Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 2:11 - Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Icyo utubaza kiraruhije, kuko imana zonyine ari zo zabasha kukiguhishurira kandi ntizituye mu bantu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Icyo umwami aduhatiraho kiraruhanije, kandi nta wundi wabasha kucyerekana imbere y'umwami, keretse imana zitabana n'abafite imibiri.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Icyo utubaza kiraruhije, kuko imana zonyine ari zo zabasha kukiguhishurira kandi ntizituye mu bantu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 2:11
25 Iomraidhean Croise  

Nuko abwira Yozefu ati: “Ubwo ari wowe Imana yamenyesheje ibyo byose, nta wundi ufite ubwenge n'ubushishozi kukurusha.


Mu gitondo, umwami wa Misiri akuka umutima, ahamagaza abanyabugenge n'abanyabwenge bose bo mu Misiri. Abarotorera inzozi ze, ariko ntihagira n'umwe ushobora kuzimusobanurira.


“Mbese Mana, wabasha gutura ku isi? Ijuru nubwo ari rigari bihebuje ntabwo urikwirwamo, nkanswe iyi Ngoro nakubakiye!


“Mbese koko Mana, wabasha guturana n'abantu ku isi? Ijuru nubwo ari rigari bihebuje, ntabwo urikwirwamo nkanswe iyi Ngoro nakubakiye!


Yaravuze ati: “Aha ni ho nzatura iteka ryose, ni ho nzategekera kuko ari ko nabishatse.


Imana yazanye n'amagare y'intambara atabarika, ni ibihumbi n'ibihumbi Nyagasani yavuye ku musozi wa Sinayi ataha mu Ngoro ye.


Nzatura hagati mu Bisiraheli mbabere Imana.


Nzahagarara ku bwoko bwanjye naho ubwawe mbureke. Icyo kimenyetso kizabaho ejo.’ ”


Ngaho komeza amarozi yawe, komeza wishingikirize ku bwinshi bwayo. Wayakoresheje guhera mu buto bwawe, wibwiraga ko hari icyo azakungura, wibwiraga ko azatera abanzi bawe ubwoba.


Uhoraho uri hejuru mu ijuru, Umuziranenge ubaho iteka ryose aravuga ati: “Ntuye hejuru hazira inenge, nyamara nita ku bantu bihana bakicisha bugufi, nzabahumuriza mbasubizemo intege.


Dore ndi hano hamwe n'abana Uhoraho yampaye, turi ibimenyetso n'ibitangaza bigaragara muri Isiraheli, dutumwe n'Uhoraho Nyiringabo uganje ku musozi wa Siyoni.


Abanyabugenge n'abapfumu n'abahanga mu by'inyenyeri, n'abazi kuragura baraza mbarotorera izo nzozi, ariko ntibashobora kuzinsobanurira.


Mu gihugu cyawe hari umuntu ukoreshwa n'umwuka w'imana zitagira inenge. Ku ngoma y'umukurambere wawe basanze afite ubushishozi n'ubuhanga n'ubwenge nk'iby'imana. Umukurambere wawe, Umwami Nebukadinezari yamugize umutware w'abanyabugenge n'abapfumu, n'abahanga mu by'inyenyeri n'abazi kuragura. Nyagasani, uwo mukurambere wawe yabigenje atyo


Ntimugahumanye igihugu muzaturamo kuko nanjye nzaba ngituyemo. Ndi Uhoraho uba hagati yanyu.”


Yezu arabitegereza arababwira ati: “Koko ku bantu ntibishoboka, ariko ku Mana byose birashoboka.”


Jambo yabaye umuntu aba hagati muri twe, yuzuye ubuntu n'ukuri. Nuko tubona ikuzo rye, ari ryo kuzo Umwana w'ikinege akomora kuri Se.


Uwo ni we Mwuka w'ukuri. Ab'isi ntibabasha kumwakira kuko batamureba ntibanamumenye. Naho mwebweho muramuzi kuko ari kumwe namwe kandi azaba muri mwe.


Yezu aramusubiza ati: “Unkunda wese azakurikiza ibyo mvuga, na Data azamukunda maze tumusange tugumane na we.


Mbese Ingoro y'Imana yayisangira ite n'ibigirwamana? Erega ingoro y'Imana nzima ni twebwe, nk'uko ubwayo yivugiye iti: “Nzatura hagati muri bo ngendane na bo, nzaba Imana yabo na bo babe ubwoko bwanjye.”


Numva ijwi ry'uvugira kuri ya ntebe ya cyami, avuga cyane ati: “Ubu Imana ije gutura hagati mu bantu, ibane na bo maze babe abantu bayo. Imana ubwayo izabana na bo [ibe Imana yabo].


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan