Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:24 - Bibiliya Ijambo ry'imana

24 Nyuma y'imyaka magana ane na mirongo cyenda, ni bwo ibicumuro n'ibyaha n'ubugome bw'ubwoko bwawe n'umurwa w'Imana yawe bizatsembwa bigashiraho. Ni bwo kandi ubutungane buzaganza iteka ryose, amabonekerwa n'ubuhanuzi bigasohozwa, Icyumba kizira inenge cyane kikegurirwa Imana hakoreshejwe amavuta.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

24 “Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n'umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n'ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw'iteka, ibyerekanywe n'ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

24 Nyuma y'imyaka magana ane na mirongo cyenda, ni bwo ibicumuro n'ibyaha n'ubugome bw'ubwoko bwawe n'umurwa w'Imana yawe bizatsembwa bigashiraho. Ni bwo kandi ubutungane buzaganza iteka ryose, amabonekerwa n'ubuhanuzi bigasohozwa, Icyumba kizira inenge cyane kikegurirwa Imana hakoreshejwe amavuta.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:24
50 Iomraidhean Croise  

Abatambyi barayica maze amaraso yayo bayamisha ku rutambiro, aba igitambo cy'impongano y'ibyaha by'Abisiraheli bose, kuko umwami yari yarategetse gutamba igitambo gikongorwa n'umuriro, n'igitambo cy'impongano y'ibyaha by'Abisiraheli bose.


Aragira ati: “Ni jye ubwanjye wiyimikiye umwami, namwimikiye ku musozi wa Siyoni nitoranyirije.”


Mana, ingoma yawe ihoraho iteka ryose, abantu bawe ubategekesha ubutabera.


Ntazacika intege kandi ntazacogora ubutabera butaraganza ku isi, abatuye kure bazagirira icyizere amabwiriza ye.”


Nimwubure amaso murebe ku ijuru, nimurebe no ku isi. Ijuru rizayoyoka nk'umwotsi, isi izasaza nk'umwambaro, abayituye bazapfa nk'isazi. Nyamara agakiza kanjye kazahoraho iteka, ubutungane bwanjye buzahoraho.


Koko rero umuswa uzabarya nk'umwambaro, inzukira zizabamunga nk'umwambaro w'ubwoya, nyamara ubutungane bwanjye buzahoraho iteka, agakiza kanjye kazahoraho iteka.”


Uhoraho aravuze ati: “Nimuharanire ubutabera mukore ibitunganye, dore agakiza kanjye karegereje, ubutungane bwanjye bugiye kwigaragaza.


Mwuka wa Nyagasani Uhoraho ari kuri jye, yansīze amavuta arantoranya, yantoranyirije kugeza ubutumwa bwiza ku bakene. Yaranyohereje ngo mvure abashavuye, yantumye gutangariza imfungwa ko zifunguwe, yantumye gutangariza abakandamijwe ko bavuye mu buja.


Bantu b'i Siyoni, igihano cyanyu kirarangiye, ntimuzongera kujyanwa ho iminyago ukundi. Naho mwebwe baturage ba Edomu, muzahanirwa ubugome bwanyu, Uhoraho azagaragaza ibicumuro byanyu.


“Yewe muntu, tera indirimbo y'amaganya kubera umwami wa Tiri, maze umubwire ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuze nti: ‘Wa mwami wa Tiri we, wahoze uri intangarugero mu butungane, kandi wari ufite ubwenge n'ubwiza bihebuje.


Ibyo uzabikora iminsi magana atatu na mirongo cyenda, ingana n'imyaka Abisiraheli bamaze bacumura. Bityo uzayimara wikoreye ibyaha by'Abisiraheli.


Nurangiza iyo minsi uzahindukire uryamire urubavu rw'iburyo, umare iminsi mirongo ine wikoreye ibyaha by'Abayuda. Ngutegetse kubikora umunsi umwe mu mwaka, ukazamara igihe kingana n'imyaka Abayuda bamaze bacumura.


“Muzakomeze kuraza imirima mu mwaka wa karindwi mubigire incuro ndwi, ni ukuvuga imyaka mirongo ine n'icyenda.


Musa aracyica afata ku maraso yacyo, ayasīgisha urutoki ku mahembe y'urutambiro kugira ngo aruhumanure, asigaye ayasuka ku gice cyo hasi cy'urutambiro kugira ngo arwegurire Uhoraho kandi arutunganye.


Nuko arambwira ati: “Ariya mashami ashushanya ba bagabo babiri Nyagasani umugenga w'isi yose yatoranyije, akabasiga amavuta kugira ngo bamukorere.”


Mwamaze iminsi mirongo ine mutata igihugu, noneho muzamara imyaka mirongo ine mu butayu muryozwa ibicumuro byanyu, umunsi uhwane n'umwaka. Bityo muzamenya ingaruka zo kungomera.


Azabyara umuhungu umwite Yezu, kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha.”


Ibyanditswe n'abahanuzi bose no mu Mategeko, byakomeje guhanura ibyabwo kugeza igihe cya Yohani.


Satani amujyana i Yeruzalemu umujyi Imana yitoranyirije, amuhagarika ku munara w'Ingoro y'Imana,


“Yezu w'i Nazareti, uradushakaho iki? Mbese wazanywe no kuturimbura? Nzi uwo uri we, ni wowe Muziranenge wavuye ku Mana.”


Umumarayika aramusubiza ati: “Mwuka Muziranenge azakuzaho, n'ububasha bw'Imana Isumbabyose bukubumbatire. Ni cyo gituma umwana uzabyara azaba umuziranenge, yitwe Umwana w'Imana.


kuko iminsi yo guhana abagomeye Imana izaba igeze, ngo bibe nk'uko Ibyanditswe byose bivuga.


Uwo abanza gushaka umuvandimwe we Simoni, amubonye aramubwira ati: “Twabonye Mesiya” (risobanurwa ngo “Kristo”),


Uwatumwe n'Imana avuga ubutumwa bwayo, kuko Imana itanga Mwuka wayo itazigama.


Mwihakanye uwo Muziranenge akaba n'Intungane, maze mu cyimbo cye musaba ko bababohorera umwicanyi.


Musa yaravuze ati: ‘Nyagasani Imana yanyu azabatumaho umuhanuzi umeze nkanjye ukomoka muri mwe, muzumvire ibyo azababwira byose.


Abami bayo barahagurutse, abategetsi bayo na bo bishyize hamwe, barikunganyije ngo barwanye Nyagasani, barwanye n'Uwo yimikishije amavuta.’


Igihe twari tukiri abanzi b'Imana ni bwo yiyunze na twe ikoresheje urupfu rw'Umwana wayo, none rero ubwo twunzwe na yo n'urupfu rwe, tuzarushaho gukizwa no kubaho kwe.


Imana ubwayo ni yo yabahaye kuba muri Kristo Yezu, ni we utubera ubwenge buva ku Mana n'ubutungane n'ubuziranenge n'ugucungurwa.


kandi mpore muri we ntiratana ubutungane buzanwa no gukurikiza Amategeko, ahubwo nirata ubutungane buzanwa no kwizera Kristo, ari bwo Imana itanga bushingiye ku kumwemera.


maze yunga ibintu byose na yo ikoresheje uwo Mwana wayo, ari ibyo ku isi ari n'ibyo mu ijuru, izana amahoro bitewe n'amaraso yamenewe ku musaraba.


isibanganya urwandiko rutondagura imyenda twashinjwaga n'amategeko, irukuzaho kurumanika ku musaraba wa Yezu.


Bityo bitewe n'igitambo cye kimwe, Kristo yamaze kugira indakemwa abo ahindura intore z'Imana.


Kubera iyo mpamvu yagombaga guhinduka, akamera nk'abavandimwe be ku buryo bwose, kugira ngo abe Umutambyi mukuru udahemuka kandi ugira imbabazi, ahagararire abantu imbere y'Imana, ahongerere ibyaha byabo kugira ngo bababarirwe.


Nuko rero Yezu ni we Mutambyi mukuru twari dukeneye, ntagira inenge cyangwa amakemwa cyangwa umugayo. Yatandukanyijwe n'abanyabyaha ashyirwa mu ijuru ahasumba byose.


Iyo biba bityo yari kubabazwa akicwa incuro nyinshi kuva isi yaremwa. Ariko muri iki gihe giheruka ibindi yabonetse rimwe rizima, yitanga ho igitambo cyo kumaraho ibyaha.


Jyewe Simoni Petero umugaragu wa Yezu Kristo n'Intumwa ye, ndabandikiye mwebwe mwahawe kumwizera gufite agaciro kamwe n'ukwacu, mubikesha ubutabera bw'Imana yacu na Yezu Kristo Umukiza.


Ukora ibyaha ni uwa Satani, kuko kuva mbere na mbere Satani akora ibyaha. Icyazanye Umwana w'Imana ku isi, ni ukugira ngo atsembe ibikorwa bya Satani.


Hanyuma mbona undi mumarayika agurukira iriya kure mu kirere cy'ijuru. Yari afite Ubutumwa bwiza buhoraho yahawe ngo abutangarize abatuye isi bose b'amahanga yose, n'imiryango yose n'abavuga indimi izo ari zo zose n'ab'amoko yose.


“Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry'Imana ry'i Filadelifiya uti: ‘Uwitwa Umuziranenge n'Umunyakuri wasigaranye urufunguzo rw'Umwami Dawidi, wa wundi ufunga ntihagire ufungura, kandi yafungura ntihagire ufunga aravuze ngo:


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan