Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 5:6 - Bibiliya Yera

6 Nuko mwicishe bugufi muri munsi y'ukuboko gukomeye kw'Imana, kugira ngo ibashyire hejuru mu gihe gikwiriye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Nuko rero mwicishe bugufi imbere y'Imana igira amaboko, kugira ngo izabakuze igihe kigeze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Nuko rero mwicishe bugufi imbere y'Imana igira amaboko, kugira ngo izabakuze igihe kigeze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Nimwicishe bugufi rero mu nsi y’ukuboko kw’Imana kwuje ububasha; kugira ngo igihe nikigera, izabashyire ejuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 5:6
41 Iomraidhean Croise  

“Ubonye uko Ahabu yicishije bugufi imbere yanjye? Kuko yicishije bugufi imbere yanjye sinzamuteza ibyo byago ku ngoma ye, ahubwo nzabiteza inzu ye ku ngoma y'umuhungu we.”


Kuko umutima wawe wari woroheje ubwo wumvaga ibyo navuze kuri aha hantu n'abaturage baho, ko hazahinduka umusaka n'ikivume ukicisha bugufi imbere y'Uwiteka, ugashishimura imyambaro yawe ukandirira imbere, nanjye ndakumvise, ni ko Uwiteka avuze.


Nuko yicishije bugufi, uburakari bw'Uwiteka bumuvaho bituma atamurimbura rwose, kandi n'i Buyuda hari hakirimo ibyiza.


Ariko bamwe bo mu Bashēri no mu Bamanase no mu Bazebuluni bicisha bugufi, baza i Yerusalemu.


Hezekiya abibonye yicisha bugufi yihana ubwibone bwo mu mutima we, ubwe n'abaturage b'i Yerusalemu, bituma uburakari bw'Uwiteka butabageraho ku ngoma ya Hezekiya.


Maze ageze mu makuba yinginga Uwiteka Imana ye, yicishiriza bugufi cyane imbere y'Imana ya ba sekuruza


Kandi no gusenga kwe, n'uko Imana yemeye kumva kwinginga kwe, n'icyaha cye no gucumura kwe, n'ahantu yubatse ingoro akahashyira Ashera n'ibishushanyo bibajwe ubwo yari ataricisha bugufi, ibyo byanditswe mu magambo ya Hozayi.


Ariko ntiyicishiriza bugufi imbere y'Uwiteka nk'uko se Manase yicishaga bugufi, ahubwo Amoni uwo yiyongeranya gucumura.


Akora ibyangwa n'Uwiteka Imana ye, ntiyicishije bugufi imbere y'umuhanuzi Yeremiya, ubwo yamubwiraga ibiva mu kanwa k'Uwiteka.


“Dore Imana ikoresha ibikomeye ububasha bwayo, Umwigisha uhwanye na yo ni nde?


Ariko jyeweho iteka nzajya namamaza ibyo, Nzaririmbira Imana ya Yakobo ishimwe.


Ikasikazi n'ikusi ni wowe waharemye, I Taboru n'i Herumoni hishimira izina ryawe.


Mose na Aroni binjira mu nzu ya Farawo baramubwira bati “Uwiteka, Imana y'Abaheburayo iravuze iti ‘Uzageza he kwanga kwicishiriza bugufi imbere yanjye? Reka ubwoko bwanjye bugende bunkorere.


Kandi nzi yuko umwami wa Egiputa atazabakundira ko mugenda, naho namushyiraho amaboko akomeye.


Mose yinginga Uwiteka Imana ye ati “Uwiteka, ni iki kigurumanishije uburakari bwawe, ukarakarira ubwoko bwawe wakuje mu gihugu cya Egiputa imbaraga nyinshi n'amaboko menshi?


Ubwibone bw'umuntu buzamucisha bugufi, Ariko uwicisha bugufi mu mutima azabona icyubahiro.


Agasuzuguro k'abantu kazacishwa bugufi n'ubwibone bw'abantu buzashyirwa hasi, uwo munsi Uwiteka ni we uzogezwa wenyine,


Igikombe cyose kizuzuzwa kandi umusozi wose n'agasozi bizaringanizwa, n'ahagoramye hazagororwa n'inzira zidaharuwe zizaharurwa.


Nimwumve uko Iyo iri hejuru cyane, ituye ahahoraho ivuga, izina ryayo ni Uwera ikavuga iti “Aho ntuye ni hejuru kandi harera. Mbana n'ufite umutima umenetse wicisha bugufi, kugira ngo mpembure imyuka y'abicisha bugufi, mpembure n'abafite imitima imenetse.


Ubwire umwami n'umugabekazi uti “Nimwicishe bugufi mwicare hasi, kuko ikamba ryarimbishaga imitwe yanyu riguye hasi.


Ndetse kugeza ubu ntibaricisha bugufi, ntibaratinya kandi ntibaragendera mu mategeko yanjye cyangwa mu mateka yanjye, ayo nashyize imbere yanyu n'imbere ya ba sogokuruza.’


Kandi impunzi ze zose zo mu ngabo ze zose zizagushwa n'inkota, na bo abasigaye bazatatanirizwa mu birere byose, namwe muzamenya yuko jye Uwiteka ari jye wabivuze.


Maze ijambo ry'Uwiteka rinzaho riti


“Ariko wowe umwana we Belushazari, ntiwicishije bugufi mu mutima wawe nubwo wamenye ibyo byose,


ari ko kwatumye nanjye nyuranya na bo, nkabazana mu gihugu cy'ababisha babo. Icyo gihe imitima yabo yanduye nk'imibiri itakebwe niyicisha bugufi, bakemeresha imitima ikunze ibihano byazanywe no gukiranirwa kwabo,


Yewe mwana w'umuntu we, yakweretse icyiza icyo ari cyo. Icyo Uwiteka agushakaho ni iki? Ni ugukora ibyo gukiranuka no gukunda kubabarira, no kugendana n'Imana yawe wicisha bugufi.


Uzishyira hejuru azacishwa bugufi, uzicisha bugufi azashyirwa hejuru.


Anyaze abakomeye intebe zabo, Ashyize hejuru aboroheje.


kuko umuntu wese wishyira hejuru azacishwa bugufi, kandi uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.”


Ndababwira yuko uwo muntu yamanutse ajya iwe, ari we utsindishirijwe kuruta wa wundi, kuko uwishyira hejuru azacishwa bugufi, ariko uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.”


Tukiri abanyantegenke, mu gihe gikwiriye Kristo yapfiriye abanyabyaha.


Mbese icyo mushaka ni ugutera Umwami ishyari? Tumurusha amaboko?


Guhōra no kwitura ni ibyanjye, Ubwo ibirenge byabo bizadandabirana. Kuko umunsi w'ibyago byabo uri bugufi, Kandi ibigiye kubazaho bizatebuka.”


witangiye kuba incungu ya bose. Ibyo byahamijwe mu gihe cyabyo,


Ariko mu bihe yatoranije, yumvikanishije ijambo ryayo ubutumwa nahawe nk'uko Imana Umukiza wacu yategetse.


Mwicishe bugufi imbere y'Umwami Imana kuko ari bwo izabashyira hejuru.


Nuko rero mugandukire Imana ariko murwanye Satani, na we azabahunga.


Abahanuzi bahanuye mu izina ry'Umwami Imana mubakureho icyitegererezo cyo kurenganywa no kwihangana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan