Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 1:2 - Bibiliya Ijambo ry'imana

2 kugeza ku munsi ajyanywe mu ijuru. Ibyo bitaraba yagize ibyo amenyesha abo yari yaratoranyije kuba Intumwa ze, akoresheje Mwuka Muziranenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 kugeza ku munsi yazamuriwe mu ijuru amaze gutegeka intumwa yatoranije, azitegekesha Umwuka Wera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 kugeza ku munsi ajyanywe mu ijuru. Ibyo bitaraba yagize ibyo amenyesha abo yari yaratoranyije kuba Intumwa ze, akoresheje Mwuka Muziranenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 kugera ubwo ajyanywe mu ijuru, amaze guha intumwa yari yaritoreye amabwiriza ye, abigirishije Roho Mutagatifu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 1:2
50 Iomraidhean Croise  

Uhoraho aravuga ati: “Dore umugaragu wanjye nshyigikiye, ni we nitoranyirije ndamwishimira. Nzamushyiramo Mwuka wanjye, azatangariza amahanga ubutabera.


Nimunyegere mwumve ibyo mbabwira, kuva mu ntangiriro navugiye ahagaragara, kuva ibyo bibaye ndiho.” None rero Nyagasani Uhoraho yanyohereje, yansendereje Mwuka we.


Mwuka wa Nyagasani Uhoraho ari kuri jye, yansīze amavuta arantoranya, yantoranyirije kugeza ubutumwa bwiza ku bakene. Yaranyohereje ngo mvure abashavuye, yantumye gutangariza imfungwa ko zifunguwe, yantumye gutangariza abakandamijwe ko bavuye mu buja.


Noneho kubera ko ari Mwuka w'Imana utuma menesha ingabo za Satani, ni ukuvuga ko ubwami bwayo bubagezeho.


Yezu amaze kubatizwa ahita ava mu mazi. Muri ako kanya ijuru rirakinguka, abona Mwuka w'Imana amumanukiraho asa n'inuma.


Nuko Intumwa za Yezu zigaruka aho ari, zimutekerereza ibyo zakoze n'ibyo zigishije byose.


Igihe akibaha umugisha, atandukana na bo ajyanwa mu ijuru.


Igihe cya Yezu cyo kujyanwa agasubira mu ijuru cyari cyegereje, maze agambirira bidakuka kujya i Yeruzalemu.


Twese twahawe ku migisha ye isendereye, kandi tugirirwa ubuntu bugeretse ku bundi.


Hari ku munsi ubanziriza Pasika y'Abayahudi. Yezu yari azi ko igihe kigeze cyo kuva kuri iyi si agasubira kwa Se. Nk'uko yari asanzwe akunda abe bari ku isi, ni ko yakomeje kubakunda byimazeyo.


“Si mwebwe mwese mvuga kuko nzi abo natoranyije. Ariko ni ngombwa ko ibi Byanditswe biba ngo: ‘Uwo dusangira ni we umpindutse’.


Yezu yari azi ko Se yamweguriye ibintu byose kandi ko yaturutse ku Mana, akazasubira ku Mana.


Naturutse kwa Data nza ku isi, kandi ubu ngiye kuva ku isi nsubire kwa Data.”


Ubu rero nje aho uri ariko ibyo mbivuze nkiri ku isi, kugira ngo ibyishimo byanjye bibasendere mu mitima.


Yezu aramubwira ati: “Wishaka kungumana kuko ntarazamuka ngo njye kwa Data! Ahubwo genda usange abavandimwe banjye, ubabwire ko ngiye kuzamuka nkajya kwa Data ari we So, nkajya ku Mana yanjye ari yo Mana yanyu.”


Ababwira ubwa kabiri ati: “Nimugire amahoro! Uko Data yantumye ni ko nanjye mbatumye.”


Uwatumwe n'Imana avuga ubutumwa bwayo, kuko Imana itanga Mwuka wayo itazigama.


Noneho se byamera bite mubonye Umwana w'umuntu azamutse ajya aho yahoze mbere?


Yezu arabasubiza ati: “Mbese si jye wabatoranyije uko muri cumi na babiri? Nyamara umwe muri mwe ni intumwa ya Satani.”


Barababaza bati: “Yemwe bagabo bo muri Galileya, ni iki kibahagaritse aho mwitegereza ku ijuru? Yezu uwo ubavanywemo akajyanywa mu ijuru, azagaruka nk'uko mumubonye ajyayo.”


Bagezeyo bajya muri cya cyumba cyo hejuru, aho babaga ubusanzwe. Abo bari Petero na Yohani na Yakobo, Andereya na Filipo, na Tomasi na Barutolomayo, na Matayo na Yakobo mwene Alufeyi, na Simoni wari umurwanashyaka w'igihugu, na Yuda mwene Yakobo.


uhereye ubwo Yohani yabatizaga ukageza ku munsi Yezu yadukuriwemo akajya mu ijuru. Umwe muri bo ni we uzafatanya natwe, kugira ngo abe umugabo wo guhamya izuka rye.”


Amaze kuvuga atyo azamurwa bamureba, igicu kiramubakingiriza.


Muzi n'ibya Yezu w'i Nazareti, ukuntu Imana yamusutseho Mwuka Muziranenge, ikamuha n'ububasha akagenda hose agirira abantu neza, akiza abo Satani yatwazaga igitugu bose bitewe n'uko Imana yari kumwe na we.


Jyewe Pawulo utagizwe Intumwa n'abantu cyangwa ngo bicishwe ku muntu runaka, ahubwo nkaba naragizwe Intumwa na Yezu Kristo ubwe n'Imana Se yamuzuye mu bapfuye,


Mwubatswe nk'amabuye ku rufatiro rugizwe n'Intumwa za Kristo n'abahanuzi, Kristo Yezu akababera ibuye nsanganyarukuta.


Nta wabihakana, ibanga ryo kubaha Imana rirakomeye. Uwo rivuga yagaragajwe ari umuntu, avugwa ko ari intungane na Mwuka w'Imana, arangamirwa n'abamarayika, yamamazwa mu mahanga, yemerwa n'abo ku isi, ajyanwa mu ijuru, ahabwa ikuzo.


Erega Kristo ntiyinjiye mu Cyumba kizira inenge cyubatswe n'abantu, gishushanya gusa icyo mu ijuru! Ahubwo yagiye mu ijuru nyir'izina, ubu ni ho ari aduhagarariye imbere y'Imana.


wagiye mu ijuru akaba ari iburyo bw'Imana, aho yahawe kugenga abamarayika n'ibinyabushobozi n'ibinyabubasha.


Ndabibutsa ibyavuzwe kera n'abahanuzi batumwe n'Imana, kimwe n'amabwiriza ya Nyagasani Umukiza wacu mwashyikirijwe n'Intumwa yabatumyeho.


Ibi ni ibyahishuwe na Yezu Kristo abihawe n'Imana, kugira ngo yereke abagaragu be ibyenda kubaho. Yabimenyesheje umugaragu we Yohani amutumyeho umumarayika.


“ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w'Imana abwira amatorero yayo! Utsinda wese ntacyo urupfu rwa kabiri ruzamutwara.’


“ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w'Imana abwira amatorero yayo! Utsinda wese nzamugaburira manu ihishwe. Buri wese kandi nzamuha ibuye ryera ryanditsweho izina rishya, ritazwi n'umuntu uwo ari we wese keretse uzaba arihawe.’


“ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w'Imana abwira amatorero yayo!’


“ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w'Imana abwira amatorero yayo! Utsinda wese nzamuha kurya ku mbuto z'igiti cy'ubugingo, kiri mu busitani bw'Imana.’


Urukuta rw'uwo murwa rwari rwubatswe ku rufatiro rw'amabuye cumi n'abiri, kandi kuri ayo mabuye hari handitseho amazina y'Intumwa cumi n'ebyiri z'Umwana w'intama.


“ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w'Imana abwira amatorero yayo!’


None rero ubwo uri akazuyazi ukaba udakonje ntunashyuhe, ngiye kukuruka!


“ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w'Imana abwira amatorero yayo!’ ”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan