Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 12:4 - Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Naho rero wowe Daniyeli, iki gitabo gifungishe ikimenyetso kugira ngo ubutumwa burimo bubikwe neza kugeza igihe cy'imperuka. Bityo kizaramba gisomwe n'abantu benshi barusheho gusobanukirwa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 “Nuko Daniyeli, bumba igitabo ugifatanishe ikimenyetso kugeza igihe cy'imperuka, benshi bazajarajara hirya no hino kandi ubwenge buzagwira.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Naho rero wowe Daniyeli, iki gitabo gifungishe ikimenyetso kugira ngo ubutumwa burimo bubikwe neza kugeza igihe cy'imperuka. Bityo kizaramba gisomwe n'abantu benshi barusheho gusobanukirwa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 12:4
25 Iomraidhean Croise  

Ubugizi bwa nabi cyangwa ubwangizi ntibizarangwa ku musozi w'Uhoraho, koko isi izuzuzwa kumenya ikuzo ry'Uhoraho, izaryuzuzwa nk'uko inyanja zisendera amazi.


Ibi byose mweretswe bibabereye nk'inyandiko ifungishijwe kashe baha umuntu uzi gusoma bati: “Soma iyi nyandiko.” Nuko akabasubiza ati: “Sinabishobora kuko ifungishijwe kashe.”


Kuri uwo munsi Uhoraho azapfuka ibikomere by'ubwoko bwe, azomora ibisebe yabateje. Ukwezi kuzamurika nk'izuba, umucyo w'izuba uzikuba karindwi.


Amaso y'abareba azakomeza kureba, amatwi y'abumva azumva kurushaho.


Uhoraho arambwira ati: “Ukomeze ubwo buhamya n'izo nyigisho mu bigishwa banjye.”


Uhoraho aravuga ati: “Nimujye mu mayira y'i Yeruzalemu, nimurebe mubaririze, mushakashake ahantu hose. Nihaboneka umuntu umwe gusa ukora ibitunganye agaharanira ukuri, naboneka nzababarira Yeruzalemu.


Mu mwaka wa gatatu Umwami Sirusi w'Umuperesi ari ku ngoma, Imana yahishuriye Daniyeli wahimbwe Beliteshazari ubutumwa bwayo. Ubwo butumwa ni ubw'ukuri kandi bwamenyeshaga intambara ikomeye. Daniyeli yabusobanuriwe mu ibonekerwa.


Bityo naje kugira ngo ngusobanurire ibigomba kuba ku bwoko bwawe mu minsi izaza, kuko ibyo weretswe byerekeye iyo minsi.”


Abazi gushishoza muri bo bazatoza benshi, ariko muri icyo gihe bamwe muri bo bazicishwa inkota cyangwa umuriro, abandi bafatwe mpiri kandi ibyabo binyagwe.


“Mu gihe giheruka umwami wa Misiri azamutera, ariko umwami wundi azamugwa gitumo avuye mu majyaruguru, azanye ingabo nyinshi zirwanira mu magare y'intambara no ku mafarasi no mu mato menshi. Azatera ibihugu abisandaremo nk'umwuzure.


Naho wowe Daniyeli igendere, uzatabaruka utegereze umunsi w'imperuka, ni bwo uzazuka uhabwe umunani wawe.”


Nuko jyewe Daniyeli mbona abandi bantu babiri bahagaze ku ruzi, umwe hakuno undi hakurya.


Aransubiza ati: “Daniyeli we, igendere! Ubutumwa naguhaye ubugire ibanga kuzageza igihe cy'imperuka.


Nuko aranyegera maze ngira ubwoba nikubita hasi nubamye. Arambwira ati: “Wa muntu we, usobanukirwe ko ibyo weretswe byerekeye igihe cy'imperuka.”


Arambwira ati: “Reka nkumenyeshe ibizaheruka igihe cy'uburakari bw'Imana, kandi icyo gihe kizaba ari igihe cy'imperuka.


Ni yo mpamvu ibitambo bya buri mugoroba na buri gitondo bitazatambwa. Icyakora ibyo weretswe ubigire ibanga kuko byerekeye ibihe bizaza kera.”


Ubu Butumwa bwiza bw'ubwami bw'ijuru buzamamazwa ku isi yose bubere amahanga yose ubuhamya, noneho rero imperuka igere.


Noneho ndabaza. Mbese abantu ntibumvise ubwo butumwa? Yee, barabwumvise. Ibyanditswe biravuga ngo: “Ijwi ryabwo ryasakaye ku isi yose, ubutumwa bwageze ku mpera zayo.”


Izo nkuba ndwi ngo zimare kuvuga nitegura kwandika ibyo zivuze. Nuko numva ijwi riturutse mu ijuru ry'uvuga ati: “Uramenye, ibyo izo nkuba ndwi zivuze ubigire ibanga ntubyandike!”


Hanyuma arambwira ati: “Ubuhanuzi buri muri iki gitabo ntubugire ibanga, kuko igihe ibyo byose byagenewe cyegereje.


Nuko mbona umuzingo w'igitabo mu kiganza cy'iburyo cy'Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami. Wari wanditswe imbere n'inyuma, kandi ufungishijwe ibimenyetso birindwi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan