Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:23 - Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Mu iherezo ry'ubwo bwami, abantu bazaba bakabije ubugome, kandi hazima umwami w'umunyarugomo n'umubeshyi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

23 “Igihe ubwo bwami buzaba bwenda gushirira, abanyabyaha bamaze gukabya, umwami w'umunyamwaga umenya ibitamenyekana azima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Mu iherezo ry'ubwo bwami, abantu bazaba bakabije ubugome, kandi hazima umwami w'umunyarugomo n'umubeshyi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:23
23 Iomraidhean Croise  

Abazagukomokaho nibamara ibisēkuruza bine muri icyo gihugu, bazagaruka ino. Icyo gihe ibyaha by'Abamori bizaba byararenze ihaniro.”


Bazasobanukirwa ibihishwe mu migani no mu marenga, no mu magambo y'inshoberamahanga by'abigisha ubwenge.


Uzatera ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli umeze nk'igihu kibuditse hejuru y'igihugu. Icyo gihe wowe Gogi, nzakohereza utere igihugu cyanjye kugira ngo amahanga amenye ko ndi Uhoraho, ubwo nzayagaragariza ubuziranenge bwanjye ari wowe nkoresheje.


Nyuma y'imyaka myinshi nzagutegeka gutera igihugu cya Isiraheli. Uzahasanga abantu bacitse ku icumu baturutse mu mahanga menshi bibereye mu mutekano. Uzatera imisozi ya Isiraheli yari imaze igihe kirekire ari nk'ubutayu, ariko ubu abahatuye bose bakaba bafite amahoro.


Bityo naje kugira ngo ngusobanurire ibigomba kuba ku bwoko bwawe mu minsi izaza, kuko ibyo weretswe byerekeye iyo minsi.”


“Nyuma y'ibyo hazaza umuntu usuzuguritse, aze atunguye abantu maze yime ingoma muri Siriya akoresheje uburiganya, ariko ntazahabwa icyubahiro gikwiye umwami.


Azakora amarorerwa ba se na ba sekuruza batigeze bakora, azatera ibihugu bikize byo mu bwami bwe abitunguye, abisahure maze iminyago n'imicuzo abigabanye abayoboke be. Azafata n'umugambi wo gutera ibigo ntamenwa, ariko ingoma ye ntizamara kabiri.


Ndakomeza ndareba, nibaza ku magambo y'ubwirasi rya hembe ryakomezaga kuvuga. Nuko ngiye kubona mbona cya gikōko cya kane baracyishe bakijugunya mu muriro ugurumana.


Nashatse kandi gusobanukirwa ibyerekeye amahembe icumi cyari gifite ku mutwe, n'ibyerekeye irindi hembe ryahameze, maze andi atatu agakuka. Iryo hembe ryari rifite amaso n'akanwa kavuga amagambo y'ubwirasi, kandi ryasaga n'irirusha ayandi ubuhangange.


Azatuka Isumbabyose kandi azatoteza intore zayo, azafata umugambi wo guhindura iminsi mikuru n'amategeko byayo. Uwo mwami azatoteza intore z'Imana igihe cy'imyaka itatu n'igice.


Ngitekereza kuri ayo mahembe, mbona irindi hembe rito rimerera mu yandi maze atatu muri yo arakuka. Iryo hembe rito ryari rifite amaso nk'ay'umuntu n'akanwa kavugaga amagambo y'ubwirasi.


Iryo hembe rimaze kuvunika andi ane yameze aho ryari riri, ni yo ashushanya ubwami bune buzahangwa n'Abagereki, ariko ntibuzakomera nk'ubw'ingenzi bwabubanjirije.


Ububasha bwe buziyongera ariko atari we biturutseho. Azayogoza ibintu ku buryo butangaje, n'ibyo azashaka gukora byose azabigeraho. Azarimbura abakomeye n'ubwoko bweguriwe Imana.


Kubera uburyarya bwe, ibinyoma bye bizamuhira, azigira igihangange. Azarimbura abantu birāye bibwira ko ari amahoro, ndetse azarwanya Umwami w'abami! Nyamara amaherezo azicwa bitavuye ku muntu.


Abanyashipure bazambuka inyanja, bazatsinda Abanyashūru n'abakomoka kuri Eberi, nyamara Abanyashipure na bo bazarimbuka.”


Ngaho namwe nimurangize ibyo ba sokuruza batangiye!


Zizaza zarubiye zitubaha abasaza, zidafitiye n'abana imbabazi.


Batubuza kwigisha abatari Abayahudi ngo na bo bakizwe, bityo bakagwiza umubare w'ibyaha bakomeje gukora kuva kera kose. Amaherezo ariko uburakari bw'Imana bwabagezeho.


Mwuka w'Imana avuga yeruye ko mu minsi y'imperuka bamwe bazimūra Kristo, bayoboke inyigisho ziyobya zikwizwa n'ingabo za Satani.


Icyo gikōko kirafatwa, kimwe na wa muhanurabinyoma. Ni we wari warakoze ibitangaza byo kumuranga, ahagarikiwe na cya gikōko. Ibyo bitangaza abishukisha abantu bari barashyizweho ikimenyetso cy'igikōko, kandi bakaramya ishusho yacyo. Icyo gikōko kirohwa ari kizima mu kiyaga cyaka umuriro n'amazuku, na wa muhanurabinyoma akirohwamo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan