Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:19 - Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Nyagasani, utwumve! Nyagasani, utubabarire! Nyagasani, utwiteho ugire icyo ukora udatindiganyije! Bikore kubera ko uri Imana yacu natwe tukaba ubwoko bwawe, no kubera umurwa wawe wakweguriwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Umva Nyagasani babarira, Nyagasani twumvire, Nyagasani ugire icyo ukora ntutinde, Mana yanjye kugira ngo izina ryawe ryubahwe, kuko umurwa wawe n'abantu bawe byitwa iby'izina ryawe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Nyagasani, utwumve! Nyagasani, utubabarire! Nyagasani, utwiteho ugire icyo ukora udatindiganyije! Bikore kubera ko uri Imana yacu natwe tukaba ubwoko bwawe, no kubera umurwa wawe wakweguriwe.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:19
32 Iomraidhean Croise  

Ujye wita ku ugutakamba kwanjye, no ku ugutakamba k'ubwoko bwawe bw'Abisiraheli nibasenga berekeye aha hantu. Ujye wumva uri mu ijuru aho utuye, kandi ujye utwumva utubabarire.


uzumve uri mu ijuru aho utuye wite ku masengesho yabo no ku ugutakamba kwabo. Uzabagoboke bityo ubabarire abantu bawe bagucumuyeho.


Abo bose bitirirwa izina ryanjye, narabaremye kugira ngo bampesha ikuzo.”


“Abantu banjye barantakira bati: ‘Nubwo ibyaha byacu bidushinja, Uhoraho, dufashe uheshe izina ryawe icyubahiro. Koko ntiduhwema kugucumuraho, imbere yawe turi abanyabyaha.


Kuki umeze nk'umuntu wumiwe? Kuki uri nk'intwari idashobora gutabara? Nyamara Uhoraho uri kumwe natwe, turi abantu bawe ntudutererane.’ ”


Dore nteje ibyago mpereye ku mujyi witiriwe izina ryanjye. None se mutekereza ko muzabirokoka? Reka da! Muzahanwa nta kabuza kuko ngiye guteza ubwicanyi mu batuye ku isi bose. Ni jye Uhoraho Nyiringabo ubivuze.’ ”


Ariko nisubiyeho kugira ngo ntisuzuguza imbere y'abanyamahanga babana na bo. Koko rero abo banyamahanga babonye uko nimenyesheje Abisiraheli, igihe nabavanaga mu Misiri.


Ariko nisubiyeho kugira ngo ntisuzuguza imbere y'abanyamahanga babana na bo. Koko rero abo banyamahanga babonye uko nimenyesheje Abisiraheli, igihe nabavanaga mu Misiri.


Nyamara nisubiyeho kugira ngo ntisuzuguza imbere y'abanyamahanga babana na bo. Koko rero abo banyamahanga babonye uko nimenyesheje Abisiraheli, igihe nabavanaga mu gihugu cya Misiri.


“None rero ubwire Abisiraheli ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuga nti: ‘Ibyo ngiye gukora sinzabikora ku bwanyu, ahubwo nzabikora kugira ngo nubahirize izina ryanjye riziranenge mwasuzuguje mu mahanga mwatataniyemo.


Nyagasani Uhoraho aravuga ati: “Nzagarura Abisiraheli bakomoka kuri Yakobo mbavane aho bajyanywe ho iminyago, nzabagirira impuhwe bose kandi mbategeke kubahiriza izina ryanjye riziranenge.


Mana yanjye, tega amatwi wumve! Ngaho reba akaga twagize n'ak'umurwa wakweguriwe. Turagutakambira tutishingikirije ubutungane bwacu, ahubwo twishingikirije impuhwe zawe nyinshi.


Nuko inzige zitsemba ubwatsi bwose bwo mu gihugu, maze ndatakamba nti: “Nyagasani Uhoraho, girira imbabazi abakomoka kuri Yakobo. Mbese bazabyutsa umutwe bate ko ari bake?”


None rero kubera urukundo rwawe rwinshi, babarira Abisiraheli ibicumuro byabo, nk'uko utahwemye kubababarira kuva bavuye mu Misiri kugeza ubu.”


Uhoraho arongera ati: “Abatambyi nibakoresha izina ryanjye batyo, nzaha Abisiraheli umugisha.”


Ndababwira ko naho uwo muntu atabyuka ngo agire icyo amuha kubera ubucuti, amaherezo yaza kumuha icyo ashaka cyose kuko yamurembeje amusaba.


Abantu bazacika ku icumu bazansanga, amahanga yose yahoze ari ayanjye azansanga.’ Uko ni ko Nyagasani avuga,


Kwari ukugira ngo twebwe ababanje kwiringira Kristo dushimishe Imana, tuyiheshe n'ikuzo.


Tuyishime rero kubera ikuzo ry'ubuntu bwayo yatugabiye mu Mwana wayo ikunda!


kugira ngo ubu imenyeshe ibinyabutware n'ibinyabushobozi “by'ahantu ho mu ijuru”, ubwenge bwayo bw'ingeri nyinshi ikoresheje Umuryango wayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan