Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:10 - Bibiliya Ijambo ry'imana

10 “Mwa Bedomu mwe, mwagiriye urugomo bene wanyu bakomoka kuri Yakobo, ni cyo gituma muzakorwa n'isoni, muzarimbuka ubuziraherezo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 “Urugomo wagiriye mwene so Yakobo ni rwo ruzagutera gukorwa n'isoni cyane, kandi kurimbuka kwawe kuzaba ukw'iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 “Mwa Bedomu mwe, mwagiriye urugomo bene wanyu bakomoka kuri Yakobo, ni cyo gituma muzakorwa n'isoni, muzarimbuka ubuziraherezo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Urugomo n’ubwicanyi wagiriye umuvandimwe wawe Yakobo, ni byo bitumye uzakorwa n’ikimwaro, ukarimbuka ubuziraherezo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:10
30 Iomraidhean Croise  

Yakobo asubiza nyina ati: “Mukuru wanjye Ezawu afite ubyoya bwinshi, naho jye nta bwo mfite.


Nuko Ezawu arwara inzika umuvandimwe we Yakobo, amuziza ko se yamuhaye umugisha. Yaribwiye ati: “Data ari hafi gupfa, ibyo kumushyingura nibirangira nzahita nica Yakobo!”


Ubwo kandi Abedomu bari bateye Abayuda babajyana ho iminyago.


Abanshinja nibamware bakenyere ikimwaro, nibakorwe n'isoni zibabere umwitero.


Abanzi be nzabakoza isoni, naho we atamirize ikamba rirabagirana.”


Uhoraho, uzirikane Abedomu, uzirikane ibyo bavuze igihe i Yeruzalemu haterwaga, baravuze bati: “Nimuhasenye, nimuhasenye mugeze ku mfatiro zaho!”


Nyagasani Uhoraho Nyiringabo, abakwiringira be kumwara kubera jye, Mana ya Isiraheli, abakwambaza be gukorwa n'isoni kubera jye.


Wamunyaze icyubahiro cye, intebe ye ya cyami uyitembagaza hasi.


Intungane zihesha imigisha, nyamara amagambo y'abagizi ba nabi ahishira ubugome.


Ukwena umukene aba atuka Umuremyi, uwishimira amakuba y'undi ntazabura guhanwa.


Uhoraho aravuga ati: “Abaturanyi ba Isiraheli b'abagome bigabije igihugu nahaye ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli, nzabirukana mu bihugu byabo, nzavana Abayuda mu maboko y'abo bagome.


Nimureke dukorwe n'ikimwaro, isoni nizidutere kumirwa. Twe na ba sogokuruza twaracumuye, twacumuye ku Uhoraho Imana yacu. Twacumuye kuva tukiri bato kugeza ubu, ntabwo twigeze twubaha Uhoraho Imana yacu.”


Ndahiye ko umurwa wanyu Bosira uzahinduka amatongo n'igiterashozi, uzahinduka urw'amenyo n'iciro ry'imigani. Imijyi yose iwukikije na yo izahinduka amatongo iteka ryose.”


Muravuga muti: ‘Twakojejwe isoni, twaratutswe dukorwa n'ikimwaro, abanyamahanga binjiye ahaziranenge h'Ingoro y'Uhoraho.’ ”


Nimwishime munezerwe, baturage ba Edomu, mwebwe abatuye mu gihugu cya Usi. Nyamara namwe amakuba azabagwirira, ubugome bwanyu buzajya ahagaragara.


Bantu b'i Siyoni, igihano cyanyu kirarangiye, ntimuzongera kujyanwa ho iminyago ukundi. Naho mwebwe baturage ba Edomu, muzahanirwa ubugome bwanyu, Uhoraho azagaragaza ibicumuro byanyu.


Nzayihindura ikidaturwa iteka ryose, nta muntu uzongera gutura mu mijyi yanyu. Ubwo ni bwo muzamenya ko ndi Uhoraho.


Bazambara imyambaro igaragaza akababaro, ubwoba buzabataha. Bazakorwa n'isoni bimoze imisatsi.


Uhoraho aravuga ati: “Abedomu bancumuyeho kenshi, ni yo mpamvu ntazareka kubahana. Nzabahanira ko bafashe inkota bagatoteza bene wabo, erega ntibabagiriye impuhwe, bahoraga babarakariye babarwaye inzika!


Abanzi bacu bazabireba bakorwe n'isoni, ba bandi badushungeraga bati: “Uhoraho Imana yanyu yabamariye iki?” Tuzabītegereza, bazanyukanyukwa nk'icyondo cyo mu nzira.


Ntimukange Abedomu kuko ari bene wanyu, kandi ntimukange Abanyamisiri kuko mwasuhukiye mu gihugu cyabo.


Abuzukuru babo bazemererwa kujya mu ikoraniro ry'Uhoraho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan