Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:11 - Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Abisiraheli bose iyo bava bakagera bishe Amategeko yawe banga kukumvira. None kubera ibyo waduhanishije umuvumo n'akaga byanditswe mu Mategeko ya Musa umugaragu wawe, koko rero twagucumuyeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Ni koko Abisirayeli bose baciye ku mategeko yawe, bariyobagiza kugira ngo batakumvira. Ni cyo cyatumye dusandazwamo umuvumo n'indahiro, byari byaranditswe mu mategeko ya Mose umugaragu w'Imana, kuko twagucumuyeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Abisiraheli bose iyo bava bakagera bishe Amategeko yawe banga kukumvira. None kubera ibyo waduhanishije umuvumo n'akaga byanditswe mu Mategeko ya Musa umugaragu wawe, koko rero twagucumuyeho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:11
30 Iomraidhean Croise  

Izo ngorane zose zatewe n'uko Abisiraheli banze kumvira Uhoraho Imana yabo kandi bari barishe Isezerano yabahaye, n'Amategeko umugaragu wayo Musa yari yabahaye ntibigera babyitaho, ntibabishyira no mu bikorwa.


“Uhoraho Imana ya Isiraheli aravuze ngo: ‘Ngiye guteza Yeruzalemu n'abayituye ibyago bikomeye nkurikije ibyanditswe mu gitabo umwami w'u Buyuda yasomye.


Inka imenya nyirayo, indogobe na yo imenya uyigaburira. Nyamara Abisiraheli nta cyo bashaka kumenya, abantu banjye nta cyo bumva.”


Ni yo mpamvu nahinyuye abatware b'Ingoro yanyu, abakomoka kuri Yakobo narabaretse ngo barimbuke, Abisiraheli narabaretse baratukwa.”


Uzabasubize uti: ‘Ni ukubera ko ba sokuruza banyimūye bakayoboka izindi mana, bakazisenga kandi bakazikorera. Baranyimūye basuzugura Amategeko yanjye.


Ni kuki munshinja? Mwese uko mungana mwarangomeye.


Incuti zanyu zose zarabibagiwe, zarabibagiwe ntizikibitayeho, koko nabahannye nk'uhana umwanzi. Nabahannye nihanukiriye kubera ibicumuro byanyu bikabije, narabahannye kubera ibyaha byanyu byinshi.


Baraje baracyigarurira, nyamara ntibakumvira ngo bakurikize Amategeko yawe. Ntibakoze ibyo wabategetse byose, bityo ubateza biriya byago byose.


none rero yabishohoje nk'uko yabivuze. Ibyo byose byatewe n'uko mwamucumuyeho ntimwamwumvira.


Uhoraho ntabasha kwihanganira ibikorwa byanyu bibi n'ibizira mwakoze. Ni cyo gituma igihugu cyanyu cyahindutse amatongo kikaba giteye ubwoba, cyabaye ruvumwa n'ikidaturwa.


Ibi byago bibugarije mwabitejwe n'uko mwosereje imibavu izindi mana mugacumura ku Uhoraho, ntimumwumvire kandi ntimukurikize amategeko ye n'amateka ye n'amabwiriza ye.”


Mwa batuye isi yose mwe, nimwumve, ngiye guteza aba bantu ibyago. Bizaba ingaruka z'ibitekerezo byabo bibi, ntibitaye ku magambo yanjye, basuzuguye Amategeko yanjye.


Ibyo byago byatubayeho nk'uko byanditswe mu Mategeko ya Musa. Ariko Uhoraho Mana yacu, ntitwigeze tukwambaza cyangwa ngo tureke ibyaha byacu, kandi ngo tuzirikane ukuri wahishuye.


Nyamara twakoze ibyaha tugucumuraho, twagize nabi turakugomera, twateshutse amabwiriza yawe ntitwakurikiza n'ibyemezo wafashe.


Nyamara amagambo n'amateka nahaye abagaragu banjye b'abahanuzi, byagize ingaruka kuri ba sokuruza. Na bo ubwabo bisubiyeho baravuga bati: ‘Koko Uhoraho Nyiringabo yaduhaye igihano gikwiranye n'ingeso zacu n'imigenzereze yacu, nk'uko yari yarabyiyemeje.’ ”


Banangiye imitima yabo iba nk'urutare, banga kwita ku nyigisho n'amagambo Uhoraho Nyiringabo yabagejejeho atumye Mwuka wakoresheje abahanuzi ba kera. Bityo Uhoraho Nyiringabo arabarakarira cyane,


Mwa Bayuda mwe, namwe mwa Bisiraheli mwe, dore ngiye kubarokora. Aho abanyamahanga babagejeje babita ibivume, ni ho bazageza babita abahawe umugisha. Nimukomere mwitinya!”


kimwe n'andi mahanga Uhoraho azarimbura. Azabarimburira ko muzaba mutamwumviye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan