Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:13 - Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Ngiye kumva numva umumarayika aravuze, undi aramubwira ati: “Dore nawe muri iryo bonekerwa, ibitambo bya buri munsi ntibigitambwa, ubugome bwabaye kirimbuzi, Ingoro y'Imana barayigaruriye, ingabo zayo na zo barazitsembye. Ese ibyo bizagumaho bigeze ryari?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Nyuma numva uwera avuga, maze undi wera abaza uwo wavugaga ati “Ibyo byerekanywe by'igitambo gihoraho n'igicumuro kinyagisha bizageza ryari, ubwo ubuturo bwera n'izo ngabo bizasiribangwa?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Ngiye kumva numva umumarayika aravuze, undi aramubwira ati: “Dore nawe muri iryo bonekerwa, ibitambo bya buri munsi ntibigitambwa, ubugome bwabaye kirimbuzi, Ingoro y'Imana barayigaruriye, ingabo zayo na zo barazitsembye. Ese ibyo bizagumaho bigeze ryari?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:13
38 Iomraidhean Croise  

Mana, ababisha bazagukwena bageze ryari? Ese koko abanzi bazahora bagusuzugura?


Nta bimenyetso bikuranga tukibona, nta n'umuhanuzi ukibaho, kandi nta n'umwe muri twe uzi igihe bizarangirira.


Uhoraho, uzahora uturakariye ugeze ryari? Uzageza ryari kutwitura umujinya ugurumana?


Isezerano mwagiranye n'urupfu rizaseswa, igihango mwahanye n'ikuzimu ntikizafata, icyago nikiza kizabageraho.


Ndamubaza nti: “Ibyo bizageza ryari se Nyagasani?” Aransubiza ati: “Bizageza igihe imijyi izaba yashenywe, nta baturage bakiyirangwamo, amazu yarabaye amatongo, igihugu cyarahindutse ibigunda.”


Mu gihe gito ubwoko bwawe bw'umwihariko bwishimiye umurage, nyamara abanzi bacu baraje bangiza Ingoro yawe.


Azāgura ubutegetsi bwe n'amahoro iteka ryose, azicara ku ntebe ya Dawidi yime ingoma ye. Azashingira ububasha bwe ku butabera n'ubutungane, azabushyigikira guhera ubu kuzageza iteka ryose, Uhoraho Nyiringabo azabisohozanya umwete.


Abashumba benshi bononnye umuzabibu wanjye, baribase umurima wanjye, umurima wanjye mwiza bawuhinduye ubutayu.


Azohereza ingabo ze zihumanye ikigo cy'Ingoro y'Imana, zibuze gutamba ibitambo bya buri munsi kandi zishyireho igiterashozi kirimbuzi.


Kuva igihe ibitambo bya buri munsi bizahagarikwa hagashyirwaho igiterashozi kirimbuzi, hazashira iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo cyenda.


Ibyo narabyumvise ariko sinabisobanukirwa, maze ndabaza nti: “Nyakubahwa, ingaruka z'ibyo byose zizaba izihe?”


Noneho mu nzozi narotaga ndyamye, ngiye kubona mbona umumarayika muziranenge amanuka mu ijuru.


Ubwenge bwacyo buhinduke bwe kuba nk'ubw'umuntu, ahubwo gihabwe ubwenge nk'ubw'inyamaswa, kugeza ubwo kizaba kimaze imyaka irindwi.


Itegeko ryo kureka igishyitsi n'imizi risobanura ko ubwami bwawe uzabusubizwa, igihe uzemera ko Imana nyir'ijuru ari yo igenga byose.


Nuko negera umwe mu bari bahagaze aho, musaba kunsobanurira ukuri kw'ibyo neretswe byose. Arabinsobanurira amenyesha icyo bivuga ati:


Nuko wa wundi arambwira ati: “Igikōko cya kane gishushanya ubwami bwa kane buzaba buri ku isi butameze nk'ubundi bwose, buzigarurira isi yose buribate abayituye, bubarimbure.


Mu gihe cy'imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y'imyaka itatu n'igice, azakuraho ibitambo n'amaturo batura Imana. Ku munara w'Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk'uko Imana yabitegetse.”


Muzahunga munyuze muri icyo gikombe kuko kizagera ahitwa Asali. Muzahunga nka ba sokuruza ubwo bahungaga umutingito w'isi ukomeye, wabayeho ku ngoma ya Uziya umwami w'u Buyuda. Nuko Uhoraho Imana yanjye izaza ishagawe n'intore zayo ibagoboke.


“Ibintu byose nabyeguriwe na Data. Ntawe uzi Umwana w'Imana keretse Se, kandi ntawe uzi Se keretse Umwana we n'abo uwo Mwana we ashatse kumuhishurira.


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ cyavuzwe n'umuhanuzi Daniyeli gihagaze mu Ngoro y'Imana – usoma ibi abyumve neza -


“Nimubona cya ‘Giterashozi kirimbuzi’ gihagaze aho kitagomba kuba – usoma ibi abyumve neza – icyo gihe abazaba bari muri Yudeya bazahungire mu misozi.


“Ibintu byose nabyeguriwe na Data. Ntawe uzi Umwana w'Imana uwo ari we keretse Se, kandi ntawe uzi Se keretse Umwana we n'abo uwo Mwana we ashatse kumuhishurira.”


“Ubwo muzabona Yeruzalemu igoswe n'ingabo, muzamenye ko igiye kurimbuka bidatinze.


Bazashirira ku nkota, abandi bajyanwe ho iminyago mu mahanga yose, Yeruzalemu iribatwe n'abanyamahanga kugeza igihe barangirije ibyabazanye.


Nta muntu wigeze abona Imana, ahubwo Umwana w'ikinege uhorana na Se ni we wayimenyekanishije.


agira ati: “Uhoraho yaje aturuka ku musozi wa Sinayi, yatungutse ku misozi ya Seyiri ameze nk'izuba rirashe, yamurikiye abantu be ari ku musozi wa Parani, yaturutse hagati y'abamarayika batabarika, yafashe umuriro mu kuboko kwe kw'iburyo abaha itegeko.


Nabakomeze imitima maze muzabe mudafite inenge cyangwa umugayo imbere y'Imana Data, igihe Umwami wacu Yezu azaba aje, ashagawe n'intore ze zose.


Mwibaze namwe rero uko bizamera ku muntu uzaba yaratesheje agaciro Umwana w'Imana, akandavuza amaraso ahamya Isezerano ryayo ari na yo yamugize intore yayo, agatuka na Mwuka ugira ubuntu! Mbega igihano gikomeye umuntu wagize atyo azaba akwiye!


Imana yahishuriye abo bahanuzi ko ubutumwa yabashinze atari bo bugenewe, ahubwo ko ari ubwanyu. Ubwo ni bwo Butumwa bwiza mumaze kugezwaho ubu ngubu n'ababubazaniye, bafite ubushobozi bwa Mwuka Muziranenge bohererejwe avuye mu ijuru. Ubwo Butumwa abamarayika na bo babufitiye amatsiko.


Henoki uwa karindwi mu masekuruza kuva kuri Adamu, yahanuye iby'abo bantu agira ati: “Dore Nyagasani azanye n'intore ze ibihumbi n'ibihumbi,


Icyakora ntufate ingero z'ikigo kizengurutse Ingoro, kuko cyo cyagizwe icy'abanyamahanga. Bazaribata umurwa w'Imana hashire amezi mirongo ine n'abiri.


Bavugaga cyane baranguruye ijwi, bati: “Databuja, wowe Muziranenge, wowe Munyakuri, uzageza ryari ko watinze gucira urubanza abatuye isi, no guhōrera amaraso yacu bamennye?”


Umumarayika w'Uhoraho aramubwira ati: “Urambariza iki izina ryanjye? Mfite izina ry'akataraboneka!”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan