Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:26 - Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 Nyuma y'iyo myaka magana ane na mirongo itatu n'ine, ni bwo uwashyizweho bamusīze amavuta azicwa agakurwaho. Umurwa n'Ingoro yawo bizarimburwa n'ingabo z'umutegetsi uzaza. Ariko uwo mutegetsi na we azatsembwaho nk'utwawe n'umwuzure, kandi kugeza ku iherezo byemejwe ko hazaba ari intambara kirimbuzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

26 Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b'umutware uzaza bazarimbure umurwa n'ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk'utembanywe n'umwuzure w'amazi, intambara n'ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 Nyuma y'iyo myaka magana ane na mirongo itatu n'ine, ni bwo uwashyizweho bamusīze amavuta azicwa agakurwaho. Umurwa n'Ingoro yawo bizarimburwa n'ingabo z'umutegetsi uzaza. Ariko uwo mutegetsi na we azatsembwaho nk'utwawe n'umwuzure, kandi kugeza ku iherezo byemejwe ko hazaba ari intambara kirimbuzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:26
39 Iomraidhean Croise  

Abanyagibeyoni baramubwira bati: “Sawuli yishe benshi muri twe, yashatse kutumara yiyemeza kudutsemba mu gihugu cyose cya Isiraheli.


Imbaraga ziragenda zinshiramo nk'umugezi ukama, ingingo zanjye zose zarekanye, nabaye nk'igishashara ndashonga numva.


Dore Uhoraho yohereje umuntu w'umunyambaraga n'intwari, ameze nk'imvura y'amahindu cyangwa umuyaga urimbura, ameze nk'imvura nyinshi itera umwuzūre. Uwo mujyi azawurimburira hasi akoresheje imbaraga.


None rero nimureke guhinyura iyo miburo, hato mutava aho murushaho kwishyira mu kaga. Koko Nyagasani Uhoraho Nyiringabo yabimbwiye, yafashe icyemezo kidakuka cyo gutsemba igihugu cyose.


Yafashwe ku gahato acirwa urubanza. Ni nde uzamenyekanisha urubyaro rwe? Koko yakuwe ku isi, yishwe ahorwa ibicumuro by'abantu banjye.


Bityo ngiye kubamanuriraho imivumba myinshi, imivumba ikaze y'uruzi rwa Efurati, uruzi ruzava mu ndiri yarwo rurenge inkombe. Ni umwami wa Ashūru n'ingabo ze zose.


Uwo ni nde umeze nk'uruzi rwa Nili rwarenze inkombe? Ni nde umeze nk'inzuzi nini zakutse?


Babiloni irengewe n'inyanja, irengewe n'imivumba y'amazi asuma.


“Abahungu b'uwo mwami bazakoranya ingabo nyinshi cyane zigabe ibitero, zisandare ku mupaka nk'umwuzure. Zizarwana inkundura kugeza ubwo zizigarurira ikigo ntamenwa cy'abanzi.


“Umwami wa Siriya azafata umugambi wo kuzana ingabo z'igihugu cye zose, maze agirane amasezerano y'amahoro na Misiri. Azashyingira umwami wa Misiri umukobwa we agira ngo amukure ku ngoma, ariko uwo mugambi uzamupfubana kuko uwo mukobwa we atazamushyigikira.


Ingabo zizasandara imbere ye nk'umwuzure ariko ntizizashobora kumutsinda, azazitsemba zose, azica n'Umutambyi mukuru wubahiriza Isezerano ry'Imana.


“Wa mwami azajya akora icyo yishakiye, azishyira hejuru yikomeze kuruta imana zose, ndetse azasebya n'Imana nyamana ku buryo bukabije. Azabikora kugeza ubwo uburakari bwe buzaba bushize, kuko Imana yari yaremeje ko bizagenda bityo.


Mu gihe cy'imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y'imyaka itatu n'igice, azakuraho ibitambo n'amaturo batura Imana. Ku munara w'Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk'uko Imana yabitegetse.”


Uhoraho abwira Hozeya ati: “Umwite Subwokobwanjye, kuko mwebwe Abisiraheli mutari ubwoko bwanjye, nanjye sindi uwanyu.”


Ni cyo gituma isi izatingita, abatuye mu gihugu bose bazaboroga, igihugu cyose kizatsikira giterwe hejuru, kizamera nk'uruzi rwa Nili rwo mu Misiri, rwuzura rukuzuruka.”


Nyagasani Uhoraho Nyiringabo atunga isi urutoki igatingita, abatuye igihugu bose baraboroga, igihugu cyose kiratsikira kigaterwa hejuru, kimera nk'uruzi rwa Nili rwo mu Misiri, rwuzura rukuzuruka.


Nyamara Ninive azayiteza umwuzure ayirimbure, abanzi be azabakurikirana abamarire ku icumu.


“Iby'ubwami bw'ijuru wabigereranya n'umwami wacyuje ubukwe bw'umuhungu we.


Noneho umwami ararakara atuma ingabo ze zitsemba abo bicanyi, zitwika ibigo byabo.


Dore iwanyu hagiye gusigara ari itongo.


Nuko arababwira ati: “Aho ntimureba biriya byose? Ndababwira nkomeje ko aha nta buye rizasigara rigeretse ku rindi, byose bizasenywa!”


Yezu aramusubiza ati: “Ntureba iyi nyubako y'agatangaza? Nta buye rizasigara rigeretse ku rindi, byose bizasenywa!”


Nimwumva urusaku rw'intambara ziri hafi n'amakuru y'intambara za kure, ntibizabakure umutima. Ibyo bizagomba kuba ariko si byo herezo.


Arabasubiza ati: “Ni koko Eliya agomba kubanza kuza, kugira ngo atunganye byose. None ni iki gituma Ibyanditswe bihamya ko Umwana w'umuntu agomba kubabazwa cyane, agasuzugurwa n'abantu?


Bazashirira ku nkota, abandi bajyanwe ho iminyago mu mahanga yose, Yeruzalemu iribatwe n'abanyamahanga kugeza igihe barangirije ibyabazanye.


“Hari igihe biriya byose mureba bizasenywa, ntihagire n'ibuye risigara rigeretse ku rindi!”


None se ntibyari ngombwa ko Kristo ababazwa ako kageni, agapfa kugira ngo abone guhabwa ikuzo rimugenewe?”


Arababwira ati: “Uko ni ko byanditswe ko Kristo agomba kubabazwa akanapfa, ku munsi wa gatatu akazuka mu bapfuye.


Nta gihe ngifite cyo kuvugana namwe byinshi kuko umutware w'iyi si aje, icyakora nta bushobozi amfiteho.


Kristo utarigeze akora icyaha Imana yamubazeho ibyaha byacu, kugira ngo muri we tubarweho ubutungane bwayo.


Kristo yadukijije umuvumo uterwa n'Amategeko igihe yahindukaga ikivume ku bwacu, nk'uko Ibyanditswe bivuga ngo: “Umuntu wese umanitswe ku giti aba yaravumwe.”


Ibyo ni byo Imana yabahamagariye, kuko Kristo na we yababajwe ku bwanyu, bityo akababera urugero kugira ngo mujye mugenza nka we.


Kristo ubwe yatwaye ibyaha byacu mu mubiri we, abibambanwa ku musaraba kugira ngo tube dupfuye ku byerekeye ibyaha, maze tubeho dutunganiye Imana. Erega “Inguma ze ni zo zabakijije!


Kristo na we yapfuye rimwe rizima kubera ibyaha byanyu, we ntungane apfira abagome kugira ngo abageze ku Mana. Igihe yari ku isi baramwishe, maze kubera imbaraga za Mwuka arazuka, aba muzima.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan