Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:15 - Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Nkitegereza ibyo neretswe kandi nkigerageza kubisobanukirwa, mbona usa n'umuntu ahagaze imbere yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 Nuko jye ubwanjye Daniyeli, maze kubona ibyo neretswe ibyo ngashaka kubimenya, ngiye kubona mbona igisa n'umuntu kimpagaze imbere,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Nkitegereza ibyo neretswe kandi nkigerageza kubisobanukirwa, mbona usa n'umuntu ahagaze imbere yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:15
22 Iomraidhean Croise  

Azāgura ubutegetsi bwe n'amahoro iteka ryose, azicara ku ntebe ya Dawidi yime ingoma ye. Azashingira ububasha bwe ku butabera n'ubutungane, azabushyigikira guhera ubu kuzageza iteka ryose, Uhoraho Nyiringabo azabisohozanya umwete.


Nuko haza usa n'umuntu ankora ku munwa, maze mbwira uwo wari uhagaze imbere yanjye nti: “Nyakubahwa, kubera ibyo neretswe nahiye ubwoba ncika intege.


Nuko wa wundi usa n'umuntu arongera ankoraho arampumuriza,


Nubuye amaso kugira ngo ndebe mbona umuntu wambaye imyambaro yera, akenyeje umukandara w'izahabu inoze.


Ibyo narabyumvise ariko sinabisobanukirwa, maze ndabaza nti: “Nyakubahwa, ingaruka z'ibyo byose zizaba izihe?”


Nkomeza kubonekerwa nijoro, mbona usa n'umwana w'umuntu aje ku bicu byo ku ijuru. Mbona agana aho Uwabayeho ibihe byose yari ari, baramumushyikiriza.


Ayo magambo agarukiye aha. Ariko jyewe Daniyeli, ibyo neretswe byampagaritse umutima cyane bintera ubwoba, nyamara nakomeje kubizirikana.


Mu mwaka wa gatatu Umwami Belishazari ari ku ngoma, jyewe Daniyeli nongeye kubonekerwa.


Arambwira ati: “Reka nkumenyeshe ibizaheruka igihe cy'uburakari bw'Imana, kandi icyo gihe kizaba ari igihe cy'imperuka.


Nuko ndamubaza nti: “Nyakubahwa, ariya mafarasi ashushanya iki?” Umumarayika twavuganaga aransubiza ati: “Ngiye kukubwira icyo ashushanya.”


Nuko Yezu asezera kuri rubanda asubira imuhira. Abigishwa be bajya aho ari baramubwira bati: “Dusobanurire cya kigereranyo cy'urukungu rwabibwe mu murima.”


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ cyavuzwe n'umuhanuzi Daniyeli gihagaze mu Ngoro y'Imana – usoma ibi abyumve neza -


Ubwo ni bwo mu ijuru hazagaragara ikimenyetso kiranga ukuza k'Umwana w'umuntu. Amoko yose yo ku isi azacura imiborogo, maze abone Umwana w'umuntu aje ku bicu byo ku ijuru, afite ububasha n'ikuzo byinshi.


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ gihagaze aho kitagomba kuba – usoma ibi abyumve neza – icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi.


kugira ngo ‘Kureba barebe ariko be kubona, kumva bumve ariko be gusobanukirwa, kugira ngo batagarukira Imana ikabababarira.’ ”


Undi aramusubiza ati: “Si ndi uwo muri abo uvuze, ahubwo nje ndi umugaba w'ingabo z'Uhoraho.” Nuko Yozuwe yikubita hasi yubamye, aramubwira ati: “Nyagasani, untegetse iki?”


Hagati yayo hari hahagaze usa n'umwana w'umuntu. Yari yambaye ikanzu ndende, igituza cye kizengurutswe n'umukandara w'izahabu.


Aha ni ho hagomba ubwenge. Umunyabwenge nafindure umubare w'icyo gikōko kuko uranga izina ry'umuntu. Uwo mubare ni magana atandatu na mirongo itandatu na gatandatu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan