Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yuda 1:3 - Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Ncuti nkunda, nari nsanzwe mfite ishyaka ryo kubandikira ibyerekeye agakiza dusangiye, none mbonye ko ari ngombwa kubikora ngo mbatere umwete wo kurwanira ibyerekeye Kristo twemera, ibyo Imana yabishinze intore zayo rimwe rizima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Bakundwa, ubwo nagiraga umwete wo kubandikira iby'agakiza dusangiye niyumvisemo ko mpaswe no kubahugura, kugira ngo mushishikarire kurwanira ibyo kwizera abera bahawe rimwe, bakazageza iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Ncuti nkunda, nari nsanzwe mfite ishyaka ryo kubandikira ibyerekeye agakiza dusangiye, none mbonye ko ari ngombwa kubikora ngo mbatere umwete wo kurwanira ibyerekeye Kristo twemera, ibyo Imana yabishinze intore zayo rimwe rizima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nkoramutima zanjye, nifuje cyane kubandikira ku byerekeye ugucungurwa twese dusangiye; none nsanze ari ngombwa kubikora, kugira ngo mbashishikarize kurwanira ukwemera kwashyikirijwe burundu abatagatifujwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yuda 1:3
44 Iomraidhean Croise  

Nuko ndabatonganya ndanabavuma, ndetse abagabo bamwe bo muri bo ndabakubita, mbapfura n'imisatsi. Mbarahiza mu izina ry'Imana ngira nti: “Abakobwa banyu ntimukabashyingire abahungu b'abanyamahanga, n'abahungu banyu ntimukabashakire abakobwa babo, cyangwa ngo namwe mubashake ho abagore mushyingiranwe na bo.


Nyamara Abisiraheli bazakizwa n'Uhoraho, azabaha agakiza gahoraho, ntibazakorwa n'isoni cyangwa ikimwaro iteka ryose.’ ”


Yemwe bantu bari ku mpera z'isi, nimwihane mukizwe, ni jye Mana nta yindi ibaho.


Nimwirinde incuti zanyu, ntimukiringire abavandimwe banyu. Koko rero buri muvandimwe ni umubeshyi, buri ncuti irasebanya.


abitanga ho umugabo ko Kristo yagombaga kwicwa, kandi akazuka akava mu bapfuye. Yungamo ati: “Yezu uwo mbabwira ni we Kristo.”


Yagishaga Abayahudi impaka mu ruhame akabatsinda, atanga Ibyanditswe ho umugabo yuko Yezu ari Kristo.


kuko nta cyo nabakinze cyerekeye imigambi yose y'Imana ngo ndeke kukibamenyesha.


Pawulo yungamo ati: “Nuko none mumenye ko ab'andi mahanga bagejejweho aka gakiza kava ku Mana, bo bazakakira!” [


Nta wundi agakiza kabonekaho, kuko ku isi yose nta wundi Imana yahaye abantu ufite ubushobozi bwo kudukiza.”


Nuko Ijambo ry'Imana rikomeza gukwira, umubare w'abigishwa urushaho kwiyongera i Yeruzalemu, ndetse n'abatambyi benshi cyane barumvira bemera Kristo.


Ananiya arasubiza ati: “Nyagasani, numvise benshi bavuga iby'uwo mugabo, ukuntu yagiriye nabi intore zawe z'i Yeruzalemu.


Nyamara Sawuli arushaho kunguka ububasha, agatsinda impaka Abayahudi bari batuye i Damasi, abemeza ko Yezu ari we Kristo.


Ubutumwa bw'ingenzi nabanje kubagezaho ni ubu: Kristo yapfuye azize ibyaha byacu nk'uko Ibyanditswe bivuga.


Nta bwo twigeze tubabererekera na gato, kugira ngo ukuri k'Ubutumwa bwiza kugume muri mwe kudahinyutse.


Nuko rero nta tandukaniro riba riri hagati y'Umuyahudi n'utari Umuyahudi, hagati y'inkoreragahato n'uwishyira akizana, no hagati y'umugabo n'umugore, kuko muri Kristo Yezu mwese muri umwe.


Dore izi nyuguti nini ni jye ubwanjye uziyandikiye n'ukwanjye kuboko!


Jyewe Pawulo Intumwa ya Kristo Yezu nk'uko Imana yabishatse, ndabandikiye mwebwe intore z'Imana [zo mu mu mujyi wa Efezi] z'indahemuka muri Kristo Yezu.


Ibyo ni byo Uhoraho abashakaho kugira ngo muhanagurweho bene ubwo bwicanyi.


Uhoraho ampa ibisate bibiri by'amabuye yanditseho Amategeko yose yari yababwiye ari mu muriro, cya gihe mwari mwakoraniye munsi w'uwo musozi. Yari yayandikishije urutoki rwe.


Jyewe Pawulo na Timoteyo abagaragu ba Kristo Yezu, turabaramukije mwebwe ntore z'Imana ziri muri Kristo Yezu zo mu mujyi wa Filipi, hamwe n'abayobozi b'itorero ry'Imana n'abadiyakoni baryo.


Gusa mujye mukora ibikwiranye n'Ubutumwa bwiza bwa Kristo, kugira ngo ndamutse nje kubasura cyangwa ntaje, nzumve ko mukomeye, muhuje umugambi, mushyize hamwe gushishikarira kwizera Kristo mubikesha Ubutumwa bwiza.


turabaramukije mwebwe ntore z'Imana z'i Kolosi Kristo yagize abavandimwe b'indahemuka. Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n'amahoro, [ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo].


Twari tuvuye i Filipi, aho bari baratugiriye nabi bakadutuka nk'uko mubizi. Ariko nubwo baturwanyije cyane, Imana yaduhaye kubagezaho Ubutumwa bwayo bwiza dushize amanga.


Timoteyo mwana wanjye, dore ibyo ngushinze bihuye n'ibyabanje guhanurwa kuri wowe. Ubyiteho bitume urwana intambara nziza,


Ujye urwana intambara nziza, urwanire Kristo twemera maze usingire ubugingo buhoraho. Ngibyo ibyo wahamagariwe ukabyemeza neza mu ruhame, abantu benshi bakabibera abagabo.


Inyigisho zishyitse wanyumvanye uzifate ho urugero uzajya ukurikiza, bityo ukomere kuri Kristo Yezu umwizeye kandi ufite urukundo.


Ndakwandikiye Tito mwana wanjye by'ukuri, bitewe no kwemera Kristo dusangiye. Imana Data nikugirire ubuntu, iguhe n'amahoro, ifatanyije na Kristo Yezu Umukiza wacu.


Bavandimwe, ibyo nanditse byo kubakomeza ndabasaba kubyitaho. Erega uru rwandiko ntabwo ari rurerure!


Nyamara ncuti dukunda, nubwo tuvuga dutyo turahamya rwose ko mwebweho mukunda ibyiza by'ingenzi bihuje n'agakiza.


Mbandikiye aya magambo make mfashijwe na Silasi, uko mbibona ni umuvandimwe w'indahemuka. Nashatse kubatera akanyabugabo, nkanabemeza ko ibyo mbandikiye ari byo buntu nyakuri Imana yabagiriye kugira ngo mubwishingikirizeho.


Jyewe Simoni Petero umugaragu wa Yezu Kristo n'Intumwa ye, ndabandikiye mwebwe mwahawe kumwizera gufite agaciro kamwe n'ukwacu, mubikesha ubutabera bw'Imana yacu na Yezu Kristo Umukiza.


Icyajyaga kubabera cyiza ni ukutigera banyura inzira y'ubutungane kuruta kuyinyura, hanyuma bakayita bakanga itegeko ritagira inenge bari barahawe.


Jyewe Yuda umugaragu wa Yezu Kristo, nkaba n'umuvandimwe wa Yakobo, ndabandikiye mwebwe abahamagawe, mugakundwa n'Imana Data kandi mukarindwa na Yezu Kristo.


Nyamara mwebweho ncuti nkunda, mwibuke ibyahanuwe kera n'Intumwa z'Umwami wacu Yezu Kristo.


Ariko mwebweho ncuti nkunda, mugumye mwishingikirize ku byerekeye Kristo twemera bitagira amakemwa, musenge muvugishwa na Mwuka Muziranenge.


Uwaregaga abavandimwe bacu baramutsinze babikesha amaraso y'Umwana w'intama n'ijambo ry'ukuri bahamyaga, ku buryo bemeye guhara amagara yabo ntibatinya no gupfa.


Ntutinye uburyo uzababazwa: dore Satani agiye kubagerageza arohe bamwe muri mwe muri gereza, mugirirwe nabi kumara iminsi icumi. Urabe indahemuka rero kugeza ku gupfa, nanjye nzaguha ubugingo buhoraho ubugire ho ikamba.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan