Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:21 - Bibiliya Ijambo ry'imana

21 Ababohoje igihugu bazazamuka bajye ku musozi wa Siyoni bategeke igihugu cya Edomu, kandi Uhoraho ni we uzaba ari umwami.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

21 Kandi abarokozi bazazamuka bajye ku musozi wa Siyoni gucira urubanza umusozi wa Esawu kandi ubwami buzaba ubw'Uwiteka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

21 Ababohoje igihugu bazazamuka bajye ku musozi wa Siyoni bategeke igihugu cya Edomu, kandi Uhoraho ni we uzaba ari umwami.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

21 Abazaba batsinze bazazamuka umusozi wa Siyoni, kugira ngo bacire urubanza umusozi wa Ezawu. Bityo Uhoraho azabe yimye ingoma!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:21
37 Iomraidhean Croise  

Uhoraho aramusubiza ati: “Inda yawe irimo impanga, hazaturukamo amoko abiri atumvikana, ubwoko bumwe buzarusha ubundi gukomera, Gakuru azaba umugaragu wa Gato.”


Nuko Uhoraho ahagurutsa umurengezi wo gutabara Abisiraheli maze barokoka Abanyasiriya, bityo Abisiraheli basubirana umutekano nka mbere.


bityo baba baragusebeje cyane. Wabagabije abanzi babo kugira ngo babakandamize, bageze iwa ndabaga baragutakambira ubumva uri mu ijuru, kubera impuhwe zawe nyinshi wabahaye abatabazi, babagobotoye mu maboko y'abanzi babo.


Nubwo nta buye ryayo rikigeretse ku rindi, abagaragu bawe turayikunda, tuyigirira impuhwe nubwo yabaye amatongo.


Abantu bo mu bihugu byose bazazirikana Uhoraho bamugarukire, amahanga yose azamwikubita imbere amuramye.


Koko Uhoraho ni Umwami, ni we ugenga amahanga yose.


Nimuririmbire Imana, koko nimuyiririmbire! Nimuririmbire Umwami wacu, koko nimumuririmbire!


Mana, abantu b'amoko yose nibagusingize, abantu bose nibagusingize.


Ibyo bizaba ikimenyetso n'ubuhamya ko Uhoraho Nyiringabo ari mu gihugu cya Misiri. Igihe Abanyamisiri bazatabaza Uhoraho kubera ababakandamiza, azaboherereza umukiza uzabatabara, ababohore.


Ukwezi n'izuba ntibizamurika, koko Uhoraho Nyiringabo azaba umwami w'i Siyoni n'i Yeruzalemu, ikuzo rye rizigaragariza abakuru b'imiryango.


Abazi gushishoza bazarabagirana ubwiza nk'ikirere, bazahora bererana nk'inyenyeri iteka ryose kubera ko batumye abantu benshi baba intungane.


Nuko icyuma n'ibumba n'umuringa n'ifeza n'izahabu byose birajanjagurika, bihinduka nk'umurama wo ku mbuga mu gihe cy'isarura, umuyaga urabitumura ntihagira igisigara. Naho rya buye ryikubise ku ishusho rihinduka umusozi munini ukwira isi yose.


“Ku ngoma z'abo bami, Imana nyir'ijuru izashyiraho ubwami buzahoraho ntibuhangūke kandi nta wuzabwigarurira. Ubwo bwami buzarimbura butsembe ubundi bwami bwose bwabubanjirije, maze bwo buhoreho iteka ryose.


Ahabwa ubutegetsi n'ikuzo n'ubwami kandi abantu b'amoko yose n'ab'amahanga yose n'abavuga indimi izo ari zo zose baramuyoboka. Ubutegetsi bwe ni ubutegetsi bw'iteka butazashira, kandi ingoma ye ntizahangūka.


Naho ubwami n'ubutegetsi n'icyubahiro cy'ubwami bwose bwo ku isi bizahabwa imbaga y'intore z'Isumbabyose. Ubwami bwayo buzahoraho iteka, abategetsi bose bazajya bayumvira kandi banayikorere.”


Abacumbagira n'abatataniye kure nzabarokora, bazaba ubwoko bukomeye, jyewe Uhoraho nzabategeka, nzabategekera ku musozi wa Siyoni kuva ubwo kugeza iteka ryose.


Uwo munsi Uhoraho azaba Umwami ugenga isi yose, kuko Uhoraho ari we Mana wenyine, ni we wenyine ukwiye gusengwa.


ubwami bwawe nibuze. Ibyo ushaka bibe ari byo bikorwa ku isi, nk'uko bikorwa mu ijuru.


Ntutureke ngo tugwe mu byadushuka, ahubwo udukize ikibi, [kuko ubwami n'ubushobozi n'ikuzo ari ibyawe iteka ryose. Amina.]’


kugira ngo muzarye kandi munywe dusangirira mu bwami bwanjye, maze mwicare ku ntebe za cyami mucire imanza imiryango cumi n'ibiri y'Abisiraheli.”


Wirinde ubwawe, witondere n'ibyo wigisha ubyizirikeho. Nugenza utyo uzahabwa agakiza wowe n'abagutega amatwi.


mumenye ko ugaruye umunyabyaha akava mu nzira yayobeyemo, azaba akijije uwo muntu urupfu rw'iteka kandi atume ibyaha byinshi bibabarirwa.


Hanyuma umumarayika wa karindwi avuza impanda. Mu ijuru humvikana amajwi y'abavuga cyane bati: “Ukwiriye kwima ingoma ngo ategeke iyi si ni Nyagasani Imana yacu hamwe na Kristo yatoranyije, kandi izayigenga iteka ryose.”


Hanyuma numva ijwi ry'imbaga nyamwinshi rirangira nk'amazi menshi asuma, cyangwa nk'iry'inkuba zihinda cyane. Numva bavuga ngo: “Haleluya! Nidushime Nyagasani Imana yacu Ishoborabyose, kuko yimye ingoma.


Mbona n'intebe za cyami zicaweho n'abahawe ubushobozi bwo guca imanza. Mbona n'abantu baciwe imitwe bahōrwa gukomera ku by'ukuri Yezu yahamije, no gutangaza Ijambo ry'Imana. Abo ntibigeze baramya cya gikōko cyangwa ishusho yacyo, kandi ntibigeze bemera gushyirwaho ikimenyetso cyacyo mu ruhanga cyangwa mu kiganza. Nuko barazuka bimana ingoma na Kristo imyaka igihumbi.


Hanyuma Uhoraho yabashyiriyeho abarengezi bo kubakiza abanzi babanyagaga ibyabo.


Abisiraheli batakambira Uhoraho maze abashyiriraho umuntu wo kubakiza. Uwo ni Otiniyeli mwene Kenazi murumuna wa Kalebu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan