Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:13 - Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Ibyo byago byatubayeho nk'uko byanditswe mu Mategeko ya Musa. Ariko Uhoraho Mana yacu, ntitwigeze tukwambaza cyangwa ngo tureke ibyaha byacu, kandi ngo tuzirikane ukuri wahishuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Ibyo byago byose byadusohoyeho nk'uko byanditswe mu mategeko ya Mose, nyamara ntabwo twinginze Uwiteka Imana yacu ngo itugirire imbabazi, ndetse ntitwareka gukiranirwa kwacu ngo tumenye iby'ukuri byayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Ibyo byago byatubayeho nk'uko byanditswe mu Mategeko ya Musa. Ariko Uhoraho Mana yacu, ntitwigeze tukwambaza cyangwa ngo tureke ibyaha byacu, kandi ngo tuzirikane ukuri wahishuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:13
35 Iomraidhean Croise  

“Uhoraho Imana ya Isiraheli aravuze ngo: ‘Ngiye guteza Yeruzalemu n'abayituye ibyago bikomeye nkurikije ibyanditswe mu gitabo umwami w'u Buyuda yasomye.


Abahakanamana babika inzika mu mitima yabo, nubwo Imana yabahana ntibayitakambira,


Umpumure amaso kugira ngo ndebe, ndebe ibitangaza biboneka mu Mategeko yawe.


Ujye unsobanurira uko nsohoza inshingano watanze, nanjye nzajya nzirikana ibitangaza wakoze.


Warambumbabumbye urandema, umpe gushishoza menye amabwiriza yawe.


Wacubije umujinya wawe wose, waretse uburakari bwawe bukaze.


Bazabona ishyano abajya gutabaza mu Misiri, biringira ubwinshi bw'amafarasi n'amagare y'intambara byaho. Bishingikiriza imbaraga z'abarwanira ku mafarasi, nyamara ntibita ku Muziranenge wa Isiraheli, ntibatabaza Uhoraho.


Dore ibyo nababwiye kera byarasohojwe, none ndababwira ibishya, mbibamenyesheje bitaraba.


Uhoraho aravuga ati: “Yemwe abakomoka kuri Yakobo, si jye mwiyambaje, mwa Bisiraheli mwe, mwaranzinutswe.


Nta n'umwe ukwiyambaza, nta n'umwe uhirimbanira kugushaka, waratwihishe uratureka kubera ibicumuro byacu.


Nyamara Uhoraho, ni wowe Data, tumeze nk'ibumba wowe uri nk'umubumbyi, ni wowe waturemye twese.


Uhoraho azatsemba Isiraheli mu gihe gito, azayitsemba ahereye ku mutwe kugera ku murizo.


Narabahannye ariko biba iby'ubusa, igihano nticyagira icyo kibigisha. Inkota yatsembye abahanuzi banyu, yabatsembye nk'aho ari intare y'inkazi.”


Incuti zanyu zose zarabibagiwe, zarabibagiwe ntizikibitayeho, koko nabahannye nk'uhana umwanzi. Nabahannye nihanukiriye kubera ibicumuro byanyu bikabije, narabahannye kubera ibyaha byanyu byinshi.


Numvise amaganya y'urubyaro rwa Efurayimu bagira bati: ‘Waraduhannye turabyemera, waduhannye nk'uhana ikimasa kitatojwe kumvira. Tugarure tuzakugarukira, koko uri Uhoraho Imana yacu.


Ibi byago bibugarije mwabitejwe n'uko mwosereje imibavu izindi mana mugacumura ku Uhoraho, ntimumwumvire kandi ntimukurikize amategeko ye n'amateka ye n'amabwiriza ye.”


Ngiye kubahagurukira kugira ngo mbagirire nabi, aho kubagirira neza. Abayuda bose bari mu Misiri bazatsembwa n'inkota n'inzara kugeza ubwo barimbutse.


None se Uhoraho, icyo ushaka si ukuri? Warabahannye nyamara ntibyagira icyo bibatwara, warabatsembye nyamara nta cyo byabigishije, barinangiye bamera nk'ibuye banga kwihana.


Uhoraho twigarurire tuzakugarukira, tugarure mu mibereho yacu ya kera.


Kubera ko wibagiwe ibyo nagukoreye igihe wavukaga, ahubwo ukandakaza kubera ibyo bikorwa byawe, nzakuryoza iyo myifatire yawe. Nzakwitura rero ibihwanye n'imigenzereze yawe. Koko rero, wakomeje uburaya ubugereka ku bindi bizira byose wakoze.” Uko ni ko Nyagasani Uhoraho avuze.


Abisiraheli bose iyo bava bakagera bishe Amategeko yawe banga kukumvira. None kubera ibyo waduhanishije umuvumo n'akaga byanditswe mu Mategeko ya Musa umugaragu wawe, koko rero twagucumuyeho.


Ubwirasi bw'Abisiraheli ni bwo bubashinja, ariko jyewe Uhoraho Imana yabo ntibangarukira, nubwo bimeze bityo ntibigera bantakambira.


Ntibantakambira babikuye ku mutima, ahubwo baborogera ku mariri yabo. Barikebagura kugira ngo ingano n'imizabibu byabo birumbuke, uko ni ko bangomera.


Umujinya wabo bose ugurumana nk'ifuru, bagatsemba abategetsi babo. Abami babo bose baricwa, nyamara nta n'umwe muri bo untakambira.


Nuko arabajijura kugira ngo basobanukirwe Ibyanditswe.


Tuzi ko Ibyanditswe bidakuka. Ba bantu babwiwe Ijambo ryayo, Imana ubwayo ni yo yabise imana.


Byanditswe n'abahanuzi ngo ‘Bose bazigishwa n'Imana.’ Umuntu wese wumva ibyo Data avuga akigishwa na byo, aza aho ndi.


Muzamenya ukuri kandi ukuri ni ko kuzabakūra mu buja.”


Ni iby'ukuri, ibye mwarabyumvise mwigishwa uko ateye, bikurikije ukuri kubonerwa muri Yezu.


Ariko kugeza n'ubu Uhoraho ntiyabahaye gusobanukirwa n'ibyo mwabonye n'ibyo mwumvise.


Niba muri mwe hari ubuze ubwenge nasabe Imana ibumuhe, kuko iha bose itītangira kandi idacyurira umuntu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan