Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 3:4 - Bibiliya Yera

4 ahubwo ube uw'imbere uhishwe mu mutima, umurimbo utangirika w'umwuka ufite ubugwaneza n'amahoro ari wo w'igiciro cyinshi mu maso y'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Ahubwo umurimbo wanyu ube uw'imbere mu mutima. Ni umurimbo udasaza w'ubugwaneza n'amahoro, uwo ni wo ufite agaciro gakomeye ku Mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Ahubwo umurimbo wanyu ube uw'imbere mu mutima. Ni umurimbo udasaza w'ubugwaneza n'amahoro, uwo ni wo ufite agaciro gakomeye ku Mana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 ahubwo imirimbire yanyu ibe iy’imbere mu mutima, imirimbire idashanguka y’umutima utuje kandi ukagwa neza, ufite agaciro kanini mu maso y’Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 3:4
40 Iomraidhean Croise  

Ni ukuri nturishije umutima wanjye ndawucecekesheje, Nk'uko umwana w'incuke yigwandika kuri nyina, Umutima wanjye wigwandika muri jye nk'umwana w'incuke.


Uwiteka aramira abanyamubabaro, Acisha abanyabyaha bugufi akabageza hasi.


Kuko Uwiteka anezererwa abantu be, Azarimbishisha abanyamubabaro agakiza.


Abicisha bugufi azabayobora mu byo gukiranuka, Abicisha bugufi azabigisha inzira ye.


Kandi umukobwa w'i Tiro azazana impano, Kandi abatunzi bo mu bantu bazagusaba kubahakirwa.


Ni wowe, ni wowe ubwawe nacumuyeho, Nakoze icyangwa n'amaso yawe. Byabereye bityo kugira ngo uboneke ko ukiranuka nuvuga, Kandi uboneke ko uboneye nuca urubanza.


Ahubwo azacira abakene imanza zitabera, n'abagwaneza bo mu isi azabategekesha ukuri, kandi isi azayikubitisha inkoni yo mu kanwa ke, n'abanyabyaha azabicisha umwuka unyura mu minwa ye.


Kandi abagwaneza na bo bazagwiza umunezero wo kunezererwa mu Uwiteka, n'abakene bo mu bantu bazishimira Uwera wa Isirayeli.


Nimwumve uko Iyo iri hejuru cyane, ituye ahahoraho ivuga, izina ryayo ni Uwera ikavuga iti “Aho ntuye ni hejuru kandi harera. Mbana n'ufite umutima umenetse wicisha bugufi, kugira ngo mpembure imyuka y'abicisha bugufi, mpembure n'abafite imitima imenetse.


Umwuka w'Umwami Imana ari kuri jye, kuko Uwiteka yansīze amavuta ngo mbwirize abagwaneza ubutumwa bwiza, yantumye kuvura abafite imvune mu mutima no kumenyesha imbohe ko zibohowe, no gukingurira abari mu nzu y'imbohe.


Ijambo umuhanuzi Yeremiya yategetse Seraya mwene Neriya mwene Mahaseya, igihe yajyanaga na Sedekiya umwami w'u Buyuda i Babuloni, mu mwaka wa kane wo ku ngoma ye. Seraya uwo yari umutware w'abashashi.


Mwemere kuba abagaragu banjye munyigireho, kuko ndi umugwaneza kandi noroheje mu mutima, namwe muzabona uburuhukiro mu mitima yanyu,


“Mubwire umukobwa w'i Siyoni muti ‘Dore umwami wawe aje aho uri, Ari uw'ineza ahetswe n'indogobe, N'icyana cy'indogobe.’ ”


Wa Mufarisayo uhumye we, banza woze imbere y'igikombe n'imbehe, inyuma yabyo habone kuba heza.


Hahirwa abagwa neza, Kuko ari bo bazahabwa isi.


Mwa bapfu mwe, iyaremye inyuma si yo yaremye no mu nda?


Arababwira ati “Mwebwe mukunda kwigira abakiranutsi imbere y'abantu ariko Imana izi imitima yanyu, kuko icyogejwe imbere y'abantu ari ikizira mu maso y'Imana.


maze ubwiza bw'Imana idapfa babuhindura ibishushanyo by'abantu bapfa, n'iby'ibiguruka, n'iby'ibigenza amaguru ane, n'iby'ibikururuka.


Ahubwo Umuyuda wo mu mutima ni we Muyuda, kandi gukebwa ko mu mutima n'umwuka kutari uk'umubiri, ni ko gukebwa nyakuri. Umeze atyo ntashimwa n'abantu, ahubwo ashimwa n'Imana.


Kandi tumenye iki, yuko umuntu wacu wa kera yabambanywe na we, kugira ngo umubiri w'ibyaha ukurweho, twe kugumya kuba imbata z'ibyaha,


Nishimira amategeko y'Imana mu mutima wanjye,


Jyewe Pawulo ubwanjye ndabinginga ku bw'ubugwaneza n'ineza bya Kristo, ni jye woroheje muri mwe imbere yanyu, ariko iyo ntari kumwe namwe ndabatinyuka.


Ni cyo gituma tudacogora, kandi nubwo umuntu wacu w'inyuma asāza, umuntu wacu w'imbere ahora ahinduka mushya uko bukeye,


no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.


mwicisha bugufi rwose, mufite ubugwaneza bwose no kwihangana, mwihanganirana mu rukundo,


Nuko nk'uko bikwiriye intore z'Imana zera kandi zikundwa, mwambare umutima w'imbabazi n'ineza, no kwicisha bugufi n'ubugwaneza no kwihangana,


kuko mwapfuye kandi ubugingo bwanyu bukaba bwarahishanywe na Kristo mu Mana.


kandi mugire umwete wo gutuza mutari ba kazitereyemo, mukoreshe amaboko yanyu nk'uko twabategetse,


Nuko rero abameze batyo turabategeka tubihanangiririza mu Mwami Yesu Kristo, gukorana ituza ngo babone uko barya ibyokurya byabo ubwabo.


ariko cyane cyane abami n'abatware bose kugira ngo duhore mu mahoro tutabona ibyago, twubaha Imana kandi twitonda rwose.


agahanisha ubugwaneza abamugisha impaka ngo ahari nibishoboka, Imana ibahe kwihana ngo bamenye ukuri,


batagira uwo basebya, batarwana, ahubwo bagira ineza, berekana ubugwaneza bwose ku bantu bose.


Ubwo bimeze bityo mwiyambure imyanda yose n'ububi busāze, mwakirane ubugwaneza ijambo ryatewe muri mwe ribasha gukiza ubugingo bwanyu.


kuko mwabyawe ubwa kabiri, mutabyawe n'imbuto ibora ahubwo mwabyawe n'imbuto itabora, mubiheshejwe n'ijambo ry'Imana rizima rihoraho.


ahubwo mwubahe Kristo mu mitima yanyu ko ari we Mwami, kandi mube mwiteguye iteka gusubiza umuntu wese ubabajije impamvu z'ibyiringiro mufite, ariko mufite ubugwaneza, mwubaha


Ariko Uwiteka abwira Samweli ati “Nturebe mu maso he cyangwa ikirere cye ko ari kirekire namugaye, kuko Uwiteka atareba nk'uko abantu bareba. Abantu bareba ubwiza bugaragara, ariko Uwiteka we areba mu mutima.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan