Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:25 - Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Umenye kandi usobanukirwe ibi: uhereye igihe icyemezo cyo gusana no kubaka Yeruzalemu cyatangarijwe kugeza igihe hazabaho umutegetsi washyizweho bamusīze amavuta, hazaba hashize imyaka mirongo ine n'icyenda, mu yindi myaka magana ane na mirongo itatu n'ine Yeruzalemu izubakwa bushya, imihanda n'inkuta zayo bizasanwa, ariko hazaba ari mu bihe bikomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n'impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Umenye kandi usobanukirwe ibi: uhereye igihe icyemezo cyo gusana no kubaka Yeruzalemu cyatangarijwe kugeza igihe hazabaho umutegetsi washyizweho bamusīze amavuta, hazaba hashize imyaka mirongo ine n'icyenda, mu yindi myaka magana ane na mirongo itatu n'ine Yeruzalemu izubakwa bushya, imihanda n'inkuta zayo bizasanwa, ariko hazaba ari mu bihe bikomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:25
32 Iomraidhean Croise  

Umwami abwira Sadoki ati: “Nimusubize Isanduku y'Imana mu mujyi. Nintona ku Uhoraho, azangarura nongere nyibone mbone n'aho iba.


Uhereye ubwo imirimo y'ubwubatsi bw'Ingoro y'Imana i Yeruzalemu irahagarara, kugeza mu mwaka wa kabiri wo ku ngoma ya Dariyusi umwami w'u Buperesi.


Hashize igihe kirekire, ku ngoma ya Aritazeruzi umwami w'u Buperesi hariho umuntu witwaga Ezira. Ezira uwo yari mwene Seraya wa Azariya wa Hilikiya,


Mu kwezi kwa gatanu k'uwo mwaka ni bwo Ezira yageranye na bo i Yeruzalemu.


Umutambyi mukuru Eliyashibu afatanyije n'abatambyi bagenzi be, barahaguruka bubaka Irembo ry'Intama. Bamaze kuryubaka baryegurira Imana, bariteraho n'urugi. Bahera aho bubaka urukuta barugeza ku Munara w'Ijana, no ku Munara wa Hananēli.


Bose bahuza umugambi wo gutera i Yeruzalemu no kwangiza ibyaho.


Maze kubona uko ibintu byifashe, mpita mbwira abanyacyubahiro n'abatware b'umujyi na rubanda bari aho nti: “Ntimubatinye! Mwibuke ko Uhoraho akomeye kandi afite igitinyiro. Mubarwanye murengere abavandimwe banyu n'abahungu n'abakobwa banyu, n'abagore banyu n'amazu yanyu.”


Ku itariki ya makumyabiri n'eshanu y'ukwezi kwa Eluli, turangiza kubaka urukuta rwa Yeruzalemu rwari rumaze iminsi mirongo itanu n'ibiri rwubakwa.


Abanzi banjye barangambanira, bajya inama bakanyubikira ngo banyice.


Hari igihe cyo kwica n'igihe cyo gukiza, hari igihe cyo gusenya n'igihe cyo kubaka.


Dore namugize umuhamya wanjye mu mahanga, namugize umuyobozi n'umutegetsi w'amahanga.


Azāgura ubutegetsi bwe n'amahoro iteka ryose, azicara ku ntebe ya Dawidi yime ingoma ye. Azashingira ububasha bwe ku butabera n'ubutungane, azabushyigikira guhera ubu kuzageza iteka ryose, Uhoraho Nyiringabo azabisohozanya umwete.


Rirakomera ryigira nk'Umugaba w'izo ngabo, rimubuza gutambirwa ibitambo bya buri munsi, risenya Ingoro ye nziranenge!


Kubera uburyarya bwe, ibinyoma bye bizamuhira, azigira igihangange. Azarimbura abantu birāye bibwira ko ari amahoro, ndetse azarwanya Umwami w'abami! Nyamara amaherezo azicwa bitavuye ku muntu.


Kuva ugitangira gusenga, Imana yaragushubije. None nkuzaniye igisubizo cyayo kuko igutonesha. Nuko rero zirikana igisubizo cyayo, uzirikane n'ibyo wahishuriwe.


Uhoraho aravuga ati: “Betelehemu Efurata we, uri muto mu mijyi y'u Buyuda, ariko muri wowe hazaturuka uzantegekera Isiraheli. Igisekuru cye ni kirekire cyabayeho kuva kera cyane.”


Ni yo mpamvu Imana izareka ubwoko bwayo, izabureka kugeza igihe ugomba kumubyara azamubyara. Ni bwo abavandimwe be bajyanywe ho iminyago bazahura n'abandi Bisiraheli.


Aho zabibwe mu butaka bwiza ni nk'umuntu wumva Ijambo ry'Imana akarisobanukirwa akera imbuto, umwe ijana, undi mirongo itandatu, undi mirongo itatu.”


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ cyavuzwe n'umuhanuzi Daniyeli gihagaze mu Ngoro y'Imana – usoma ibi abyumve neza -


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ gihagaze aho kitagomba kuba – usoma ibi abyumve neza – icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi.


Uwo abanza gushaka umuvandimwe we Simoni, amubonye aramubwira ati: “Twabonye Mesiya” (risobanurwa ngo “Kristo”),


Umugore aramubwira ati: “Nzi ko Mesiya, uwo bita Kristo agiye kuza. Naza azatubwira byose.”


Nuko uwo Mugaba w'ubugingo we muramwica, ariko Imana iramuzura. Ni twe bagabo bo kubihamya.


imushyira hejuru iburyo bwayo ngo abe Umutegetsi n'Umukiza, kugira ngo ashoboze Abisiraheli kwihana ngo bababarirwe ibyaha.


Filipo ariruka maze yumva wa mugabo asoma igitabo cy'umuhanuzi Ezayi, aramubaza ati: “Mbese aho ibyo usoma urabyumva?”


mukoresha neza igihe mufite kuko iyi minsi ari mibi.


Ibikore kandi ifatanyije na Yezu Kristo umuhamya w'indahemuka, akaba yarabimburiye abandi kuzuka mu bapfuye, akagirwa umutware w'abami bategeka iyi si. Kristo aradukunda, ni na we watubohoye amena amaraso ye kugira ngo atuvane mu byaha byacu.


Ku mwambaro we no ku kibero cye handitswe iri zina: “Umwami ugenga abami n'Umutegetsi ugenga abategetsi”.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan