Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:27 - Bibiliya Ijambo ry'imana

27 Mu gihe cy'imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y'imyaka itatu n'igice, azakuraho ibitambo n'amaturo batura Imana. Ku munara w'Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk'uko Imana yabitegetse.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

27 Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n'amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry'ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

27 Mu gihe cy'imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y'imyaka itatu n'igice, azakuraho ibitambo n'amaturo batura Imana. Ku munara w'Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk'uko Imana yabitegetse.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:27
43 Iomraidhean Croise  

Muravuga muti: “Twagiranye isezerano n'urupfu, twahanye igihango n'ikuzimu. Bityo icyago nikiza ntikizatugeraho, twishingikirije ku kinyoma n'uburiganya.”


None rero nimureke guhinyura iyo miburo, hato mutava aho murushaho kwishyira mu kaga. Koko Nyagasani Uhoraho Nyiringabo yabimbwiye, yafashe icyemezo kidakuka cyo gutsemba igihugu cyose.


“Jyewe Uhoraho naguhamagariye guharanira ubutungane, nzagushyigikira nkurinde, nzagirana Isezerano n'abantu ndikunyujijeho, uzaba urumuri rwo kumurikira amahanga.


Uhoraho aravuze ati: “Umugaragu wanjye namara kubabazwa azanezerwa, azishimira imbuto z'umubabaro we. Umugaragu wanjye w'intungane azakoresha ubumenyi, azabukoresha atume benshi baba intungane, azigerekaho ibicumuro byabo.


Bantu banjye, nimunyumve munsange, nimunyumve muzabaho. Nzagirana namwe Isezerano rihoraho, nzabaha ibyiza nasezeraniye Dawidi.


Uhoraho aravuga ati: “Abayuda bakoreye ibibi imbere yanjye, bashyize ibigirwamana byabo bizira mu Ngoro yanyeguriwe, maze barayihumanya.


Azohereza ingabo ze zihumanye ikigo cy'Ingoro y'Imana, zibuze gutamba ibitambo bya buri munsi kandi zishyireho igiterashozi kirimbuzi.


“Wa mwami azajya akora icyo yishakiye, azishyira hejuru yikomeze kuruta imana zose, ndetse azasebya n'Imana nyamana ku buryo bukabije. Azabikora kugeza ubwo uburakari bwe buzaba bushize, kuko Imana yari yaremeje ko bizagenda bityo.


Kuva igihe ibitambo bya buri munsi bizahagarikwa hagashyirwaho igiterashozi kirimbuzi, hazashira iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo cyenda.


Azatuka Isumbabyose kandi azatoteza intore zayo, azafata umugambi wo guhindura iminsi mikuru n'amategeko byayo. Uwo mwami azatoteza intore z'Imana igihe cy'imyaka itatu n'igice.


Ngiye kumva numva umumarayika aravuze, undi aramubwira ati: “Dore nawe muri iryo bonekerwa, ibitambo bya buri munsi ntibigitambwa, ubugome bwabaye kirimbuzi, Ingoro y'Imana barayigaruriye, ingabo zayo na zo barazitsembye. Ese ibyo bizagumaho bigeze ryari?”


Koko Abisiraheli bazamara iminsi myinshi badafite umwami cyangwa umutware. Nta gitambo bazatamba, ntibazasenga inkingi z'amabuye, ntibazagira ibikoresho byo gufindura ubushake bw'Imana.


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ cyavuzwe n'umuhanuzi Daniyeli gihagaze mu Ngoro y'Imana – usoma ibi abyumve neza -


Aya ni amaraso yanjye ahamya Isezerano [rishya] Imana igiranye n'abayo, amenwe ku bw'abantu benshi kugira ngo bababarirwe ibyaha.


Nuko mu Ngoro y'Imana umwenda wakingirizaga Icyumba kizira inenge cyane utabukamo kabiri, uhereye hejuru ukageza hasi. Isi iratingita, ibitare biriyasa.


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ gihagaze aho kitagomba kuba – usoma ibi abyumve neza – icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi.


“Ubwo muzabona Yeruzalemu igoswe n'ingabo, muzamenye ko igiye kurimbuka bidatinze.


Bazashirira ku nkota, abandi bajyanwe ho iminyago mu mahanga yose, Yeruzalemu iribatwe n'abanyamahanga kugeza igihe barangirije ibyabazanye.


Uko ni ko urubyaro rwose rwa Isiraheli ruzakizwa, nk'uko Ibyanditswe bivuga ngo “Umutabazi azava i Siyoni, atsembe ubugome mu bakomoka kuri Yakobo.


Icyakora igicumuro cya Adamu nta wakigereranya n'impano Imana itanga. Ni ukuri igicumuro cy'umuntu umwe cyateje rubanda rwose urupfu. Nyamara ubuntu bw'Imana mbega ukuntu buhebuje, kimwe n'impano igabira abantu bayikesha umuntu umwe Yezu Kristo, ikarushaho gusakara muri rubanda!


Koko rero nk'uko kutumvira Imana k'umuntu umwe kwatumye rubanda baba abanyabyaha, ni na ko kumvira k'umuntu umwe kuzahesha rubanda gutunganira Imana.


Ni na ko Kristo yatambwe rimwe rizima, yigeretseho ibyaha by'abantu benshi. Ahasigaye azagaruka ubwa kabiri atazanywe no gukuraho ibyaha, ahubwo azaniye abamutegereje agakiza.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan