Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:12 - Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Washohoje ibyo wari watuburiye twebwe n'abategetsi bacu, waduteje ibyago bikabije, dore bagiriye nabi Yeruzalemu ku buryo nta handi ku isi biraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Maze ikomeza amagambo yayo yatuvuzeho, no ku bacamanza bacu baduciraga imanza, ubwo yatuzaniraga ibyago bikomeye kuko nta handi munsi y'ijuru higeze hagenzwa nk'uko i Yerusalemu hagenjejwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Washohoje ibyo wari watuburiye twebwe n'abategetsi bacu, waduteje ibyago bikabije, dore bagiriye nabi Yeruzalemu ku buryo nta handi ku isi biraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:12
31 Iomraidhean Croise  

None rero Nyagasani, ndagusaba ubwenge buhagije bumbashisha kuyobora abantu bawe, kandi ngo menye gutandukanya icyiza n'ikibi. Naho ubundi sinabasha kuyobora abantu bawe benshi bangana batya.”


“Uhoraho Imana ya Isiraheli aravuze ngo: ‘Ngiye guteza Yeruzalemu n'abayituye ibyago bikomeye nkurikije ibyanditswe mu gitabo umwami w'u Buyuda yasomye.


Irindagiza abanyabwenge, abacamanza ibahindura ibicucu.


abami bo ku isi n'amoko yose ayituye, abategetsi n'abatware bose bo ku isi,


Mwa bami mwe, noneho murabe inyaryenge, mwa batware bo ku isi mwe, namwe nimwemere iyi miburo.


Ibikomangoma ni jye ubiha gutegeka, abanyacyubahiro na bo ni jye babikesha, abacamanza b'intabera na bo ni uko.


Ni yo mpamvu nahinyuye abatware b'Ingoro yanyu, abakomoka kuri Yakobo narabaretse ngo barimbuke, Abisiraheli narabaretse baratukwa.”


Ijambo ry'umugaragu wanjye ndiha agaciro gakomeye, nsohoza ibyo intumwa zanjye zihanura. Mbwira Yeruzalemu nti: ‘Uzongera uturwe’, mbwira imijyi y'u Buyuda nti: ‘Muzongera mwubakwe.’ Bityo amatongo yayo azasanwa.


Ndabona buri wese yasuherewe. Mbega ishyano! Ni umunsi uteye ubwoba, ni umunsi utagira undi bihwanye, ni igihe cy'umubabaro w'abakomoka kuri Yakobo, nyamara bazawurokoka.”


Baraje baracyigarurira, nyamara ntibakumvira ngo bakurikize Amategeko yawe. Ntibakoze ibyo wabategetse byose, bityo ubateza biriya byago byose.


“Genda ubwire Ebedimeleki w'Umunyakushi uti: ‘Uhoraho Nyiringabo Imana y'Abisiraheli aravuze ngo: Dore ngiye gusohoza ibyo navuze kuri uyu mujyi, nyamara si ibyiza ahubwo ni ibibi. Ibyo bizasohozwa.


Ibi byago bibugarije mwabitejwe n'uko mwosereje imibavu izindi mana mugacumura ku Uhoraho, ntimumwumvire kandi ntimukurikize amategeko ye n'amateka ye n'amabwiriza ye.”


“Yemwe bahisi n'abagenzi mwese, nimuze munyitegereze, nta kababaro kagereranywa n'ako mfite, akababaro natererejwe n'Uhoraho, akababaro yanteje igihe cy'uburakari bwe bukaze.


Yeruzalemu we, nkuvugeho iki? Bantu b'i Yeruzalemu, mbagereranye n'iki? Bantu b'i Siyoni, mbahwanye n'iki ngo mbahumurize? Koko akaga kawe ni kanini nk'inyanja, nta wabasha kukagukiza.


Koko Uhoraho akoze ibyo yagambiriye, ibyo yavuze kuva kera arabisohoje. Dore yakurimbuye atakubabarira, yatumye umwanzi akwishima hejuru, yashyigikiye ababisha bawe.


Ubugome bw'ubwoko bwanjye busumbye kure ubwa Sodoma, Sodoma yarimbutse mu kanya gato ntawe uyiteye.


Ibonekerwa ryabo n'ubuhanuzi bwabo ni ibinyoma, bavuga ko ibyo bahanura ari jye Uhoraho wabibatumye, nyamara sinigeze mbibatuma. Koko rero bahora bizeye ko nzashyigikira ibinyoma byabo.


Nzabakorera ibintu bibi ntigeze mbakorera, ndetse ntashobora no kongera gukora ukundi, mbaziza ko mwakoze ibizira.


Wa muntu wari wambaye imyambaro yera arongera ati: “Icyo gihe kizaba ari igihe cy'amakuba kitigeze kibaho mu bwoko bwawe. Ariko Mikayeli umutware w'abamarayika, akaba n'umurinzi w'ubwoko bwawe azahagoboka. Nuko buri wese wo mu bwoko bwawe wanditswe mu gitabo cy'Imana azarokoka.


Ni umunsi w'umwijima n'icuraburindi, ni umunsi urimo ikibunda n'ibihu. Dore igitero cy'inzige kiraje, ni nyinshi cyane kandi ziteye ubwoba, zije zimeze nk'umuseke weya mu mpinga z'imisozi. Kuva kera ibyo ntibyigeze bibaho, nta n'ubwo bizongera kubaho ukundi.


“Mu mahanga yose atuye ku isi, ni mwebwe mwenyine nahisemo, ni yo mpamvu nzabahanira ibicumuro byanyu byose.”


Nyamara amagambo n'amateka nahaye abagaragu banjye b'abahanuzi, byagize ingaruka kuri ba sokuruza. Na bo ubwabo bisubiyeho baravuga bati: ‘Koko Uhoraho Nyiringabo yaduhaye igihano gikwiranye n'ingeso zacu n'imigenzereze yacu, nk'uko yari yarabyiyemeje.’ ”


Iri joro nabonekewe, mbona umuntu wicaye ku ifarasi y'igaju yari ihagaze mu kabande hagati y'uduti twitwa imihadasi. Inyuma ye hari andi mafarasi y'amagaju n'ay'ibihogo n'ay'ibitare.


Banangiye imitima yabo iba nk'urutare, banga kwita ku nyigisho n'amagambo Uhoraho Nyiringabo yabagejejeho atumye Mwuka wakoresheje abahanuzi ba kera. Bityo Uhoraho Nyiringabo arabarakarira cyane,


kuko icyo gihe hazaba amakuba akabije atigeze abaho kuva isi yaremwa kugeza ubu, kandi atazongera kubaho ukundi.


Ndababwira nkomeje ko nta kanyuguti habe n'akadomo na kamwe ko mu Mategeko kazavaho, kugeza ubwo byose bizaba birangiye, ijuru n'isi bigashira.


kuko muri iyo minsi hazaba amakuba akabije atigeze abaho kuva isi yaremwa kugeza ubu, kandi atazongera kubaho ukundi.


kuko iminsi yo guhana abagomeye Imana izaba igeze, ngo bibe nk'uko Ibyanditswe byose bivuga.


Ndababwira ko Kristo yabaye umugaragu w'Abayahudi, kugira ngo Imana isohoze amasezerano yahaye ba sogokuruza, bityo yerekane ko ari indahemuka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan