Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 2:1 - Bibiliya Yera

1 Nuko mwiyambure igomwa ryose n'uburiganya bwose, n'uburyarya n'ishyari no gusebanya kose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Nuko rero nimwivaneho icyitwa ubugizi bwa nabi n'uburiganya bwose, uburyarya n'ishyari n'ugusebanya kose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Nuko rero nimwivaneho icyitwa ubugizi bwa nabi n'uburiganya bwose, uburyarya n'ishyari n'ugusebanya kose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Nuko rero nimwitandukanye n’icyitwa ubugome n’ubuhendanyi bwose, icyitwa uburyarya, ishyari n’ubuzimuzi cyose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 2:1
50 Iomraidhean Croise  

“Kandi abatubaha Imana mu mitima yabo bibikira uburakari, Iyo ibaboshye ntibarushya batabaza.


Hahirwa umuntu Uwiteka atabaraho gukiranirwa, Umutima we ntubemo uburiganya.


Ni nde ushaka ubugingo, Agakunda kurama kugira ngo azabone ibyiza?


Zaburi ya Dawidi. Ntuhagarikwe umutima n'abakora ibyaha, Kandi ntugirire ishyari abakiranirwa.


Kuko nagiriraga ishyari abibone, Ubwo narebaga abanyabyaha baguwe neza.


Umutima utuje ni wo bugingo bw'umubiri, Ariko ishyari ni nk'ikimungu kiri mu magufwa.


Ntukagirire abantu babi ishyari, Kandi ntukifuze kubana na bo,


Ntugahagarikwe umutima n'inkozi z'ibibi, Ntukifuze iby'abanyabyaha,


Ntukagirire umunyarugomo ishyari, Mu nzira ze ntugire n'imwe ukurikiza,


Uwo munsi abantu bazajugunya ibishushanyo byabo bisengwa by'ifeza n'iby'izahabu, byacuriwe gusengwa, babijugunyire imbeba n'ubucurama,


Kandi muzahumanya ifeza itewe ku bishushanyo byawe bibajwe, n'izahabu zitewe ku bishushanyo byawe biyagijwe. Uzabijugunya rwose nk'ikintu gihumanye ukibwire uti “Hoshi, vaho.”


Mwa ndyarya mwe, Yesaya yahanuye ibyanyu neza ati


Ni ko muri namwe, inyuma mugaragarira abantu muri abakiranutsi, ariko mu mutima mwuzuye uburyarya n'ubugome.


amucemo kabiri amuhanane n'indyarya. Ni ho bazaririra bakahahekenyera amenyo.


Wa ndyarya we, banza wikuremo umugogo uri mu ryawe jisho, kuko ari bwo wabona uko utokora agatotsi mu jisho rya mwene so.


Tuwutange cyangwa turorere?” Ariko amenya uburyarya bwabo arababaza ati “Mungeragereza iki? Nimunzanire idenariyo nyirebe.”


Muzabona ishyano kuko mumeze nk'ibituro bitagaragara, abantu bakabigendaho batabizi!”


Muri icyo gihe abantu ibihumbi byinshi bateranira aho ari, ndetse bigeza aho bakandagirana. Nuko abwira abigishwa be ati “Mubanze mwirinde umusemburo w'Abafarisayo ari wo buryarya,


Wabasha ute kubwira mwene so uti ‘Mwene data, henga ngutokore agatotsi kari mu jisho ryawe’, nawe nturebe umugogo uri mu ryawe? Wa ndyarya we, banza wikuremo umugogo uri mu jisho ryawe, abe ari ho ubona uko utokora agatotsi kari mu jisho rya mwene so.


Yesu abona Natanayeli aza aho ari amuvugaho ati “Dore Umwisirayeli nyakuri, udafite uburiganya.”


Buzuye gukiranirwa kose n'ububi, no kurarikira n'igomwa, buzuye n'ishyari n'ubwicanyi, n'intonganya n'ubugambanyi no gukina ku mubyimba, no gusebaniriza mu byongorerano,


Bene Data, ntimube abana bato ku bwenge, ahubwo mube abana b'impinja ku bibi, ariko ku bwenge mube bakuru.


Nuko rero tujye tuziririza iminsi mikuru tudafite umusemburo wa kera, cyangwa umusemburo ari wo gomwa n'ibibi, ahubwo tugire imitsima idasembuwe ari yo kuri no kutaryarya.


Kuko ntinya yuko ubwo nzaza ahari nzasanga mumeze uko ntashaka, nanjye mugasanga meze uko mudashaka. Kandi ndatinya yuko ahari hazabaho intonganya n'ishyari, n'umujinya no kwirema ibice, no gusebanya no kuneguranira mu byongorerano, no kwihimbariza ubusa no kuvurungana.


Gusharira kose n'uburakari n'umujinya n'intonganya, no gutukana hamwe n'igomwa ryose bibavemo.


Kuko guhugura kwacu atari uko kuyobya, kutava mu byanduye kandi kukaba atari uko kuriganya,


N'abadiyakonikazi na bo ni uko: babe abitonda, abatabeshyera abandi, abadakunda ibisindisha, bakiranuka muri byose.


N'abakecuru ni uko ubabwire bifate nk'uko bikwiriye abera batabeshyera abandi, badatwarwa umutima n'inzoga nyinshi, bigisha ibyiza


Nuko natwe ubwo tugoswe n'igicucu cy'abahamya bangana batyo, twiyambure ibituremerera byose n'icyaha kibasha kutwizingiraho vuba, dusiganirwe aho dutegekwa twihanganye


Ubwo bimeze bityo mwiyambure imyanda yose n'ububi busāze, mwakirane ubugwaneza ijambo ryatewe muri mwe ribasha gukiza ubugingo bwanyu.


Ariko niba muhorana amakimbirane akaze mu mitima yanyu mugahorana intonganya, ntimukabyiratane ngo mubeshyere ukuri.


Bene Data, ntimugasebanye. Usebya mwene se cyangwa agacira mwene se urubanza aba asebya amategeko, kandi ni yo aba aciriye urubanza. Ariko nucira amategeko urubanza ntuba uyashohoje, ahubwo uba ubaye umucamanza.


Mbese mutekereza yuko ibyanditswe bivugira ubusa ngo “Umwuka uba muri twe urararikira ukagira n'ishyari”?


Ntimwitotombane bene Data, mudacirwa ho iteka dore umucamanza ahagaze ku rugi.


mumeze nk'ab'umudendezo koko, ariko uwo mudendezo mutawutwikiriza ibibi ahubwo mugenze nk'imbata z'Imana.


Nta cyaha yakoze, nta n'uburiganya bwabonetse mu kanwa ke:


Kuko byanditswe ngo “Ushaka gukunda ubugingo, No kubona iminsi myiza, Abuze ururimi rwe rutavuga ikibi, N'iminwa ye itavuga iby'uburiganya.


ngo ahereko amare iminsi isigaye akiri mu mubiri atakigengwa n'irari rya kamere y'abantu, ahubwo akora ibyo Imana ishaka.


Basigaye batangazwa n'uko muri ibyo mudafatanya na bo gushayisha no gukabya ubukubaganyi nka bo bakabasebya,


Mu kanwa kabo ntihabonetsemo ibinyoma, kuko ari abaziranenge.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan