Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 6:4 - Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Daniyeli yarushaga cyane abandi bayobozi n'abategetsi ubwenge, ku buryo umwami yari afite umugambi wo kumwegurira ubutegetsi bw'ubwami bwe bwose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Ariko Daniyeli aratona cyane kuruta abandi batware bakomeye n'abandi b'intebe, kuko umwuka mwiza cyane yari ari muri we. Ndetse umwami yibwiraga kumwegurira igihugu cyose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Daniyeli yarushaga cyane abandi bayobozi n'abategetsi ubwenge, ku buryo umwami yari afite umugambi wo kumwegurira ubutegetsi bw'ubwami bwe bwose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 6:4
32 Iomraidhean Croise  

Umwami aravuga ati: “Uyu muntu akoreshwa na Mwuka w'Imana, nta wundi dushobora kubona umeze nka we.”


Abajyanyeyo bagira ubwoba baribwiraga bati: “Za feza bashyize mu mifuka yacu ubushize zidukozeho! Batuzanye hano ngo badufate maze batugirire nabi kandi baduhindure inkoreragahato, batunyage n'indogobe zacu.”


Umuhemu ni ikizira ku ntungane, naho umugome ni ikizira ku munyamurava.


Nabonye kandi ko imiruho yose n'ibikorwa abantu bageraho, babiterwa n'ishyari bafitiye bagenzi babo. Ibyo na byo ni ubusa, ni nko kwiruka inyuma y'umuyaga.


Abantu barabwirana bati: “Nimuze tugambanire Yeremiya, kuko tutabuze abatambyi bo kutwigisha n'abahanga bo kutugira inama, n'abahanuzi bo kutugezaho Ijambo ry'Imana. Nimureke tumuhagurukire tumusebye, twe kwita no ku byo avuga.”


Nyamara Uhoraho urabizi, uzi imigambi yabo yo kunyica. Ntubabarire ibicumuro byabo, ntuhanagure ibyaha byabo. Bareke bahinde umushyitsi imbere yawe, igihe cy'uburakari bwawe uzabahane wihanukiriye.”


Ndumva abantu benshi bamvuga bati: “Akwiza iterabwoba impande zose, nimuze tumurege tumushinje.” Abari incuti zanjye na bo bategereje ko nteshuka, baravuga bati: “Hari ubwo yateshuka tukamwihimura.”


Nimuharanire amahoro y'umujyi nemeye ko mujyanwa mo iminyago. Muzantakambire musabira amahoro uyu mujyi kuko amahoro yawo ari yo yanyu.”


Ako kanya Abanyababiloniya bamwe baza kurega Abayuda.


kubera ko bari bamusanganye ubwenge budasanzwe n'ubumenyi n'ubushishozi, yashoboraga no gusobanura inzozi no guhishura amayobera, no gutanga ibisubizo by'ibyananiranye. Uwo muntu yitwa Daniyeli, umwami yamuhimbye Beliteshazari, none nibamuhamagare asobanure iriya nyandiko.”


Daniyeli asubiza umwami ati: “Nyagasani, uragahoraho!


bajya inama yo gufata Yezu ku mayeri kugira ngo bamwicishe.


Pilato yari azi ko bamugabije Yezu babitewe n'ishyari.


Bamugendaho maze bohereza abantu bo kumugenza bigize nk'intungane, kugira ngo bamufatire mu byo avuga babone uko bamugabiza Umutegetsi w'Umunyaroma, ngo amucire urubanza.


Babura uko bamufatira mu magambo imbere ya rubanda. Batangazwa n'igisubizo cye barinumira.


Abakuru bo mu batambyi n'abigishamategeko bashakaga uburyo bakwicisha Yezu, ariko bagatinya rubanda.


Nuko Pilato yongera gusohoka abwira Abayahudi ati: “Dore ndamubazaniye kugira ngo mumenye ko nta cyaha namusanganye.”


Nzakomeza kugenza uko nsanzwe ngenza, kugira ngo ba bandi biyita intumwa za Kristo babure urwitwazo bajya bashaka rwo kwirata ko ari intumwa kimwe natwe.


kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,


Ni cyo gituma nshaka ko abapfakazi bakiri bato bongera gushyingirwa bakabyara, bakayobora ingo zabo, bityo bakima abanzi b'Imana urwaho rwo gusebya abayo.


Ibyo ubabwira bibe bishyitse kandi bitagayitse, kugira ngo abaturwanya bamware babure ikibi batuvugaho.


Mugire imyifatire myiza hagati y'abatazi Imana, kugira ngo nubwo babasebya ngo mugira nabi, babone ibyiza mukora bizatume baha Imana ikuzo umunsi izaza muri twe.


Ariko mubikorane ubugwaneza no kwicisha bugufi. Mugire umutima utabarega ikibi, kugira ngo abasebya imyifatire myiza mukomora kuri Kristo babe ari bo bakorwa n'isoni.


Ababyeyi be ntibamenya ko ari Uhoraho ubiteye, ashaka impamvu yo kurwanya Abafilisiti, kuko muri icyo gihe bari barigaruriye Abisiraheli.


Baramusubiza bati: “Ntabwo waturiganyije cyangwa ngo udukandamize, kandi nta we wagize icyo waka.”


Ibyo Dawidi yakoraga byose byaramuhiraga kuko Uhoraho yari kumwe na we,


Ahimeleki aramusubiza ati: “Ariko se, mu bagaragu bawe ni nde w'indahemuka nka Dawidi? Ni umukwe wawe, ni umugaba w'ingabo zikurinda kandi yubashywe mu rugo rwawe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan