Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:15 - Bibiliya Ijambo ry'imana

15 “Nyagasani Mana yacu, ubwo wadukuraga mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bwawe bwinshi wabaye icyamamare kugeza n'ubu, ariko twebwe ubwoko bwawe twakoze ibyaha tugucumuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 “Noneho Nyagasani Mana yacu, nubwo wakuje ubwoko bwawe muri Egiputa amaboko yawe akomeye, ukihesha icyubahiro kugeza ubu, twaracumuye dukora nabi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 “Nyagasani Mana yacu, ubwo wadukuraga mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bwawe bwinshi wabaye icyamamare kugeza n'ubu, ariko twebwe ubwoko bwawe twakoze ibyaha tugucumuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:15
30 Iomraidhean Croise  

Erega ni abantu bawe! Ni bo mwihariko wawe wikuriye mu Misiri hāri habamereye nk'itanura rishongesha ibyuma!


Nzabigenza ntyo mbitewe n'uko bakomeje gukora ibitanogeye, bityo bukandakaza kuva ba sekuruza bavanwa mu Misiri kugeza na n'ubu.’ ”


bagera mu gihugu bajyanywe ho iminyago bakihana bakagutakambira bati: ‘Twakoze ibyaha, twaracumuye, twakoze iby'ubugome.’


Abo bantu ni twebwe abagaragu bawe wacunguje imbaraga zawe nyinshi n'ubushobozi bwawe bwinshi.


Ndakwinginze undebe jyewe umugaragu wawe, kandi utege amatwi wumve gutakamba kwanjye nsenga ku manywa na nijoro, nsabira Abisiraheli abagaragu bawe. Ni koko ndemera ko twebwe Abisiraheli twagucumuyeho, ndetse nanjye ubwanjye na ba sogokuruza


Ibimenyetso n'ibitangaza bihambaye wabyerekaniye ku mwami wa Misiri, no ku byegera bye n'abaturage b'icyo gihugu. Koko wabonye agahato bashyiraga kuri ba sogokuruza. Icyo gihe wabaye ikirangirire ahantu hose, nk'uko muri iyi minsi uri ikirangirire mu bantu.


Nyamara we yagiriye ikuzo rye arabarokora, yerekanye ububasha bwe.


“Mu gihe kizaza abana banyu nibabaza icyo uwo muhango usobanura, muzabasubize muti: ‘Uhoraho yadukuje ububasha bwe mu Misiri aho twari inkoreragahato.


Bityo uwo muhango uzababere urwibutso, kimwe n'uko mwagira ikimenyetso ku maboko cyangwa ku gahanga. Uzabibutsa ko Uhoraho yadukuje mu Misiri ububasha bwe.”


Musa abwira abantu ati: “Mujye mwibuka umunsi Uhoraho yabakuye mu Misiri aho mwari inkoreragahato, ahabakuje ububasha bwe. Muzarye imigati idasembuye mwizihiza uyu munsi


Bityo iyo minsi mikuru izababere urwibutso, kimwe n'uko mwagira ikimenyetso ku maboko cyangwa ku gahanga. Izabibutsa kuvuga no kuzirikana Amategeko y'Uhoraho wabakuje mu Misiri ububasha bwe.


Nimara kubatsinda nzahabwa ikuzo, kandi Abanyamisiri bazamenya uwo ndi we.”


Ariko Musa yinginga Uhoraho Imana ye ngo acururuke, avuga ati: “Uhoraho, ntibikwiye ko urakarira bariya bantu wikuriye mu Misiri ukoresheje ububasha bwawe bukomeye.


Uhoraho asubiza Musa ati: “Ugiye kwirebera icyo nzakorera uwo mwami wa Misiri. Nzamuhata areke Abisiraheli bagende, ndetse muhate abirukane bamuvire mu gihugu!”


None genda umbwirire Abisiraheli uti: ‘Ndi Uhoraho. Nzabakura mu mirimo y'agahato mukoreshwa n'Abanyamisiri. Nzabacunguza ububasha bukomeye kandi mpane ababakandamije.


ariko narakwihoreye kugira ngo nkwereke imbaraga zanjye, kandi bitume menyekana ku isi yose.


Ahari ibihuru by'amahwa hazamera amasipure, ahari imifatangwe hazamera ibiti bihumura neza. Bityo bizahesha Uhoraho ikuzo, bizaba ikimenyetso gihoraho kitazibagirana.


Ushyigikira abanezezwa no gukurikiza ubutungane, ushyigikira abakuzirikana bagakurikiza imigenzereze wabategetse. Niba waraturakariye ni uko twagucumuyeho, nyamara tuzakizwa.


Uhoraho, tuzi neza ubugome bwacu, tuzi neza ibicumuro bya ba sogokuruza, koko twagucumuyeho.


Nandika icyemezo cy'ubuguzi ngiteraho kashe imbere y'abagabo, maze iyo feza nyipima ku minzani.


“Twaracumuye turagoma, nawe Uhoraho ntiwatubabarira.”


Nyamara abayituye barenze ku byemezo nafashe, barangomeye kurusha amahanga, ntibakurikije amateka natanze kurusha ibihugu bibakikije. Bahinyuye ibyemezo nafashe, ntibakurikiza n'amateka natanze.


Nyamara twakoze ibyaha tugucumuraho, twagize nabi turakugomera, twateshutse amabwiriza yawe ntitwakurikiza n'ibyemezo wafashe.


Uwo muhungu abwira se ati: ‘Data, nacumuye ku Mana nawe ngucumuraho. Singikwiye kwitwa umwana wawe…’


“Umusoresha we yihagararira kure adatinyuka no kūbura amaso ngo arebe ku ijuru, yifata mu gituza yigaya ati: ‘Mana, ndi umunyabyaha ngirira imbabazi!’ ”


Ni yo yaturokoye urupfu rukomeye, rutyo rwose izanaturokora. Erega ni yo twiringiye, izongera iturokore


Ujye wibuka ko wabaye inkoreragahato mu Misiri, kandi ko jyewe Uhoraho Imana yawe nagukūjeyo ububasha bukomeye n'imbaraga nyinshi. Ni cyo cyatumye ngutegeka kubahiriza umunsi w'isabato.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan