Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 7:14 - Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Ahabwa ubutegetsi n'ikuzo n'ubwami kandi abantu b'amoko yose n'ab'amahanga yose n'abavuga indimi izo ari zo zose baramuyoboka. Ubutegetsi bwe ni ubutegetsi bw'iteka butazashira, kandi ingoma ye ntizahangūka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Nuko ahabwa ubutware n'icyubahiro n'ubwami, kugira ngo abantu b'amoko yose y'indimi zitari zimwe bajye bamukorera. Ubutware bwe ni ubutware bw'iteka ryose butazashira, kandi ubwami bwe ni ubwami butazakurwaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Ahabwa ubutegetsi n'ikuzo n'ubwami kandi abantu b'amoko yose n'ab'amahanga yose n'abavuga indimi izo ari zo zose baramuyoboka. Ubutegetsi bwe ni ubutegetsi bw'iteka butazashira, kandi ingoma ye ntizahangūka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 7:14
41 Iomraidhean Croise  

Bityo Uhoraho azamamazwa i Siyoni, azasingizwa i Yeruzalemu,


Uhoraho yashimangiye intebe ye ya cyami mu ijuru, ni Umwami ugenga ibibaho byose.


Ingoma yawe ntizigera ihanguka, ubutegetsi bwawe buzahoraho uko ibihe bihaye ibindi. Uhoraho asohoza ibyo yasezeranye, ni indahemuka mu byo akora byose.


Uhoraho azahora aganje ku ngoma iteka ryose. Siyoni we, Imana yawe izahora iganje uko ibihe bihaye ibindi. Haleluya!


Nyagasani, imyambi yawe iratyaye, nihinguranye abanzi bawe, ibihugu by'amahanga ubyigarurire.


Abami bose bazamwikubita imbere, amahanga yose azamuyoboka.


Umwami azogera iteka ryose! Nk'uko izuba rihoraho, izina rye ni ko rizahora ryogeye, abantu azabahesha umugisha, amahanga yose azamwita umunyehirwe.


Mana, habuzeho gato ngo umuntu umugire nkawe, wamutamirije ikamba ry'ikuzo n'icyubahiro.


Icyo gihe ukomoka kuri Dawidi azaba umwami, azategekesha abantu urukundo n'umurava, azashishikarira gukora ibitunganye, azaca imanza zitabera.”


Nyamara amahanga atazakuyoboka azarimbuka, azasenywa rwose.


Azāgura ubutegetsi bwe n'amahoro iteka ryose, azicara ku ntebe ya Dawidi yime ingoma ye. Azashingira ububasha bwe ku butabera n'ubutungane, azabushyigikira guhera ubu kuzageza iteka ryose, Uhoraho Nyiringabo azabisohozanya umwete.


Nyagasani aciriye urubanza Yakobo, aciriye urubanza Abisiraheli.


Nuko icyuma n'ibumba n'umuringa n'ifeza n'izahabu byose birajanjagurika, bihinduka nk'umurama wo ku mbuga mu gihe cy'isarura, umuyaga urabitumura ntihagira igisigara. Naho rya buye ryikubise ku ishusho rihinduka umusozi munini ukwira isi yose.


“Nyagasani mwami w'abami, Imana nyir'ijuru yaguhaye ubwami n'ububasha n'imbaraga n'ikuzo.


“Ku ngoma z'abo bami, Imana nyir'ijuru izashyiraho ubwami buzahoraho ntibuhangūke kandi nta wuzabwigarurira. Ubwo bwami buzarimbura butsembe ubundi bwami bwose bwabubanjirije, maze bwo buhoreho iteka ryose.


Nuko intumwa y'umwami irangurura ijwi iti: “Yemwe bantu b'amahanga yose n'amoko yose n'abavuga indimi izo ari zo zose mwe, nimwumve icyo mutegetswe!


Nuko ntegeka ko banzanira abanyabwenge bose b'i Babiloni, kugira ngo bansobanurire inzozi narose.


Nuko Umwami Dariyusi yandikira abantu b'amoko yose, n'ab'amahanga yose n'abavuga indimi izo ari zo zose batuye ku isi yose ati: “Nimugire ishya n'ihirwe!


Ariko amaherezo intore z'Isumbabyose zizagabirwa ubwo bwami kandi zizabuhorana iteka ryose.”


Naho ubwami n'ubutegetsi n'icyubahiro cy'ubwami bwose bwo ku isi bizahabwa imbaga y'intore z'Isumbabyose. Ubwami bwayo buzahoraho iteka, abategetsi bose bazajya bayumvira kandi banayikorere.”


Ababohoje igihugu bazazamuka bajye ku musozi wa Siyoni bategeke igihugu cya Edomu, kandi Uhoraho ni we uzaba ari umwami.


Abacumbagira n'abatataniye kure nzabarokora, bazaba ubwoko bukomeye, jyewe Uhoraho nzabategeka, nzabategekera ku musozi wa Siyoni kuva ubwo kugeza iteka ryose.


“Ibintu byose nabyeguriwe na Data. Ntawe uzi Umwana w'Imana keretse Se, kandi ntawe uzi Se keretse Umwana we n'abo uwo Mwana we ashatse kumuhishurira.


Yezu arabegera arababwira ati: “Nahawe ubushobozi kuri byose mu ijuru no ku isi.


ategeke urubyaro rwa Yakobo kugeza iteka ryose. Koko ubwami bwe ntibuzagira iherezo.”


“Ibintu byose nabyeguriwe na Data. Ntawe uzi Umwana w'Imana uwo ari we keretse Se, kandi ntawe uzi Se keretse Umwana we n'abo uwo Mwana we ashatse kumuhishurira.”


Noneho rubanda baramubwira bati: “Twumvise mu gitabo cy'Amategeko ko Kristo ahoraho ibihe byose. None se uvuga ute ko Umwana w'umuntu azagomba gushyirwa hejuru? Mbese uwo Mwana w'umuntu ni nde?”


Umwana w'Imana akundwa na Se kandi Se yamweguriye byose.


Dushimire Imana rero ko yaduhaye ubwami budashobora guhungabanywa. Bityo tuyisenge uko ishaka, tuyubaha kandi tuyitinya.


wagiye mu ijuru akaba ari iburyo bw'Imana, aho yahawe kugenga abamarayika n'ibinyabushobozi n'ibinyabubasha.


Yatugize kandi abantu bo mu bwami bwe b'abatambyi, kugira ngo dukorere Imana Se. Nahabwe ikuzo n'imbaraga iteka ryose. Amina.


Hanyuma umumarayika wa karindwi avuza impanda. Mu ijuru humvikana amajwi y'abavuga cyane bati: “Ukwiriye kwima ingoma ngo ategeke iyi si ni Nyagasani Imana yacu hamwe na Kristo yatoranyije, kandi izayigenga iteka ryose.”


Bazarwanya Umwana w'intama, ariko azabatsinda kuko ari we Mutegetsi ugenga abategetsi akaba n'Umwami ugenga abami. Azabatsinda afatanyije n'abo yahamagaye akabatoranya, bakamubaho indahemuka.”


Utsinda nzamuha kwicarana nanjye ku ntebe yanjye ya cyami, nk'uko nanjye natsinze nkicarana na Data ku ntebe ye ya cyami.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan