birivuga, kandi byahinduye igihugu cye umwirare, imidugudu ye yarahiye ari nta muturage ukiyirimo.


Bazatontomera icyarimwe nk'intare, bazakankama nk'imigunzu y'intare.


Nuko umenya amanyumba yabo wubika imidugudu yabo, igihugu gihinduka amatongo n'inkenja yacyo irashira, bitewe no gutontoma kwawo.


Abahanuzi bacyo bakigiriyemo ubugambanyi, nk'uko intare itontoma igiye mu muhigo bamize ubugingo bw'abantu, ubutunzi n'ibintu by'igiciro cyinshi barabitwaye, bapfakaje benshi muri cyo.


Umwami aherako anezerwa cyane, ategeka ko bakura Daniyeli mu rwobo. Nuko bamukuramo basanga nta cyo yabaye, kuko yari yiringiye Imana ye.


“Bazakurikira Uwiteka, azivuga nk'intare, ni ukuri azivuga. Abana bazaza bahinda umushyitsi bavuye iburengerazuba.


nzabatera meze nk'idubu yambuwe ibibwana byayo, nzacagagura inkanizo z'umutima wabo, kandi nzahabaconshomerera nk'intare y'ingore, inyamaswa z'inkazi zizabatanyagura.


Aravuga ati “Uwiteka azivuga ari i Siyoni, arangurure ijwi rye ari i Yerusalemu, kandi ibyanya by'abashumba bizasigara biganya, n'impinga z'i Karumeli zizuma.”


Intare yatontomera mu ishyamba idafite umuhigo? Umugunzu w'intare warurumira mu buvumo bwawo ari nta cyo ufashe?


Intare iyo itontomye hari udatinya? Uwiteka Imana yaravuze. Ni nde warorera guhanura?


Umva ijwi ry'induru y'abashumba kuko icyubahiro cyabo cyangiritse, umva ijwi ry'imigunzu y'intare yivuga kuko ubwibone bwa Yorodani bwangiritse.


Maze anyereka Yosuwa umutambyi mukuru ahagaze imbere ya marayika w'Uwiteka, na Satani ahagaze iburyo bwe ngo amurege.


umwanzi warubibye ni Umwanzi, isarura ni imperuka y'isi, abasaruzi ni abamarayika.


“Nuko mube maso kuko mutazi umunsi Umwami wanyu azazaho.


“Azabwira n'abari ibumoso ati ‘Nimuve aho ndi mwa bivume mwe, mujye mu muriro w'iteka watunganirijwe Umwanzi n'abamarayika be,


Maze Yesu ajyanwa n'Umwuka mu butayu kugeragezwa n'umwanzi,


Umwanzi aherako aramureka, maze haza abamarayika baramukorera.


Izo mu nzira aho iryo jambo ribibwa, abo ni bo bamara kumva, uwo mwanya Satani akaza agakuramo iryo jambo ryabibwe muri bo.


“Ariko mwirinde, imitima yanyu ye kuremererwa n'ivutu no gusinda n'amaganya y'iyi si, uwo munsi ukazabatungura,


Nuko rero mujye muba maso, musenge iminsi yose kugira ngo mubone kurokoka ibyo byose byenda kubaho, no guhagarara imbere y'Umwana w'umuntu.”


Kandi Umwami Yesu aravuga ati “Simoni, Simoni, dore Satani yabasabye kugira ngo abagosore nk'amasaka,


Mukomoka kuri so Satani, kandi ibyo so ararikira ni byo namwe mushaka gukora. Uwo yahereye kera kose ari umwicanyi, kandi ntiyahagaze mu by'ukuri kuko ukuri kutari muri we. Navuga ibinyoma, aravuga ibye ubwe kuko ari umunyabinyoma, kandi ni se w'ibinyoma.


kugira ngo Satani atagira icyo adutsindisha kuko tutayobewe imigambi ye.


kandi ntimubererekere Satani.


Mwambare intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe guhagarara mudatsinzwe n'uburiganya bwa Satani.


Nyamara abagore bazakizwa mu ibyara nibakomeza kwizera, bakagira urukundo no kwera, bakirinda.


Kandi n'abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y'igiciro cyinshi,


N'abadiyakonikazi na bo ni uko: babe abitonda, abatabeshyera abandi, abadakunda ibisindisha, bakiranuka muri byose.


Nuko umwepisikopi akwiriye kuba inyangamugayo, no kuba umugabo w'umugore umwe, abe udakunda ibisindisha wirinda, ugira gahunda mu kubaho kwe, ukunda gucumbikira abashyitsi, ufite ubwenge bwo kwigisha,


Nyamara Umwami wacu yarampagarikiye arankomeza, kugira ngo ubutumwa bubwirizwe n'akanwa kanjye butagabanije, abanyamahanga bose babwumve. Nuko nkira akanwa k'intare.


ahubwo abe ukunda gucumbikira abashyitsi, ukunda ibyiza, udashayisha, ukiranuka, wera, wirinda,


butwigisha kureka kutubaha Imana n'irari ry'iby'isi, bukatwigisha kujya twirinda, dukiranuka, twubaha Imana mu gihe cya none


Uhugure abasaza kugira ngo be gukunda ibisindisha, bitonde, badashayisha, babe bazima mu byo kwizera n'urukundo no kwihangana.


kugira ngo batoze abagore bato gukunda abagabo babo n'abana babo,


N'abasore ni uko ubahugure kudashayisha,


Nuko rero mugandukire Imana ariko murwanye Satani, na we azabahunga.


Nuko mukenyere mu mitima yanyu, mwirinde ibisindisha, mwiringire rwose impano y'ubuntu muzazanirwa, ubwo Yesu Kristo azahishurwa.


Iherezo rya byose riri bugufi. Nuko mugire ubwenge mwirinda ibisindisha, mubone uko mugira umwete wo gusenga.


Numva ijwi rirenga rivugira mu ijuru riti “Noneho agakiza karasohoye, gasohoranye n'ubushobozi n'ubwami bw'Imana yacu n'ubutware bwa Kristo wayo, kuko Umurezi wa bene Data ajugunywe hasi, wahoraga abarega ku manywa na nijoro imbere y'Imana yacu.


Nuko rero wa juru we, namwe abaribamo nimwishime. Naho wowe wa si we, nawe wa nyanja we, mugushije ishyano kuko Satani yabamanukiye afite umujinya mwinshi, azi yuko afite igihe gito.”


Cya kiyoka kinini kiracibwa, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Umwanzi na Satani, ari cyo kiyobya abari mu isi bose. Nuko kijugunywa mu isi, abamarayika bacyo bajugunyanwa na cyo.


kandi Satani wabayobyaga ajugunywe muri ya nyanja yaka umuriro n'amazuku, irimo ya nyamaswa na wa muhanuzi w'ibinyoma. Bazababazwa ku manywa na nijoro iteka ryose.


Afata cya kiyoka, ari cyo ya nzoka ya kera, ari yo Mwanzi na Satani, akibohera kugira ngo kimare imyaka igihumbi,


Hanyuma y'ibyo Samusoni amanukana na se na nyina bajya i Timuna, bageze mu mizabibu yaho, ahura n'umugunzu w'intare, uramutontomera.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan