Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:17 - Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Nuko aranyegera maze ngira ubwoba nikubita hasi nubamye. Arambwira ati: “Wa muntu we, usobanukirwe ko ibyo weretswe byerekeye igihe cy'imperuka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 Nuko ansanga aho nari mpagaze, ariko akiza ndatinya nikubita hasi nubamye, nuko arambwira ati “Umva yewe mwana w'umuntu, ibyo weretswe ni iby'igihe cy'imperuka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Nuko aranyegera maze ngira ubwoba nikubita hasi nubamye. Arambwira ati: “Wa muntu we, usobanukirwe ko ibyo weretswe byerekeye igihe cy'imperuka.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:17
27 Iomraidhean Croise  

Aburamu yikubita hasi yubamye maze Imana iramubwira iti:


Icyo gisa n'umuntu cyari gikikijwe n'umucyo umeze nk'umukororombya urabagirana mu gihe cy'imvura. Ibyo byashushanyaga ikuzo ry'Uhoraho, mbibonye nikubita hasi nubamye. Nuko numva ijwi ry'umvugisha.


Uwamvugishaga arambwira ati: “Yewe muntu, haguruka ngire icyo nkubwira.”


Hanyuma wa muntu anyinjiza mu irembo ryo mu majyaruguru, imbere y'Ingoro. Nuko mbona ikuzo ry'Uhoraho ryuzuye mu Ngoro, maze nikubita hasi nubamye.


“Yewe muntu, hindukirira imisozi ya Isiraheli maze uhanurire abayituye ibibi bigiye kubabaho.


Nuko uwo muntu arambwira ati: “Yewe Daniyeli watoneshejwe n'Imana, umva icyo amagambo nkubwira asobanura. Haguruka, dore Imana yakuntumyeho.” Akimara kumbwira ayo magambo mpita mpaguruka mpinda umushyitsi.


Nuko haza usa n'umuntu ankora ku munwa, maze mbwira uwo wari uhagaze imbere yanjye nti: “Nyakubahwa, kubera ibyo neretswe nahiye ubwoba ncika intege.


Abo bami bombi bazagirana imishyikirano bafitanye imigambi mibi maze baryaryane. Imishyikirano yabo nta cyo izageraho kuko igihe cyagenwe kizaba kitaragera.


“Mu gihe giheruka umwami wa Misiri azamutera, ariko umwami wundi azamugwa gitumo avuye mu majyaruguru, azanye ingabo nyinshi zirwanira mu magare y'intambara no ku mafarasi no mu mato menshi. Azatera ibihugu abisandaremo nk'umwuzure.


Naho wowe Daniyeli igendere, uzatabaruka utegereze umunsi w'imperuka, ni bwo uzazuka uhabwe umunani wawe.”


Naho rero wowe Daniyeli, iki gitabo gifungishe ikimenyetso kugira ngo ubutumwa burimo bubikwe neza kugeza igihe cy'imperuka. Bityo kizaramba gisomwe n'abantu benshi barusheho gusobanukirwa.”


Nuko Umwami Nebukadinezari yikubita hasi yubamye, aha Daniyeli icyubahiro, ategeka kandi ko batura Daniyeli ibitambo n'imibavu.


Nuko negera umwe mu bari bahagaze aho, musaba kunsobanurira ukuri kw'ibyo neretswe byose. Arabinsobanurira amenyesha icyo bivuga ati:


Nkitegereza ibyo neretswe kandi nkigerageza kubisobanukirwa, mbona usa n'umuntu ahagaze imbere yanjye.


Arambwira ati: “Reka nkumenyeshe ibizaheruka igihe cy'uburakari bw'Imana, kandi icyo gihe kizaba ari igihe cy'imperuka.


Jyewe Daniyeli, ibyo byose byanciye intege mara iminsi ndwaye. Hanyuma nkomeza umurimo nari narashinzwe n'umwami. Ariko sinashoboye gusobanukirwa iryo bonekerwa, ryakomeje kumpagarika umutima.


Kuva ugitangira gusenga, Imana yaragushubije. None nkuzaniye igisubizo cyayo kuko igutonesha. Nuko rero zirikana igisubizo cyayo, uzirikane n'ibyo wahishuriwe.


Mu gihe cy'imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y'imyaka itatu n'igice, azakuraho ibitambo n'amaturo batura Imana. Ku munara w'Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk'uko Imana yabitegetse.”


Icyo nkwereka kizasohozwa igihe kigeze, kirihutirwa kizagera ku iherezo nta kabuza, nubwo byatinda ugitegereze kizaza, koko igihe nagennye kizaza.


Bubuye amaso ntibagira undi babona, uretse Yezu wenyine.


Murabutswe mpita nikubita hasi imbere ye mera nk'uwapfuye. Nuko andambikaho ikiganza cy'iburyo aravuga ati: “Witinya! Ni jye Ntangiriro, ni nanjye Herezo.


Ni jyewe Yohani wumvise ibyo kandi ndanabyibonera. Maze kubyumva no kubibona, nikubita imbere y'umumarayika wabinyerekaga ngo muramye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan