Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




1 Petero 1:6 - Bibiliya Yera

6 Ni cyo gituma mwishima, nubwo ahari mukwiriye kumara igihe gito mubabazwa n'ibibagerageza byinshi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ni byo bibatera guhimbarwa, nubwo ubusanzwe mwagombaga kumara igihe gito mushavuzwa n'ibigeragezo bitari bimwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ni byo bibatera guhimbarwa, nubwo ubusanzwe mwagombaga kumara igihe gito mushavuzwa n'ibigeragezo bitari bimwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Nimwishime kandi munezerwe, kabone n’ubwo mukigomba mu gihe gito kubabazwa n’amagorwa y’amoko yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




1 Petero 1:6
47 Iomraidhean Croise  

Umutima wanjye urijijwe n'agahinda, Nkomeza nk'uko ijambo ryawe ryasezeranije.


Uwiteka, nzi yuko amateka yawe ari ayo gukiranuka, Kandi yuko umurava ari wo waguteye kuncisha bugufi.


Uwiteka aba hafi y'abafite imitima imenetse. Kandi akiza abafite imitima ishenjaguwe.


Amagufwa yanjye yose azavuga ati “Uwiteka ni nde uhwanye nawe? Kuko ukiza umunyamubabaro umurusha amaboko, Ukiza umunyamubabaro n'umukene ubanyaga.”


Ni wowe uzi uko ntukwa, N'isoni zanjye n'igisuzuguriro cyanjye na byo urabizi, Abanzi banjye bose bari imbere yawe.


Uwiteka umbabarire, Reba umubabaro mbabazwa n'abanyanga, Ni wowe unzamura ukankura ku marembo y'urupfu,


Nimuze turirimbire Uwiteka, Tuvugirize impundu igitare cy'agakiza kacu.


Nzajya nishimira Uwiteka cyane, umutima wanjye uzajya unezererwa Imana yanjye kuko yanyambitse imyambaro y'agakiza, akamfubika umwitero wo gukiranuka, nk'uko umukwe arimba akambara ikamba, kandi nk'uko umugeni arimbishwa iby'umurimbo bye.


Yantumye no gushyiriraho itegeko ab'i Siyoni barira, ryo kubaha ikamba mu cyimbo cy'ivu, n'amavuta yo kunezerwa mu cyimbo cy'ubwirabure, n'umwambaro w'ibyishimo mu cyimbo cy'umutima wihebye, kugira ngo bahereko bitwe ibiti byo gukiranuka byatewe n'Uwiteka ngo bimuheshe icyubahiro.


“Mwese abarushye n'abaremerewe, nimuze munsange ndabaruhura.


Ajyana Petero na bene Zebedayo bombi, atangira kubabara no guhagarika umutima cyane.


Muzanezerwe, muzishime cyane kuko ingororano zanyu ari nyinshi mu ijuru, kuko ari ko barenganyije abahanuzi ba mbere.


N'ubugingo bwanjye bwishimiye Imana umukiza wanjye,


Ariko ntimwishimire yuko abadayimoni babumvira, ahubwo mwishimire yuko amazina yanyu yanditswe mu ijuru.”


Marayika arababwira ati “Mwitinya, dore ndababwira ubutumwa bwiza bw'umunezero mwinshi uzaba ku bantu bose,


Ni ko namwe mubabara none, ariko nzongera kubonana namwe kandi imitima yanyu izanezerwa, n'umunezero wanyu nta muntu uzawubaka.


Ibyo mbibabwiriye kugira ngo mugire amahoro muri jye. Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.”


bakomeza imitima y'abigishwa, babahugura ngo bagumirize kwizera. Bababwira uburyo dukwiriye guca mu makuba menshi, niba dushaka kwinjira mu bwami bw'Imana.


Mwishime mufite ibyiringiro mwihanganira amakuba, mukomeze gusenga mushikamye,


Ariko si ibyo byonyine, ahubwo twishimira Imana ku bw'Umwami wacu Yesu Kristo ukiduhesha kuzura na yo na bugingo n'ubu.


wadushyikirije ubu buntu dushikamyemo ku bwo kwizera, ngo tubone uko twishimira ibyiringiro byo kuzabona ubwiza bw'Imana.


yuko mfite agahinda kenshi n'umubabaro udatuza mu mutima wanjye.


kuko kubabazwa kwacu kw'igihwayihwayi kw'akanya ka none kwiyongeranya, kuturemera ubwiza bw'iteka ryose bukomeye.


dusa n'abababara ariko twishima iteka, dusa n'abakene nyamara dutungisha benshi, dusa n'abatagira icyo bafite nyamara dufite byose.


Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso nziza no gukiranuka,


kuko yabakumburaga mwese agahagarikwa umutima n'uko mwumvise yuko yarwaye.


kuko twebwe turi abakebwe gukebwa kwiza, abasenga mu buryo bw'Umwuka w'Imana, tukishimira Kristo Yesu ntitwiringire iby'umubiri, nubwo jyeweho nabasha kubyiringira.


Mujye mwishimira mu Mwami wacu iminsi yose. Yewe, nongeye kubivuga nti “Mwishime!”


Namwe ni ko mwadukurikije mukurikiza n'Umwami wacu, mumaze kwakirira ijambo ry'Imana mu makuba menshi, mufite ibyishimo by'Umwuka Wera.


Bene Data, mwemere ko ari iby'ibyishimo rwose nimugubwa gitumo n'ibibagerageza bitari bimwe,


Mwene Data w'umukene yishimire yuko afite isumbwe,


Mubabare, muboroge murire, ibitwenge byanyu bihinduke kuboroga, ibyishimo bihinduke agahinda.


Ibyiza ni uko mwababazwa babahōra gukora ibyiza niba ari byo Imana ishaka, kuruta ko mwababazwa babahōra gukora ibibi.


Iherezo rya byose riri bugufi. Nuko mugire ubwenge mwirinda ibisindisha, mubone uko mugira umwete wo gusenga.


Kandi Imana igira ubuntu bwose yabahamagariye ubwiza bwayo buhoraho buri muri Kristo, izabatunganya rwose ubwayo ibakomeze, ibongerere imbaraga nimumara kubabazwa akanya gato.


Maze Hana arasenga ati “Umutima wanjye wishimire Uwiteka, Ihembe ryanjye rishyirwe hejuru n'Uwiteka. Akanwa kanjye kāgukiye ku banzi banjye, Kuko nejejwe n'agakiza kawe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan